Minembwe Yongeye Guhinduka Indiri y’Urujya n’uruza rw’Ingabo za FARDC “Hiboux”
Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje kuba ingorabahizi mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), amakuru aturuka mu bice bya Minembwe aravuga ko ingabo za FARDC zo mu mutwe uzwi nka “Hiboux” zageze muri aka gace nyuma yo kunyura mu Bibogobogo, ibintu bikomeje gukurikiranwa hafi n’abaturage ndetse n’abasesenguzi b’ibya gisirikare.
Amakuru yizewe agera kuri Minembwe Capital News avuga ko izi ngabo zageze kuri Point Zero mu nkengero za centre ya Minembwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 04/06/2026, nyuma y’iminsi mike zari zimaze zicumbitse mu gace ka Bibogobogo, aho zari zageze mu ijoro ryo ku wa Kabiri muri iki cyumweru.
Nk’uko amakuru aturuka ahantu hatandukanye abigaragaza, izi ngabo zaturutse mu mujyi wa Baraka, nyuma yo kuva i Uvira no kunyura mu zindi nzira zaturutse ku buyobozi bukuru bwa gisirikare i Kinshasa. Uru rugendo rwazo rubaye mu gihe uburasirazuba bwa RDC bukomeje kurangwa n’impinduka zitandukanye mu mikorere ya gisirikare no kongera kohereza ingabo mu bice bifatwa nk’aho bifite akamaro ku mutekano w’igihugu.
Abakurikirana ibya gisirikare bavuga ko umutwe wa Hiboux umaze igihe ukoreshwa mu bikorwa byihariye byo guhangana n’ihuriro Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho no kurinda ibice bifatwa nk’ingenzi mu rwego rw’umutekano. Kuba izi ngabo zoherejwe mu nkengero za centre ya Minembwe biri gutuma hibazwa niba hari ibikorwa bishya bya gisirikare biteganyijwe muri aka karere cyangwa niba ari gahunda yo kongerera imbaraga ingabo zisanzwe zihakorera.
Minembwe ni kamwe mu duce tumaze imyaka myinshi turangwamo amakimbirane y’amoko, ibikorwa byo kunyaga amatungo n’ibindi bintu byingenzi by’abaturage ndetse n’ibibazo by’umutekano byagiye bigira ingaruka ku baturage. Kubera iyo mpamvu, buri gihe hagaragara urujya n’uruza rw’ingabo nyinshi, aho abaturage bakunze kwibaza impamvu n’intego yabyo.
Ikindi kiri gukurura impaka ni uko izi ngabo za Hiboux ziherutse kugaragara mu Burundi aho amakuru yavugaga ko zari zoherejwe mu bice bihana imbibi n’u Rwanda. Nubwo ubuyobozi bwa gisirikare bwa RDC butaratangaza ku mugaragaro ibisobanuro birambuye ku nshingano zahawe muri ibyo bice, bamwe mu basesenguzi babona ko bishobora kuba bifitanye isano n’imikoranire y’ibihugu byo mu karere mu guhangana n’ibibazo by’umutekano.
Icyakora, kuba izi ngabo zongeye kugaragara mu bice bya Minembwe nyuma y’icyo gihe cyose byatumye bamwe mu baturage n’abakurikirana ibya politiki n’umutekano bongera kwibaza ku migambi mishya ya gisirikare iri gutegurwa mu bice bya Mulenge, ari na byo bigize imisozi ya Fizi, Uvira na Mwenga.
Kugeza ubu, nta mirwano mishya iratangazwa i Minembwe cyangwa mu nkengero zaho ifitanye isano n’uku kuhagera kw’izi ngabo.
Abasesenguzi bemeza ko uko umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC ukomeje guhindagurika, kohereza ingabo mu bice nka Minembwe bishobora kuba biri mu rwego rwo gukomeza kugenzura ahantu hafatwa nk’ingenzi, cyane cyane mu gihe akarere kagikomeje guhura n’ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro n’amakimbirane amaze imyaka myinshi.






