• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 1, 2025
in Regional Politics
0
Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze

You might also like

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

Umuvugabutumwa, umunyarwenya akaba n’umunyapolitiki w’inshuti magara ya Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Mbayahaga Isidore, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kunenga bikomeye umutwe wa AFC/M23, awushinja gutsindwa n’ingabo z’u Burundi mu ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu kiganiro aherutse guha umuyoboro wa YouTube wa African TV, Mbayahaga yavuze ko AFC/M23 “yananiwe burundu” kubera ubudahangarwa bw’ingabo z’u Burundi zifatanya na FARDC mu mirwano ikomeje gukara muri teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru y’iperereza ry’akarere ndetse n’inyandiko zitandukanye zemeza ko u Burundi bufite muri Kivu y’Amajyepfo bataillon zigera kuri 14, ziri gufasha FARDC mu rugamba ruremereye ruri kubera ahantu hatandukanye harimo Kasika, Kirungutwe, Kashaka, Mahanga n’utundi duce tw’iyo ntara.

Muri icyo kiganiro, Mbayahaga yavuze ko AFC/M23 n’abarwanyi ba Twirwaneho bafatanyije mu rwego rwo kugerageza kwigarurira Uvira, ariko ko “kuri ubu bari mu miborogo, batakamba.”

Yagize ati: “Muribuka za ntare bavugaga ko zigiye gufata Uvira, no kwirukana ingabo z’u Burundi baziha iminsi ibiri ngo zive mu nzira. Hashize umwaka! Ubu se babivuga bate? Ubu bari mu miborogo.”

Yakomeje avuga ko AFC/M23 “irimo gusamburwa n’ingabo z’u Burundi,” kandi ko “abari bacyemeye kurwana bari gutoroka bakishyikiriza Abarundi.”

Ati: “Intambara y’amasasu yo yararangiye. Iyo mwumva bavuga ngo AFC/M23 irarwana, ni ku maradiyo gusa. Ku rugamba ho baratsinzwe.”

Nubwo Mbayahaga avuga ko M23 yatsinzwe, amakuru yizewe agaragaza ko intambara ikomeje gufata indi ntera, ndetse ko hari ibice byinshi AFC/M23 yigaruriye, harimo n’aho ingabo z’u Burundi zari zifite ibirindiro.

Ibyo bice birimo Kirungutwe, Kasika, Mahanga, Kashaka n’utundi duce twa Mwenga.

Aha hose hari amakuru yemeza ko ingabo z’u Burundi zahahuriye n’uruva gusenya, bamwe mu basirikare babo barapfa, abandi barakomereka, nubwo ubutegetsi bw’u Burundi budashyira imibare ahabona.

Mu gihe Mbayahaga yemeza ko AFC/M23 izaba yaratsinzwe burundu “mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa,” abasesenguzi mpuzamahanga bavuga ko urugamba rwa Mwenga rugikomeye kandi rushobora kudakemuka vuba.

Icyakora, amagambo y’uyu muvugabutumwa yerekana uko umwuka hagati y’u Burundi na AFC/M23 wifashe nabi, ibintu bishobora gutuma imirwano ikomeza gukara muri Kivu y’Amajyepfo.

Tags: AFC/m23Mbayahaga
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Akababaro ku Bihano Byafashwe ku Ruhande Rumwe na Amerika, Rushimangira Uko Rwitwaye ku Mutekano n’Amahoro mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 2, 2026
0
Perezida Kagame Yitezwe mu Nama Mpuzamahanga ku Ngufu za Nucléaire n’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

U Rwanda Rwagaragaje Akababaro ku Bihano Byafashwe ku Ruhande Rumwe na Amerika, Rushimangira Uko Rwitwaye ku Mutekano n’Amahoro mu Burasirazuba bwa RDC Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itishimiye...

Read moreDetails
Next Post
Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23

Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?