Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b’intara ya Kivu y’Amajyepfo, guverineri na visi guverineri.
Uwagizwe guverineri ni Busu Bwa Ngwi Nshombo mu gihe umwungirije yagizwe Gadi Mukiza Nzabinesha, nk’uko byatangajwe na AFC/M23 mu itangazo yashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11/06/2025.
Lawrence Kanyuka umuvugizi wa AFC/M23 akoresheje urubuga rwa x, yanditse avuga ko Emmanuel Birato wari guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo yakuwe kuri izi nshingano ahabwa izindi. Izi nshingano zikaba zahawe Busu Bwa Ngwi Nshombo.
Uyu Gadi Nzabinesha Mukiza w’ungirije Busu Bwa Ngwi, yari Bourgmestre wa komine ya Minembwe kuva mu myaka itanu ishize.
Busa Bwa Ngwi Nshombo yahoze na we ari umudipite muri iki gihugu, akaba yari uwo mushyaka rya Vitala Kamerhe rya UNC.