Perezida Félix Tshisekedi Yagejejweho Umwanzuro Ushobora Guhindura Ejo Hazaza ha RDC
Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano n’amakimbirane ya politiki, Leta ya Angola yatangaje ko yamaze kugeza kuri Perezida Félix Tshisekedi umwanzuro wayo ku bijyanye n’ibiganiro by’Abanyekongo bigamije gushakira igihugu amahoro arambye n’umuti w’ibibazo bimaze imyaka myinshi bihungabanya uburasirazuba bw’iki gihugu.
Ibi bibaye nyuma y’igihe kinini habaho ibiganiro bya dipolomasi hagati ya Kinshasa n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, ariko bikaba bitarashoboye gutanga ibisubizo bifatika ku kibazo cy’umutekano muke ukomeje kurangwa cyane cyane mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Ku munsi w’ejo, tariki ya 20/05/2026, Perezida Félix Tshisekedi yakiriye intumwa idasanzwe yoherejwe na Perezida wa Angola João Lourenço, wari uzanye ubutumwa bwihariye bwa Luanda ku bijyanye n’ikiganiro giteganyijwe guhuza impande zitandukanye z’Abanyekongo.
Ibi byakurikiye urugendo rwari rumaze icyumweru intumwa za RDC zigiriye i Luanda, ziyobowe na Sumbu Sita Mambu, uhagarariye Umukuru w’Igihugu ushinzwe gukurikirana gahunda ya Luanda n’imikoranire y’akarere, ndetse na Adolphe Lumanu, umwe mu bayobozi b’Urwego rwa “Desk Grands Lacs”.
Abo bayobozi bari bajyanye ubutumwa bwa Félix Tshisekedi bwo kugeza kuri João Lourenço ibitekerezo bya Kinshasa ku nzira y’ibiganiro bishya bigamije guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati y’impande zinyuranye za politiki n’imitwe yitwaje intwaro.
Nubwo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Angola itatangaje mu buryo burambuye ibikubiye muri uwo mwanzuro, yavuze ko Angola ikomeje gushyigikira umubano mwiza n’ubufatanye hagati yayo na RDC, ndetse ko yifuza kubona ikibazo cya Congo gikemurwa binyuze mu nzira y’amahoro n’ibiganiro byuzuye kandi bihuza impande zose.
Iki gitekerezo cyakomotse ku nama yabereye i Luanda tariki ya 09/02/2026, yahuje abayobozi bakomeye barimo Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, Perezida João Lourenço wa Angola, Perezida Faure Gnassingbé wa Togo usanzwe ari umuhuza w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse na Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria akaba ari umwe mu bahuza bashyizweho na Afurika Yunze Ubumwe.
Muri iyo nama, Angola yahawe inshingano zo kuganira n’impande zose z’Abanyekongo kugira ngo hategurwe uburyo habaho ibiganiro byuzuye kandi birimo buri wese.
Nyuma y’iyo nama, Angola yakoze inyandiko ebyiri zikomeye zirimo:
- Umushinga w’Inzira y’Ikiganiro Mpuzabanyekongo (Feuille de route),
- ndetse n’inyandiko igena uburyo ibiganiro bizakorwa (Cadre de référence).
Izo nyandiko zashyikirijwe Perezida Tshisekedi tariki ya 07/03/2026 i Kinshasa.
Nubwo itariki nyakuri y’itangizwa ry’ibiganiro itaratangazwa ku mugaragaro, amakuru ava mu nzego za dipolomasi agaragaza ko Angola ishaka ko ibiganiro bitangira vuba mbere y’uko umutekano ukomeza kuzamba mu burasirazuba bwa RDC.
Biteganyijwe ko ibiganiro bizaba mu buryo bw’amasomo n’inama zihuza:
- Leta ya RDC,
- imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi,
- amadini,
- sosiyete sivile,
- urubyiruko n’abagore,
- ndetse n’impande zifite aho zihuriye n’umutekano w’igihugu.
Hari kandi amakuru avuga ko Angola, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Qatar ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bashobora kugira uruhare mu koroshya no guhuza impande zitandukanye kugira ngo ibiganiro bitangire mu mwuka wo kubaka igihugu.
Abasesenguzi bavuga ko ibiganiro bishobora gukorwa mu byiciro bibiri:
- Icyiciro cya mbere kigamije kugabanya ubushyamirane no gushyiraho icyizere hagati y’impande zose.
- Icyiciro cya kabiri kikibanda ku mavugurura ya politiki, umutekano, ubutabera n’uburyo bwo kongera kubaka igihugu.
Nubwo igitekerezo cy’ibiganiro gikomeje gushyigikirwa n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, imbere muri RDC hakomeje kuboneka kutumvikana gukomeye.
Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bushyigikiye ibiganiro biyobowe n’inzego za Leta, ariko bukavuga ko bidakwiye kuvutsa agaciro Itegeko Nshinga cyangwa gutanga imbabazi ku bakoze ibyaha bikomeye.
Leta kandi ishimangira ko ibiganiro bitagomba guha intebe imitwe yitwaje intwaro nk’aho yatsinze urugamba ihanganyemo n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku bufatanye n’ingabo z’u Burundi n’imitwe irimo Wazalendo na FDLR.
Igice kinini cy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kivuga ko ibiganiro biyobowe n’ubutegetsi biba bitigenga kandi ko icyo gihe bitaba byizewe.
Aba banyapolitiki bashyigikiye ko ibiganiro byayoborwa n’amadini akomeye arimo:
- CENCO (Inama y’Abepisikopi Gatolika),
- na ECC (Itorero rya Kristo muri Congo).
Bavuga ko ayo madini ari yo yizewe kurusha inzego za Leta muri iki gihe.
CENCO na ECC byakomeje gusaba ibiganiro byihuse kandi bihuza buri wese, ariko bikagaragaza ko “ubwiyunge budakwiye guhinduka inzira yo kudahana.”
Aya madini arasaba ko hashyirwaho uburyo bw’ubutabera bw’inzibacyuho kugira ngo abakorewe ibyaha n’ababigizemo uruhare bose bahabwe ubutabera.
Sosiyete sivile na yo ivuga ko ibiganiro bikenewe cyane kugira ngo igihugu kidakomeza kugwa mu mwiryane no mu ntambara z’urudaca.
Mu gihe ibiganiro bikiri mu rwego rwo gutegurwa, umutekano mu burasirazuba bwa RDC ukomeje kuba mubi.
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) riracyahanganye n’Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo barimo ingabo z’u Burundi n’imitwe irimo Wazalendo na FDLR. AFC/M23 iracyagenzura ibice byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, mu gihe ibikorwa bya dipolomasi bya Washington, Doha na Luanda bikomeje kugenda buhoro.
Abasesenguzi bavuga ko Angola iri kugerageza kuba umuhuza ukomeye ushobora guhuza impande zose, ariko ko ikibazo gikomeye gikomeje kuba ukutizerana hagati y’abanyapolitiki ba Congo ndetse n’imitwe ifite uruhare mu ntambara.
Nubwo hari icyizere ko ibiganiro bishobora gufasha RDC kuva mu bibazo by’umutekano na politiki, benshi bagaragaza impungenge ko kutizerana hagati y’impande zitandukanye bishobora gutuma inzira iba ndende kandi igoye.
Ariko kandi, hari abemeza ko ibiganiro ari yo nzira yonyine ishobora gutuma haboneka amahoro arambye, cyane cyane mu gihe intambara n’ibibazo bya dipolomasi bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari.






