Mbere yuko ibiganiro hagati ya m23 na Leta y’i Kinshasa bitangira, hari byasabwe.
Umukuru w’igihugu cya Angola, umuhuza ku makimbirane mu Burasizuba bwa Congo, akaba anayoboye umuryango wa Afrika Yunze ubumwe, Joao Lourenco yasabye impande zirwana mu Burasizuba bwa Congo kutagira ibitero bigabwa , ndetse kandi ntihagire akandi gace kigarurirwa na buri ruhande mu minsi ibiri ibanziriza ibiganiro.
Uyu muhuza yasabye ko aka gahenge gatangira kubahirizwa tariki ya 16/03/2025, kuko ibiganiro hagati y’izi mpande zombi biteganyijwe kuba ku ya 18/03/2025, bikazabera i Luanda muri Angola niba ntagihindutse.
Nk’uko itangazo Angola yashyize hanze ribigaragaza aka gahenge kagamije gufasha impande zirwana kwitegura ibiganiro biganisha ku mahoro.
Ni itangazo risaba kandi guhagarika ibitero ku basivili no guhagarika gufata ibindi bice.
Ariko nubwo ibi biganiro bisigaje umunsi umwe bikaba, kugeza ubu Leta y’i Kinshasa ntirerura ko izaja mu biganiro nubwo yagaragaje ko ubwo buryo ibushigikiye. Usibye ko ku ruhande rwa m23 rwo rwagiye rugaragaza ko rubishigikiye, nk’uko n’ubundi rwo rwabyifuje kera mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye cy’u mutekano muke muri iki gihugu cyabo.
Ahagana tariki ya 11/03/2025, ni bwo perezidansi ya Angola yashyize hanze itangazo rimenyesha ko perezida Joao Lourenco azakira ibiganiro by’imishikirano hagati ya Congo n’umutwe wa m23.
Nanyuma yabwo kandi ihita imenyesha ko ibyo biganiro bizaba tariki ya 18/03/2025.