M23 yafashe uduce twingenzi two muri Mwenga.
Umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa winjiye muri teritware ya Mwenga unafata uduce tumwe twingenzi twaho, nyuma y’aho ifashe iya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo.
Uyu munsi ni bwo ingabo za m23 zafashe agace ka Kitutu na Kurungutu na Kalama zafashe aha’rejo hashyize tariki ya 03/03/2025. Utwo duce twose duherereye muri teritware ya Mwenga.
Aka gace ka Kitutu kari muri turiya duce twafashwe n’uyu mutwe wa m23 kazwiho kuba kibitseho ubutunzi kamere, ndetse kakabamo n’isoko nini, aho inagurishyirizwamo n’inka n’ibindi bicuruzwa byingenzi bitandukanye.
Aba barwanyi ba m23 binjiye muri Mwenga, i teritware ifite imisozi igera i Mulenge inatuwemo n’Abanyamulenge, nyuma y’aho bafashe ibice bikomeye byo muri teritware ya Walungu na centre yayo.
Ni mu gihe ku munsi w’ejo hashyize bafashe cheferi ya Ngweshi n’utundi duce tuyikikije nka Tubimbi na Mudubwe two muri teritware ya Walungu.
M23 ifashe Kitutu iherereye mu ntera itari ndende cyane na centre ya Mekenke, ahatuwe n’Abanyamulenge benshi, mu gihe ku munsi w’ejo hashyize aba Banyamulenge biriwe mu mirwano, aho bari bagabweho ibitero bikomeye n’ingabo z’u Burundi, FARDC, FDLR na Wazalendo.
Ni ibitero amakuru ahamya ko bitari byoroshye, usibye ko Twirwaneho yabakubise inshuro izi ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, zihungira muri Rwitsankuku.
Usibye ko izi ngabo z’u Burundi zasize zitwitse amazu y’Abanyamulenge menshi yo muri ibi bice byo muri Mikenke.
Tubibutsa ko Mikenke nayo iherereye muri teritware ya Mwenga iyo m23 yamaze gukandagizamo ibirenge, ndetse ikaba yigaruriye n’ibice bimwe byayo.