Perezida Trump Yongeye Gukangisha Iran Ibitero Bishya, Umwuka Mubi Hagati ya Washington na Tehran Ukomeza Gukaza Umurego
Mu gihe umwuka mubi ukomeje gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, Donald Trump yatangaje ko nubwo yemera ko Iran “yatsinzwe bikomeye,” ibyo bidahita bivuze ko ibikorwa bya gisirikare byarangiye cyangwa ko Amerika itazongera kuyigabaho ibitero mu gihe kiri imbere.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Perezida Trump yavuze ko Amerika igifite ubushobozi bwo gukomeza ibikorwa bya gisirikare ku ntego zitandukanye z’ingenzi muri Iran, agaragaza ko gahunda y’ibitero itararangira nk’uko bamwe babitekereza.
Yagize ati:
“Sinavuze ko byarangiye. Navuze ko batsinzwe, ariko ibyo ntibivuze ko birangiye. Dushobora gukomeza ibitero mu byumweru bibiri biri imbere tukibasira buri ntego yose. Tumaze kugera nko kuri 70% by’intego twifuzaga. Hari izindi ntego twakibasira. Ariko n’iyo tutabikora, byabasaba imyaka myinshi kongera kwisuganya.”
Aya magambo akomeje gukurura impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu gihe umubano wa Washington na Tehran ukomeje kuzamba, ndetse impungenge zikaba ari nyinshi ko ayo makimbirane ashobora kuvamo intambara yeruye mu karere ka Middle East.
Kuri ubu, Amerika na Iran bikomeje kurebana ay’ingwe kubera ibibazo by’umutekano, gahunda ya Iran yo gutunganya ingufu za nucléaire, n’uruhare rw’iki gihugu mu ntambara n’amakimbirane biri kubera mu karere ka Middle East.
Amerika ishinja Iran gushyigikira imitwe yitwaje intwaro irimo Hezbollah muri Lebanon, Hamas muri Palestine ndetse n’imitwe y’aba-Houthi muri Yemen. Iran na yo ishinja Amerika gukomeza kuyihutaza no kugerageza guhungabanya ubutegetsi bwayo.
Muri manda ya mbere ya Trump, Amerika yavuye mu masezerano ya nucléaire ya JCPOA mu mwaka wa 2018, ibintu byatumye umubano hagati y’ibihugu byombi urushaho kuzamba. Nyuma y’icyo cyemezo, Amerika yahise isubizaho ibihano bikomeye by’ubukungu kuri Iran, ibintu byagize ingaruka zikomeye ku bukungu bwayo.
Iran na yo ntiyacecetse. Yakomeje kongera ibikorwa byayo bya nucléaire ndetse itangira gutangaza ko idateze kwemera igitutu cya Amerika cyangwa ibihano byayo.
Kuva intambara hagati ya Israel n’imitwe ishyigikiwe na Iran yakaza umurego, Amerika yakomeje kohereza ingabo n’ibikoresho byinshi bya gisirikare mu karere ka Gulf kugira ngo irinde inyungu zayo ndetse n’abafatanyabikorwa bayo.
Abasesenguzi bavuga ko amagambo ya Trump ashobora kongera kuzamura ubushyamirane hagati y’impande zombi, cyane cyane mu gihe Iran ikomeje gutangaza ko yiteguye kwisubiza igihe cyose yagabwaho igitero.
Hari kandi impungenge ko gukomeza ibitero cyangwa amagambo akakaye bishobora gukurura intambara yagutse ishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi, cyane cyane ku bijyanye n’ibiciro bya peteroli ndetse n’umutekano w’ubucuruzi bwo mu nyanja.
Nubwo hari ibiganiro bya dipolomasi bikomeje gukorwa binyuze mu bihugu by’inshuti no mu miryango mpuzamahanga, ibimenyetso byinshi bikomeje kugaragaza ko umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran ugikomeye cyane.
Trump akomeje kugaragaza ko Amerika ifite ubushake bwo gukoresha imbaraga za gisirikare igihe cyose yabona inyungu zayo cyangwa iz’abafatanyabikorwa bayo ziri mu kaga, mu gihe Iran na yo ikomeje kwerekana ko itazigera yemera gutsikamirwa cyangwa guhatirwa kwemera ibyo itemera.
Ibi byose bituma akarere ka Middle East gakomeza kuba ahantu hashobora kuvuka amakimbirane akomeye igihe icyo ari cyo cyose, cyane cyane mu gihe ibihugu bikomeye bikomeje gushyamirana ku nyungu za politiki, umutekano n’ubukungu.





