La Paz Yugarijwe n’Imyigaragambyo Ikomeje Gukaza Umurego, Aho Abaturage Basaba Perezida Kwegura
Mu murwa mukuru wa Boliviya, La Paz, hongeye kuvugwa imyigaragambyo ikomeye nyuma y’uko abacukuzi b’amabuye y’agaciro bahanganye n’inzego z’umutekano, batera ibisasu bito bizwi nka firecrackers, ndetse bakarwana bikomeye na Polisi. Iyi myigaragambyo iri gukaza umurego mu gihe abaturage benshi bakomeje gusaba Perezida Rodrigo Paz kwegura, bamushinja kunanirwa gukemura ikibazo gikomeye cy’ubukungu n’imibereho mibi abaturage barimo.
Abigaragambya biganjemo abakozi bo mu birombe by’amabuye y’agaciro, abanyeshuri, abashoferi ndetse n’abandi baturage basanzwe, bavuga ko igihugu kiri mu bibazo bikomeye birimo izamuka ry’ibiciro ku masoko, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, ubushomeri bukomeje kuzamuka, ndetse n’ifaranga ry’igihugu rikomeje guta agaciro.
Iyi myigaragambyo yatangiye nk’igikorwa cyo kwamagana ihungabana ry’ubukungu, ariko uko iminsi yagiye ishira ihinduka iy’uburakari bukomeye bushingiye kuri politiki. Abigaragambya bavuga ko ubuyobozi bwa Perezida Rodrigo Paz bwarenzwe n’ibibazo birimo ruswa, imiyoborere idahwitse no kunanirwa kugenzura ubukungu bw’igihugu.
Mu mihanda ya La Paz, abaturage bagaragaye batwika amapine, bafunga imihanda minini, ndetse bamwe mu bacukuzi b’amabuye y’agaciro batera ibisasu bito kugira ngo batatanye Polisi. Inzego z’umutekano na zo zakoresheje ibyuka biryana mu maso n’imbaraga nyinshi mu guhashya abigaragambya, ibintu byatumye bamwe bakomereka abandi batabwa muri yombi.
Boliviya ni kimwe mu bihugu byo muri Amerika y’Epfo bifite umutungo kamere mwinshi cyane, cyane cyane gaz naturel, lithium ndetse n’amabuye y’agaciro nka silver na zinc. Nubwo igihugu gifite ubwo bukungu karemano, abaturage benshi bakomeje kubaho mu bukene bukabije.
Mu myaka yashize, ubukungu bwa Boliviya bwashingiraga cyane ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kohereza gaz mu mahanga. Ariko igabanuka ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga, ihungabana ry’ubukungu ku rwego rw’isi, ndetse n’imicungire mibi y’umutungo w’igihugu byatumye igihugu gitangira guhura n’ibibazo bikomeye by’amikoro.
Hari kandi ikibazo cy’amacakubiri ya politiki amaze imyaka myinshi hagati y’abashyigikiye ubutegetsi n’abatavuga rumwe na bwo. Aya makimbirane yakajije umurego cyane nyuma y’ibihe by’imvururu za politiki igihugu cyanyuzemo kuva mu 2019, ubwo uwari Perezida Evo Morales yavaga ku butegetsi mu buryo bwateje impaka zikomeye.
Boliviya ni igihugu gifite amateka maremare y’imihindagurikire ya politiki n’ubutegetsi bwa gisirikare bwagiye busimburana n’ubwa gisivile. Mu myaka myinshi ishize, iki gihugu cyaranzwe n’ihirikwa ry’ubutegetsi, imyigaragambyo ya hato na hato ndetse n’ihangana rikomeye hagati y’amatsinda ya politiki.
Mu gihe cya Evo Morales, wabaye Perezida wa mbere ukomoka mu baturage kavukire (indigenous people), igihugu cyagize iterambere mu mibereho y’abaturage bamwe, ariko na none havuka ibirego byinshi by’ubutegetsi bw’igitugu no gushaka kugundira ubutegetsi.
Nyuma y’ihirikwa rye, Boliviya yakomeje kugenda mu nzira y’amakimbirane ya politiki hagati y’abashyigikiye impinduka z’ubusosiyalisiti n’abashaka politiki ishingiye ku bukungu bwisanzuye.
Kuri ubu, Boliviya iri mu bihe bikomeye bya politiki, aho ubutegetsi buri gushinjwa gutakaza icyizere cy’abaturage. Hari ubwiyongere bw’amatsinda atavuga rumwe na Leta, mu gihe abaturage benshi bavuga ko ubuzima bugenda burushaho guhenda kandi amahirwe y’akazi akomeje kugabanuka.
Abasesenguzi ba politiki bavuga ko niba Leta idashoboye kuganira n’abigaragambya no gushyiraho ingamba zihamye zo kuzahura ubukungu, igihugu gishobora kwinjira mu bihe bikomeye birimo imvururu zishobora no guhungabanya umutekano ku rwego rw’igihugu.
Nubwo Boliviya ifite umutungo kamere mwinshi cyane, ubukungu bwayo buri guhura n’ibibazo bikomeye birimo:
Izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko
Ibura ry’amadolari n’iry’ifaranga rikomeye
Ibibazo by’ibikomoka kuri peteroli
Ubushomeri mu rubyiruko
Kugabanuka kw’ishoramari ry’amahanga
Umwenda munini igihugu gifitiye amabanki n’ibigo mpuzamahanga
Ikindi gihugu kiri gushyirwaho igitutu ni uburyo kidacunga neza umutungo wa lithium, bamwe bavuga ko washoboraga kubera igihugu isoko ikomeye y’amafaranga iyo habaho imiyoborere ihamye n’ishoramari rifite icyerekezo.
Mu gihe imyigaragambyo ikomeje gukaza umurego, hari impungenge ko ubutegetsi bwa Perezida Rodrigo Paz bushobora gukomeza guhura n’igitutu gikomeye. Nubwo Leta ivuga ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo ituze risubireho, abaturage benshi bakomeje gusaba impinduka zihuse no gukemura ikibazo cy’ubukungu kiri kubaremerera.
Abasesenguzi bavuga ko icyerekezo cya Boliviya kizaterwa n’uburyo ubuyobozi buzashobora gukemura ibibazo by’ubukungu, guhangana n’amacakubiri ya politiki ndetse no kongera icyizere mu baturage bamaze igihe kinini bafite uburakari n’agahinda batewe n’imibereho igenda irushaho kuba mibi.





