• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, October 13, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 6, 2025
in Regional Politics
0
Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro
73
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro”

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko urugendo ruganisha ku mahoro u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo birimo bigizwemo uruhare na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, rugomba gutanga umusaruro uko byagenda kose, ngo nubwo RDC yo ikomeje kubyanga.

U Rwanda na RDC byaherukaga guhurira i Washington DC, hari mu rwego rwo kugira ngo bigirane ibiganiro bya nyuma ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu wateguwe mu kwezi kwa cyenda.

Nk’uko rero byari bipanze ku wa gatatu tariki ya 03/10/2025, ibihugu byombi byari gusinya amasezerano ariko RDC irinangira.

Umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko intumwa zari zihagarariye u Rwanda i Washington DC zatunguwe ku munota wanyuma n’icyemezo cya RDC cyo kudasinya.

Yanavuze kandi ko RDC yanze gusinya mu gihe byari bizwi ko impande zombi ziri mu bihe by’umwuka mwiza w’ubwumvikane.

Minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Amerika yagaragaje ko ayo masezerano mu by’ubukungu akubiyemo ubushake bwo gukorera hamwe hagati y’u Rwanda na RDC, ndetse ni igice cy’amasezerano y’amahoro y’ubuhuza bwa America yasinywe ku itariki ya 27/06/2025 hagati y’ibi bihugu byombi.

Ibiri muri ayo masezerano bigaragaza ko ibihugu byombi bifite ubushake n’umugambi wo gukurikiranira hamwe ubufatanye bugirira inyungu impande zombi, kongera ihuzabikorwa n’imishinga y’iterambere ry’ubukungu mpuzamahanga n’akarere, ndetse no gushora imari.

Harimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ibikorwa remezo, ingufu, iterambere ry’inganda, ubuzima rusange no gucunga pariki z’igihugu.

Uyu muvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko usibye amasezerano y’ubukungu, RDC yongeye no kugenda biguru ntege mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe n’impande zombi.

Yagize ati: “Ku bijyanye n’amasezerano y’amahoro, by’umwihariko gusenya burundu umutwe wa FDLR ushigikiwe na RDC, byagombaga gukurikirwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku ruhande rw’u Rwanda, RDC yanze iyo ngingo kugeza aho byizweho mu buryo bwihariye bikarangira byemejwe ku wa gatatu mu nama ya komite ngenzuzi ihuriweho n’impande zombi.”

RDC yo yasabaga ko kugira ngo urugamba rwo gutangira gusenya FDLR rutangire, bigomba kujyana no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda, ibi bikaba binyuranyije n’ibiri mu masezerano.

Makolo yasoje avuga ko nubwo hakiri ibyo bizazane byose, ariko igihugu cye cyizeye neza ko aya masezerano y’amahoro ndetse n’uburyo bukoreshwa na Leta Zunze ubumwe z’Amerika nk’umuhuza kandi rwizeye ko bizashyira amasezerano mu by’ubukungu agashyirwaho umukono. Avuga ko uyu mugambi w’amahoro ugomba gutanga umusaruro kandi mwiza.

Tags: Amasezerano y'amahoroRdcU Rwanda
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Auto Draft

Icyitezwe ku biganiro byahuje AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa i Doha

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?