M23 yavuze icyihutirwa igiye gukora i Bukavu muri Kivu y’Epfo.
Ihuriro ry’imitwe ya politiki n’igisirikare rya Alliance Fleveuve Congo, AFC, ribarizwamo n’umutwe wa M23, rya menyesheje ko igihe kigeze ngo rije kubohora abaturiye i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo, kuko barimo kwicwa n’ingabo za Republika ya demokarasi ya Congo, n’imitwe yitwaje intwaro ikorana byahafi nazo, irimo FDLR na Wazalendo.
Bikubiye mu itangazo iri huriro rya AFC ryashyize hanze ku mugoroba w’ahar’ejo hashize tariki 10/02/2025, aho iryo tangazo ritangira rigira riti: “Ihuriro rya AFC/M23 ryiyemeje kujya kubohora abatuye i Bukavu niba ntagikozwe mu guhagarika ubugizi bwa nabi burimo kwibasira Abaturage.”
Iri tangazo rigaragaza ko ubwo bwicanyi burimo gukorerwa abaturiye i Bukavu no mu nkengero zayo, bukorwa n’ingabo za FARDC n’abambari bazo, ari bo FDLR na Wazalendo.
Ati: “Ni ubwicyanyi bukorwa n’ingabo za Leta (FARDC) n’abo bafatanyije.”
Iri huriro kandi muri iri tangazo rivuga ko ryumvise gutaka kwaba baturage bicwa bakanasahurwa imitungo yabo bikozwe n’abashinzwe umutekano bagakwiye kubirinda.
Muri ubwo buryo, iri huriro rya AFC/M23 rigasaba ko ibyo bikorwa bibi bihagarara ako kanya, bitaba ibyo, iri huriro rigatanga umusanzu waryo mu gutabara abaturiye umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajy’epfo.
Ryagize riti: “AFC/M23, turasaba ko ibyo bikorwa bibi bihagarara aka kanya, bitaba ibyo, tugatanga umusanzu wacu wo gutabara abaturage.”
Ku cyumweru niho abaturage baturiye umujyi wa Bukavu bahaye ingabo z’iki gihugu(FARDC ) amasaha 48 yokuba zavuye muri uyu mujyi. Bazishinja kwica abantu icyenda, bakavuga ko babiciye ahitwa i Katana no mu tundi duce duherereye mu nkengero z’umujyi muto wa Kavumu.
Hagataho, imirwano irakomeje hagati ya M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ikaba irimo kubera kuri zone ya Kalehe, muri Kivu y’Amajy’epfo.