• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 14, 2025
in World News
0
Bonyoni yagejejwe mu bitaro aherekejwe bikomeye
65
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

You might also like

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo

Lieutenant General Alain Guillaume Bonyoni wahoze ari minisitiri w’intebe w’u Burundi, yamaze kujya muri “coma.”

Gen Guillaume Bonyoni yagiye muri coma nyuma y’iminsi itanu avanwe muri gereza nkuru ya Gitega afungiwemo akajyanwa kuvurizwa mu bitaro bikuru by’iyi ntara ya Gitega.

Ubuzima bwa Alain Guillaume Bonyoni buri mu kaga, mu gihe bisanzwe bizwi ko kuva afunzwe mu kwezi kwa cyenda umwaka wa 2023, yafungiwe mu kumba ka wenyine.

Binazwi kandi ko yakatiwe igifungo cya burundu, kuko ubutegetsi bw’iki gihugu bumushinja ibyaha byinshi, birimo gushaka kugirira nabi umukuru w’iki gihugu, ndetse no guhirika ubutegetsi bwe.

Bumushinja kandi gukoresha ububasha yarafite mu nyungu ze bwite zitari iz’igihugu.

Uyu akaba yarahoze ari igikomerezwa muri Leta ya CNDD-FDD, kuko yari mu bategetsi bavuga rikijana. Mbere y’uko agirwa minisitiri w’intebe yaravuye mu nshingano zo kuyobora igipolisi cy’iki gihugu.

Ariko kuri ubu, amakuru avugwa n’Abarundi bageze aho arwariye avuga ko yajanwe mu cumba cy’indembe cy’ibitaro bya Gitega bikuru.

Bakavuga ko ari gukurikiranwa bidasanzwe n’itsinda ry’Abaganga baturutse i Bujumbura ku murwa mukuru w’ubukungu w’iki gihugu. Ibi bitaro ari kuvurirwamo umutekano wabyo na wo wakajijwe, ni mu gihe hasutswe Abapolisi n’abasirikare benshi bo mu ishami ry’iperereza.

Amakuru yo ku ruhande akavuga ko Bonyoni arembye cyane, ndetse ko n’amahirwe ye yo gusubira mu ibohero gufungwa ubuzima bwe bwose ari make.

Tags: BunyoniGitegaIcumba cy'indembeImfungwa
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu Perezida Andry Rojoeline wa Madagascar yahungiye mu gihugu cy'u Bufaransa, nyuma yo kweguzwa n'umutwe wa basirikare witwa CAPSAT. Mu ijoro ryo...

Read moreDetails

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas  bigiye kuba impamo

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo Leta ya Israel n'umutwe wa Hamas umaze igihe iwugabaho ibitero karahabutaka, bigiye guhurira i Sharm muri Misiri, maze bitere...

Read moreDetails

Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi

Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu cyayo kidasanzwe mu birori yarifite byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 50 y'ishaka ry'abakozi. Iki gisasu Koreya...

Read moreDetails

Perezida Trump wahoraga aririmba kuzahabwa igihembo cyitiriwe Nobel cya 2025, cyahawe undi

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
Perezida Trump wahoraga aririmba kuzahabwa igihembo cyitiriwe Nobel cya 2025, cyahawe undi

Perezida Trump wahoraga aririmba kuzahabwa igihembo cyitiriwe Nobel cya 2025, cyahawe undi Igihembo cy'amahoro cyitiriwe Nobel cyo muri uyu mwaka wa 2025, aho guhabwa perezida wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?