Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yigambye kuvugutira umuti ihuriro ry’Ingabo za RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 25, 2024
in Regional Politics
0
M23 yigambye kuvugutira umuti ihuriro ry’Ingabo za RDC.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yigambye kuvugutira umuti ihuriro ry’Ingabo za RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Bikubiye mu butumwa umuvugizi w’u mutwe wa M23 mu bya gisirikare yashize hanze ku mugoroba w’ejo hashize, aho yagaragaje ko ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Kinshasa zabagabyeho ibitero simusiga muri Lubero, ariko bararikubitagura byemewe, ndetse basenya n’ibigo byaryo byagisirikare bibiri biri muri ibyo bice.

Ahar’ejo tariki ya 24/12/2024, FARDC n’abambari bayo barimo FDLR, Wazalendo, ingabo z’u Burundi n’ingabo za SADC yagabye igitero kigamije kw’isubiza umujyi wa Mambasa uheruka gufatwa na M23 ariko. biyibera ubusa

Mu butumwa bwa Lt Col Willy Ngoma, yatanze arimo kwishongora ko bakubise inshuro uruhande ru rwanirira Leta yagize ati: “Muri Mombasa, igitero twagabweho kigamije kutwambura uyu mujyi, abakigabye, twabahaye isomo, nta santimetero imwe ishobora kuducika; haje FARDC izwiho kujegajega, haza na babanywi b’urumugi bo muri Afrika y’Epfo, haza kandi FDLR yavumwe, ndetse n’abarya bahezanguni ba FDNB, ariko bose twabakubise inshuro.”

Ahandi uyu mutwe wavugitiye umuti ihuriro ry’Ingabo za RDC ni muri Kahutwa na Mbangi, utwo duce tubiri twarimo ibigo bikomeye by’ingabo za FARDC, maze M23 irabisenya ndetse kandi yigarurira n’inkengero zaho.

Nyamara kandi kuri uwo wa kabiri indi mirwano ikomeye yabereye i Kibumba muri teritware ya Nyiragongo. Uguhangana kwabaye hagati y’uruhande rwa M23 n’urw’ingabo za FARDC muri aka gace kegereye umujyi wa Goma kwari gukaze, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Kimweho muri iyi teritware ya Nyiragongo iherereye mu marembo y’umujyi wa Goma, amezi yaracyanyemo nta mirwano yongeye kuyivugwamo, ariko uduce twayo twatangiye kuyiberamo harimo na hitwa Muheto n’ahandi. Usibye imirwano hari n’uduce bivugwa ko abarwanyi ba M23 batangiye kugaragaramo, aho n’ejobundi byavuzwe ko binjiye muri Kibati, ndetse no muri Kirimanyoka no mutundi duce turi mu mwinjiro wa Goma nk’ahitwa Nyundo.

Ibyo bibaye mu gihe kuva mu mpera z’iki cyumweru kibanziriza iki cya Noel, umutwe wa M23 warwaye amakundura, kandi ugenda ufata uduce two muri teritware ya Lubero ku muvuduko uri hejuru cyane.

Kugeza ubu ku mirongo y’imbere y’urugamba impande zihanganye zirashamiranye, kandi mu bice byose.

Tags: FardcM23umuti
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Mu Burundi, Umunyamulenge yatewe icyuma munda.

Mu Burundi, Umunyamulenge yatewe icyuma munda.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?