• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe.

minebwenews by minebwenews
June 28, 2025
in Regional Politics
0
Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe.

You might also like

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Yoweli Kaguta Museveni perezida wa Uganda yatangaje ko igihugu cye kitazemera ko haboneka umuturage w’iki gihugu utunga ubwenegihugu bwa Uganda ngo atunge n’ubw’u Rwanda.

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Uganda yatangaje ibi ku wa gatatu tariki ya 25/06/2025, ubwo yakiraga mu biro bye itsinda ry’Abanya-Uganda bafite inkomoko mu Rwanda.

Aba baturage bamaze igihe bagaragaza impungenge z’uko Leta ibima ibyangombwa birimo pasiporo kubera gushidikanya ku nkomoko yabo, nyamara baravukiye bakanakurira muri Uganda.

Museveni ubwo aba Banyarwanda bamusangaga mu biro bye biherereye Intebbe, yabahamirije ko abantu bafite ibisekuruza batuye muri Uganda kandi bakaba bazwi n’inzego z’ubuyobozi, bakwiye kwemerwa nk’abanya-Uganda.

Yagize ati: “Abantu bamaze ibisekuruza batuye hano kandi aho batuye ubuyobozi bukaba bu hazi, ntibakwiye gucunaguzwa cyangwa ngo bimwe serivisi. Bakwiye icyubahiro n’uburenganzira bwabo.”

Yasobanuye ko ubwenegihugu ubwo ari bwo bwose bwa Uganda ari uburenganzira buteganywa n’itegeko nshinga rya Uganda, bityo ko nta w’ukwiye kubwimwa mu nzego za Leta cyangwa ngo atinde kubuhabwa.

Aha yagize ati: “Mu myaka ya 1950 ubwo narimo nkurira i Ntungamo, twebwe Abahooro twari igice cya Uganda. Itegeko nshinga ryo mu 1995 rirasobanutse, abari hano kugeza mu 1926 ni abaturage ba Uganda kimwe n’abandi bose.”

Yavuze kandi ko abaturage bamaze igihe bahura n’ibyo bibazo mu kubona ibyangombwa, icyo kibazo gikwiye kuvaho burundu.

Ni naho yahise avuga ko nta muntu ukwiye kugira ubwenegihugu bwa Uganda ngo atunge kandi n’ubw’u Rwanda, ashimangira ko mu gihe na we yakenera kuba Umunyarwanda byamusaba ko aza kuba mu Rwanda.

Ati: “Hari icyo tutemera ni ukugira ubwenegihugu bubiri hagati y’ubw’u Rwanda na Uganda. Icyo rwose mu gifateho umwanzuro. Ntushobora kuba hombi. Nanjye ubwanjye nidi Umuhooro. Bene wacu bari mu Rwanda, Tanzania na Uganda, ariko navukiye hano. Ndamutse nkeneye kuba Umunyarwanda, nahita njya mu Rwanda. Ariko sinavuga ngo ndi Umunyankore n’Umunyarwanda. Rero namwe ni mufate hamwe.”

Tags: AbanyarwandaIntebbeMuseveniUbwenegihuguUganda
Share36Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails
Next Post
Iran Issues Stern Warning to Trump Over ‘Disrespectful’ Tone Toward Supreme Leader

Iran Issues Stern Warning to Trump Over 'Disrespectful' Tone Toward Supreme Leader

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?