• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yafashe uduce twingenzi two muri Mwenga.

minebwenews by minebwenews
March 4, 2025
in Regional Politics
0
118
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yafashe uduce twingenzi two muri Mwenga.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa winjiye muri teritware ya Mwenga unafata uduce tumwe twingenzi twaho, nyuma y’aho ifashe iya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo.

Uyu munsi ni bwo ingabo za m23 zafashe agace ka Kitutu na Kurungutu na Kalama zafashe aha’rejo hashyize tariki ya 03/03/2025. Utwo duce twose duherereye muri teritware ya Mwenga.

Aka gace ka Kitutu kari muri turiya duce twafashwe n’uyu mutwe wa m23 kazwiho kuba kibitseho ubutunzi kamere, ndetse kakabamo n’isoko nini, aho inagurishyirizwamo n’inka n’ibindi bicuruzwa byingenzi bitandukanye.

Aba barwanyi ba m23 binjiye muri Mwenga, i teritware ifite imisozi igera i Mulenge inatuwemo n’Abanyamulenge, nyuma y’aho bafashe ibice bikomeye byo muri teritware ya Walungu na centre yayo.

Ni mu gihe ku munsi w’ejo hashyize bafashe cheferi ya Ngweshi n’utundi duce tuyikikije nka Tubimbi na Mudubwe two muri teritware ya Walungu.

M23 ifashe Kitutu iherereye mu ntera itari ndende cyane na centre ya Mekenke, ahatuwe n’Abanyamulenge benshi, mu gihe ku munsi w’ejo hashyize aba Banyamulenge biriwe mu mirwano, aho bari bagabweho ibitero bikomeye n’ingabo z’u Burundi, FARDC, FDLR na Wazalendo.

Ni ibitero amakuru ahamya ko bitari byoroshye, usibye ko Twirwaneho yabakubise inshuro izi ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, zihungira muri Rwitsankuku.

Usibye ko izi ngabo z’u Burundi zasize zitwitse amazu y’Abanyamulenge menshi yo muri ibi bice byo muri Mikenke.

Tubibutsa ko Mikenke nayo iherereye muri teritware ya Mwenga iyo m23 yamaze gukandagizamo ibirenge, ndetse ikaba yigaruriye n’ibice bimwe byayo.

Tags: FardcKitutuM23Mwenga
Share47Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
M23 yageneye amahanga ubutumwa bukaze kwiyicwa ririmo gukorerwa Abanyamulenge.

M23 yageneye amahanga ubutumwa bukaze kwiyicwa ririmo gukorerwa Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?