• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 13, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe.

minebwenews by minebwenews
June 28, 2025
in Regional Politics
0
Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Museveni yavuze ku Banyarwanda bimwa ubwenegihugu bwa Uganda, ubwe na we avuga ku bwoko bwe.

Yoweli Kaguta Museveni perezida wa Uganda yatangaje ko igihugu cye kitazemera ko haboneka umuturage w’iki gihugu utunga ubwenegihugu bwa Uganda ngo atunge n’ubw’u Rwanda.

READ ALSO

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Uganda yatangaje ibi ku wa gatatu tariki ya 25/06/2025, ubwo yakiraga mu biro bye itsinda ry’Abanya-Uganda bafite inkomoko mu Rwanda.

Aba baturage bamaze igihe bagaragaza impungenge z’uko Leta ibima ibyangombwa birimo pasiporo kubera gushidikanya ku nkomoko yabo, nyamara baravukiye bakanakurira muri Uganda.

Museveni ubwo aba Banyarwanda bamusangaga mu biro bye biherereye Intebbe, yabahamirije ko abantu bafite ibisekuruza batuye muri Uganda kandi bakaba bazwi n’inzego z’ubuyobozi, bakwiye kwemerwa nk’abanya-Uganda.

Yagize ati: “Abantu bamaze ibisekuruza batuye hano kandi aho batuye ubuyobozi bukaba bu hazi, ntibakwiye gucunaguzwa cyangwa ngo bimwe serivisi. Bakwiye icyubahiro n’uburenganzira bwabo.”

Yasobanuye ko ubwenegihugu ubwo ari bwo bwose bwa Uganda ari uburenganzira buteganywa n’itegeko nshinga rya Uganda, bityo ko nta w’ukwiye kubwimwa mu nzego za Leta cyangwa ngo atinde kubuhabwa.

Aha yagize ati: “Mu myaka ya 1950 ubwo narimo nkurira i Ntungamo, twebwe Abahooro twari igice cya Uganda. Itegeko nshinga ryo mu 1995 rirasobanutse, abari hano kugeza mu 1926 ni abaturage ba Uganda kimwe n’abandi bose.”

Yavuze kandi ko abaturage bamaze igihe bahura n’ibyo bibazo mu kubona ibyangombwa, icyo kibazo gikwiye kuvaho burundu.

Ni naho yahise avuga ko nta muntu ukwiye kugira ubwenegihugu bwa Uganda ngo atunge kandi n’ubw’u Rwanda, ashimangira ko mu gihe na we yakenera kuba Umunyarwanda byamusaba ko aza kuba mu Rwanda.

Ati: “Hari icyo tutemera ni ukugira ubwenegihugu bubiri hagati y’ubw’u Rwanda na Uganda. Icyo rwose mu gifateho umwanzuro. Ntushobora kuba hombi. Nanjye ubwanjye nidi Umuhooro. Bene wacu bari mu Rwanda, Tanzania na Uganda, ariko navukiye hano. Ndamutse nkeneye kuba Umunyarwanda, nahita njya mu Rwanda. Ariko sinavuga ngo ndi Umunyankore n’Umunyarwanda. Rero namwe ni mufate hamwe.”

Tags: AbanyarwandaIntebbeMuseveniUbwenegihuguUganda

Related Posts

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Next Post
Iran Issues Stern Warning to Trump Over ‘Disrespectful’ Tone Toward Supreme Leader

Iran Issues Stern Warning to Trump Over 'Disrespectful' Tone Toward Supreme Leader

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Ibanga ryo Gukira no Kuba Umukire: Uko Umushahara Wawe Wakubakira Ubukire Burambye
  • Ubutumwa Bukomeye bwa Me. Byashoni ku Banyamulenge Bari mu Mahanga: Ukwizera, Ubumwe no Kongera Kubaka Umuryango
  • Byinshi kuri Ebola Ikomeje Kubica Bigacika muri RDC: Tshisekedi Aho Kurwanya Iki Cyorezo Akomeje Intambara, Ibyo Atangaza Binyuranyije n’Ibibera ku Butaka
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?