• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, April 20, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 6, 2025
in Regional Politics
0
Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’aho RDC yinangiye, u Rwanda rwatangaje ko “inzira y’amahoro igomba gutanga umusaruro”

You might also like

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko urugendo ruganisha ku mahoro u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo birimo bigizwemo uruhare na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, rugomba gutanga umusaruro uko byagenda kose, ngo nubwo RDC yo ikomeje kubyanga.

U Rwanda na RDC byaherukaga guhurira i Washington DC, hari mu rwego rwo kugira ngo bigirane ibiganiro bya nyuma ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu wateguwe mu kwezi kwa cyenda.

Nk’uko rero byari bipanze ku wa gatatu tariki ya 03/10/2025, ibihugu byombi byari gusinya amasezerano ariko RDC irinangira.

Umuvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko intumwa zari zihagarariye u Rwanda i Washington DC zatunguwe ku munota wanyuma n’icyemezo cya RDC cyo kudasinya.

Yanavuze kandi ko RDC yanze gusinya mu gihe byari bizwi ko impande zombi ziri mu bihe by’umwuka mwiza w’ubwumvikane.

Minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Amerika yagaragaje ko ayo masezerano mu by’ubukungu akubiyemo ubushake bwo gukorera hamwe hagati y’u Rwanda na RDC, ndetse ni igice cy’amasezerano y’amahoro y’ubuhuza bwa America yasinywe ku itariki ya 27/06/2025 hagati y’ibi bihugu byombi.

Ibiri muri ayo masezerano bigaragaza ko ibihugu byombi bifite ubushake n’umugambi wo gukurikiranira hamwe ubufatanye bugirira inyungu impande zombi, kongera ihuzabikorwa n’imishinga y’iterambere ry’ubukungu mpuzamahanga n’akarere, ndetse no gushora imari.

Harimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ibikorwa remezo, ingufu, iterambere ry’inganda, ubuzima rusange no gucunga pariki z’igihugu.

Uyu muvugizi w’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko usibye amasezerano y’ubukungu, RDC yongeye no kugenda biguru ntege mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe n’impande zombi.

Yagize ati: “Ku bijyanye n’amasezerano y’amahoro, by’umwihariko gusenya burundu umutwe wa FDLR ushigikiwe na RDC, byagombaga gukurikirwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi ku ruhande rw’u Rwanda, RDC yanze iyo ngingo kugeza aho byizweho mu buryo bwihariye bikarangira byemejwe ku wa gatatu mu nama ya komite ngenzuzi ihuriweho n’impande zombi.”

RDC yo yasabaga ko kugira ngo urugamba rwo gutangira gusenya FDLR rutangire, bigomba kujyana no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda, ibi bikaba binyuranyije n’ibiri mu masezerano.

Makolo yasoje avuga ko nubwo hakiri ibyo bizazane byose, ariko igihugu cye cyizeye neza ko aya masezerano y’amahoro ndetse n’uburyo bukoreshwa na Leta Zunze ubumwe z’Amerika nk’umuhuza kandi rwizeye ko bizashyira amasezerano mu by’ubukungu agashyirwaho umukono. Avuga ko uyu mugambi w’amahoro ugomba gutanga umusaruro kandi mwiza.

Tags: Amasezerano y'amahoroRdcU Rwanda
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 19, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura Mu minsi mike ishize yo muri uyu mwaka wa 2026, mu gace ka Musaga...

Read moreDetails

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails
Next Post

Icyitezwe ku biganiro byahuje AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa i Doha

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?