• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, July 28, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 1, 2025
in Regional Politics
0
Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yongeye kunenga bikomeye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, amushinja ko u Rwanda rukomeje kwinjiza impunzi z’Abarundi ziba mu nkambi ya Mahama mu gisirikare, bakoherezwa kurwana mu mutwe wa AFC/M23, ngo ufite icyicaro gikuru i Kigali.

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabereye mu biro bye kuri uyu wa mbere, tariki ya 01/12/2025, ubwo yasubizaga ikibazo cyerekeye impamvu imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda ikomeje gufungwa.

Yagize ati:
“Abantu bo mu Rwanda banandikira bansaba ko imipaka yafungurwa, ariko ikibazo kiri i Kigali.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko hari abaturage bo mu Rwanda bamaze igihe bandikira Bujumbura basaba ko imipaka yafungurwa kugira ngo basubire guhahira mu Burundi. Gusa ngo abasubiza ko ikibazo cyose kiri ku Rwanda, cyane cyane ku birego byo gutera inkunga abagerageje guhungabanya umutekano w’u Burundi mu 2015.

Yagize ati:
“Nimuduhe inkozi z’ibibi zashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza. None se ruriya rubyiruko ruri i Mahama barukoreshaha iki? Kuki barwohereza kurwana muri M23? Icyicaro cy’izo ngabo kiri i Kigali, birazwi.”

Yavuze ko atavuga ku mpunzi zivanze ahubwo ku bantu bacyekwaho uruhare mu myigaragambyo ya 2015 bageze mu Rwanda, kandi ko u Burundi budashobora gufungura imipaka budahawe abo busaba.

Ati:
“Ntidushobora gufungura imipaka ngo duhite dukubitirwa mu rugo.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko adashobora gufungura imipaka kuko ngo byashyira igihugu cye mu kaga:

“Dufunguye bahita baza guca imitwe abantu, hanyuma abaturage bavuge bati ‘ni wowe wazanye umwanzi.”

Mu cyumweru gishize, Perezida Kagame yavuze ko gufungwa kw’imipaka kwakozwe n’u Burundi ku bushake bwabwo, ati:

“Twebwe nta ruhare twagize mu gufunga imipaka. Abayifunze ni Abarundi, kandi igihe bazahitamo kuyifungura ni ku mpamvu zabo; twe ntitwigeze tuyifunga na rimwe.”

Ndayishimiye yasubije ayo magambo avuga ko u Rwanda rutifuza gutanga abo u Burundi busaba:

“None se twapfuye gufunga? Narababwiye nti nimubazane tubakirane amahoro, tuzafungura imipaka rimwe kandi ntizongera gufunga. None se abuzwa n’iki kubazana? Ni cyo kibazo agomba gusubiza.”

Perezida w’u Burundi yavuze ko atazatangira ibiganiro bijyanye no gufungura imipaka hatabanje gutangwa abantu bashinjwa ibyaha byo guhungabanya igihugu. Ariko anemeza ko n’ubwo hari ibibazo bikomeye hagati y’ibihugu byombi, ibiganiro bigomba gukomeza.

Ati:
“U Rwanda n’u Burundi ni ibihugu by’ibivandimwe. Barakundana, ntibashwana burundu. Umunsi umwe amahoro azaboneka kandi iterambere rizihuta.”

Yasoje avuga ko nta Munyarwanda u Burundi bubuza kwinjira, kandi ko nta gihe buzabikora.

Tags: KagameM23NdayishimiyRdc
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
Umudepite yashyize igitutu kuri Minisiteri y’Ingabo ku bw’intambara ikomeje muri Teritwari ya Mwenga

Umudepite yashyize igitutu kuri Minisiteri y’Ingabo ku bw’intambara ikomeje muri Teritwari ya Mwenga

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?