• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 28, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 6, 2025
in Regional Politics
0
Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro”

You might also like

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko urugendo ruganisha ku mahoro u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo birimo bigizwemo uruhare na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, rugomba gutanga umusaruro uko byagenda kose, ngo nubwo RDC yo ikomeje kubyanga.

U Rwanda na RDC byaherukaga guhurira i Washington DC, hari mu rwego rwo kugira ngo bigirane ibiganiro bya nyuma ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu wateguwe mu kwezi kwa cyenda.

Nk’uko rero byari bipanze ku wa gatatu tariki ya 03/10/2025, ibihugu byombi byari gusinya amasezerano ariko RDC irinangira.

Umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko intumwa zari zihagarariye u Rwanda i Washington DC zatunguwe ku munota wanyuma n’icyemezo cya RDC cyo kudasinya.

Yanavuze kandi ko RDC yanze gusinya mu gihe byari bizwi ko impande zombi ziri mu bihe by’umwuka mwiza w’ubwumvikane.

Minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Amerika yagaragaje ko ayo masezerano mu by’ubukungu akubiyemo ubushake bwo gukorera hamwe hagati y’u Rwanda na RDC, ndetse ni igice cy’amasezerano y’amahoro y’ubuhuza bwa America yasinywe ku itariki ya 27/06/2025 hagati y’ibi bihugu byombi.

Ibiri muri ayo masezerano bigaragaza ko ibihugu byombi bifite ubushake n’umugambi wo gukurikiranira hamwe ubufatanye bugirira inyungu impande zombi, kongera ihuzabikorwa n’imishinga y’iterambere ry’ubukungu mpuzamahanga n’akarere, ndetse no gushora imari.

Harimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ibikorwa remezo, ingufu, iterambere ry’inganda, ubuzima rusange no gucunga pariki z’igihugu.

Uyu muvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko usibye amasezerano y’ubukungu, RDC yongeye no kugenda biguru ntege mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe n’impande zombi.

Yagize ati: “Ku bijyanye n’amasezerano y’amahoro, by’umwihariko gusenya burundu umutwe wa FDLR ushigikiwe na RDC, byagombaga gukurikirwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku ruhande rw’u Rwanda, RDC yanze iyo ngingo kugeza aho byizweho mu buryo bwihariye bikarangira byemejwe ku wa gatatu mu nama ya komite ngenzuzi ihuriweho n’impande zombi.”

RDC yo yasabaga ko kugira ngo urugamba rwo gutangira gusenya FDLR rutangire, bigomba kujyana no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda, ibi bikaba binyuranyije n’ibiri mu masezerano.

Makolo yasoje avuga ko nubwo hakiri ibyo bizazane byose, ariko igihugu cye cyizeye neza ko aya masezerano y’amahoro ndetse n’uburyo bukoreshwa na Leta Zunze ubumwe z’Amerika nk’umuhuza kandi rwizeye ko bizashyira amasezerano mu by’ubukungu agashyirwaho umukono. Avuga ko uyu mugambi w’amahoro ugomba gutanga umusaruro kandi mwiza.

Tags: Amasezerano y'amahoroRdcU Rwanda
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi Amakuru mashya aturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aremeza ko umuhuro utegerejwe cyane uzahuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Perezida...

Read moreDetails

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye Umuhuza bikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), Corneille Nangaa, yatangaje ko inzira nyayo yo kugeza Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo abona umurego n’inyota mpuzamahanga byo kugenzura cyangwa gukoresha i kibuga...

Read moreDetails

Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

by Bahanda Bruce
November 27, 2025
0
Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy'amahoro kiri mu Maboko ya RDC Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko intambwe nshya...

Read moreDetails

Abaturage Basaba Minisitiri Patrick Muyaya Gusobanura no Gusaba Imbabazi ku Magambo Abatesha Agaciro aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
November 27, 2025
0
Abaturage Basaba Minisitiri Patrick Muyaya Gusobanura no Gusaba Imbabazi ku Magambo Abatesha Agaciro aheruka gutangaza

Abaturage Basaba Minisitiri Patrick Muyaya Gusobanura no Gusaba Imbabazi ku Magambo Abatesha Agaciro aheruka gutangaza Abaturage bo mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo baramagana bikomeye amagambo aherutse gutangazwa...

Read moreDetails
Next Post

Icyitezwe ku biganiro byahuje AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa i Doha

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?