Lt Gen Ndirakobuca gusezererwa kwe mu gipolisi bihishe iki?
Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasezereye minisitiri w’intebe, Lieutenant General, Gervais Ndirakobuca muri Polisi y’igihugu.
Ni icyemezo perezida Evariste Ndayishimiye yateyeho umukono ku itariki ya 9/05/2025.
Ndayishimiye gushyira Ndirakobuca mu kiruhuko cy’izabukuru atarageza imyaka y’izabukuru, amakuru amwe agaragaza ko yabikoze ashaka ko azaba umukuru w’ishyaka ryabo iryo bahuriyemo rya CNDD-FDD, mu gihe andi makuru avuga ko aba bagabo bombi ko batakivuga rumwe kuva Ndirakobuca yahabwa mwanya wo kuba minisitiri w’intebe w’u Burundi.
Aya makuru agira ati: “Hari kwibazwa byinshi, bamwe bavuga ko yoba ari igihano ahawe na perezida Ndayishimiye. Abandi bakavuga ko yaba agiye guhabwa indi mirimo ikomeye mu gihugu, hagati yo kuyobora ishyaka rya CNDD-FDD, no kuribera umukandida mu matora y’umukuru w’ibihugu ateganyijwe kuba mu 2027.”
Kurundi ruhande, andi makuru avuga ko Ndirakobuca gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru byasabwe na minisitiri w’u mutekano, Martin Niteretse, uwasimbuye Ndirakobuca kuri uwo mwanya. Ariko ibi nabyo ntabisobanuro birambuye byatanzwe. Gusa, inyandiko za perezida zo zisobanura ko kugira babigenze gutyo, bagendeye kubiri mu idosiye y’uwo muntu(Ndirakobuca), nubwo nabyo bitavuzwe ibyaribyo.
Nyamara amakuru yashyizwe hanze na Pacifique Nininahazwe ukuriye FECODE, ishirahamwe rishyinzwe gutabariza abarundi bari mu kaga, avuga ko amakuru yizewe afite ko Ndirakobuca yabyisabiye wenyine, kandi ko yabikoze kubera atakicyumva ibintu kimwe n’umukuru w’igihugu, bityo ngo akaba atagifite amahirwe yokuguma muri ayo mabanga nyuma y’amatora y’abadepite ateganyijwe kuba mbere ya y’ umukuru w’igihugu.
Ndirakobuca wasezerewe muri polisi y’igihugu ku myaka 55 y’amavuko, ni umwe mu babaye abayobozi b’umutwe wa FDD warwanye intambara yari ihanganishije amoko mu Burundi kuva mu 1993 kugeza mu 2005.
Ubwo uyu mutwe wajyaga ku butegetsi mu Burundi hashingiwe ku masezerano ya Arusha, Ndirakobuca uzwi cyane nka Ndakugarika n’abandi bofisiye benshi barwanye iyi ntambara, binjiye muri polisi y’igihugu.
Ninabwo yahise agirwa umujyanama mu biro by’umukuru w’igihugu ushyinzwe ibikorwa bya polisi, ndetse ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kurwanya abigaragambyaga, aho barwanyaga manda ya gatatu ya Peter Nkurunziza mu 2015.
Ubundi kandi yanabayeho umuyobozi wungirije w’urwego rw’iperereza (SNR), nyuma aba n’umuyobozi warwo, aba muri komisiyo ishinzwe kurwanya ikwirakwira ry’intwaro mu gihugu, aba n’umuyobozi wungirije wa polisi ku rwego rw’i gihugu.
Mu mwaka wa 2020 kugeza mu mwaka wa 2022, yabaye minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, ahava aba minisitiri w’intebe kugeza n’ubu aracyari kuri uwo mwanya. Uyu mwanya wa minisitiri w’intebe n’uwa minisitiri w’umutekano yabisimbuyeho Lt Gen Alain Guillaume Bunyoni kuri ubu ufunzwe azira ibyaha birimo kugambanira igihugu no gusuzugura umukuru w’igihugu.
Mu bandi basezerewe hamwe na Ndirakobuca, harimo Maj.Gen. Ngendahayo uyoboye komisiyo ishinzwe kurwanya ikwirakwira ry’intwaro ntoya n’inini, ikaba ikorera muri minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu.