Kivu y’Amajyepfo: Nyuma y’Amagambo y’Umuyobozi w’Intara, Isesengura Ryagaragaje ko Ibyo Yatangaje Atari Ukuri
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Umuyobozi w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Elakano, yatangaje ko hari amakuru avuga ko abacanshuro b’Abafaransa baba bari ku ruhande rw’umutwe wa MRDP-Twirwaneho, ukorana bya hafi n’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), mu mirwano ikomeje kubera mu bice bitandukanye by’iyo Ntara.
Uyu muyobozi yavuze ko abo barwanyi b’abanyamahanga bakekwaho kuba baragerageje gufata agace ka Kitutu, kari muri Teritwari ya Mwenga, ahafatwa nk’ingenzi mu bikorwa bya gisirikare. Yavuze kandi ko bahuye n’ingabo za FARDC zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo.
Jean-Jacques Elakano yongeye kuvuga ko hari n’abanyamahanga bakekwaho kugira uruhare mu gukoresha indege zitagira abapilote (drones) mu bitero bigabwa ku birindiro by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Nyuma y’aya magambo, ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gukwirakwira amashusho n’amafoto yavugwaga ko agaragaza abasirikare b’Abafaransa bafashwe n’ingabo za FARDC mu Burasirazuba bwa RDC. Gusa, hari abavuga ko ayo mashusho ari ayahimbwe hakoreshejwe ikoranabuhanga rigezweho, agamije gushyigikira iyo mvugo no kwerekana ko hari abanyamahanga bari ku rugamba.
Hari kandi abemeza ko ayo mashusho yashyizwe ahagaragara mu rwego rwo kugerageza kwisobanura nyuma y’uko MRDP-Twirwaneho ivugwaho gutsinda FARDC mu bice bitandukanye bikikije santere ya Minembwe, birimo Mikenke, Rwitsankuku, Point Zero, Kwa Mulima n’ahandi.
Aya mashusho yakwirakwijwe cyane ku mbuga nka Facebook na X (Twitter), aho bamwe bayafashe nk’ikimenyetso cy’uko hari abasirikare b’Abafaransa bari mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.
Ariko igenzura ryakozwe ku kuri kw’ayo mashusho ryagaragaje ko nta gihamya yizewe ihari yemeza ko hari abasirikare b’Abafaransa bafatiwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Kugeza ubu, nta tangazo ryatanzwe n’Ingabo za FARDC, Minisiteri y’Ingabo ya RDC, Minisiteri y’Itangazamakuru cyangwa Ambasade y’u Bufaransa muri RDC ryemeza ko hari abasirikare b’Abafaransa bafashwe. Amakuru nk’ayo yashyizwe ahagaragara n’Umuyobozi w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo ukorera ubutegetsi bwa Kinshasa, bufite icyicaro i Uvira, nyuma y’uko AFC/M23 ifashe umujyi wa Bukavu.
Si ubwa mbere amakuru nk’aya avuzwe. No mu myaka yashize hagiye hakwirakwizwa ibirego bisa n’ibi, ariko u Bufaransa bwakomeje kubihakana, buvuga ko budafite ingabo zabwo ziri mu bikorwa bya gisirikare ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibi bibaye mu gihe intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC ikomeje kurangwa n’urusobe rw’ibibazo bya politiki, umutekano n’amakimbirane hagati y’impande zitandukanye.
Mu rwego rwo gusuzuma niba ayo mashusho ari ay’ukuri, hakozwe isesengura hifashishijwe ibikoresho by’ikoranabuhanga bishobora gutahura amashusho yakozwe cyangwa yahinduwe hakoreshejwe ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI).
Ibyavuye muri iryo sesengura byagaragaje ko ayo mashusho afite ibimenyetso bikomeye byerekana ko yakozwe n’ikoranabuhanga rya AI.
Raporo y’isesengura yagaragaje ibi bikurikira:
Ishusho ya mbere ifite amahirwe ya 97.7% yo kuba yarakozwe na AI.
Ishusho ya kabiri ifite 99.9%.
Ishusho ya gatatu ifite 86.6%.
Ishusho ya kane ifite 99.4%.
Ibi bivuze ko ayo mashusho adashobora gufatwa nk’ikimenyetso gifatika cyemeza ko hari abasirikare b’Abafaransa bafashwe muri RDC.
Ibi kandi byongeye kugaragaza uruhare runini imbuga nkoranyambaga zigira mu ntambara zo muri iki gihe, aho amakuru y’ibinyoma, amashusho yahimbwe cyangwa ayakuwe mu bindi bihe ashobora gukoreshwa mu kuyobya abaturage no gukaza umwuka w’amakimbirane.
Abasesenguzi b’amakuru bagaragaza ko amakuru n’amashusho ajyanye n’ibikorwa bya gisirikare akwiriye kubanza kugenzurwa no kwemezwa n’ibimenyetso bifatika mbere yo gufatwa nk’ukuri.
Ku rundi ruhande, hari abibaza niba umuyobozi watangaje ayo makuru yarayagenzuye bihagije mbere yo kuyatangaza, kuko abayobozi basabwa gutangaza amakuru yizewe kandi yagenzuwe. Ibi bikomeje kongera impaka ku birego bimaze igihe bivuga ko hari bamwe mu bayobozi ba Leta ya Kinshasa bakunze gushinjwa gutangaza amakuru adafite gihamya ihagije.








