• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“Perezida Ndayishimiye Yashimangiye Ko u Burundi Bwiteguye Kwirwanaho ku Bitero Byashobora Guturuka mu Rwanda”-Inkuru yavuzwe cyane muri 2025

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 31, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Ndayishimiye Avuga ku Mutekano w’u Burundi, Agaragaza Impungenge ku Migambi y’u Rwanda
66
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Perezida Ndayishimiye Yashimangiye Ko u Burundi Bwiteguye Kwirwanaho ku Bitero Byashobora Guturuka mu Rwanda”-
Inkuru yavuzwe cyane muri 2025

You might also like

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwirwanaho ku bitero ibyo ari byo byose byaturuka mu Rwanda, byaba binyuze ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Perezida Ndayishimiye yavuze ko hari amakuru avuga ko u Rwanda ruri gutegura kugaba igitero ku Burundi ruciye muri Congo, rubinyujije mu mutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara, ariko ashimangira ko ibyo ari ukwibeshya gukomeye.

Yagize ati:

“Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa RDC, rubinyujije muri RED-Tabara. Ariko turababwira ko nibashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Aya magambo yatumye u Rwanda butungurwa. Yolande Makolo, umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko atunguwe n’izo mvugo kuko zidahuye n’ibiganiro byari biri gukorwa n’inzego z’umutekano z’ibihugu byombi.

Yagize ati:

“Ibi bivugwa biratangaje, cyane ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zari mu biganiro bigamije gukaza umutekano ku mipaka ihuriweho, hashingiwe ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.”

Perezida Ndayishimiye yanavuze ko afite amakuru yizewe agaragaza ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera u Burundi, anaburira ko intambara ishobora gufata isura y’akarere kose mu gihe ibyo byaba bibaye.

Yagize ati:

“U Rwanda ntirwumva amahoro rutagize aho rutesha umutekano. Rwamaze kugirana amakimbirane na Uganda na Tanzania, ubu ruri mu ntambara muri Congo kandi ruri no gutegura kudutera.”

Yongeyeho ko Abarundi biteguye kurwanirira igihugu cyabo, ashimangira ko batazemera kurebera Abanye-Congo bicwa.

Perezida Ndayishimiye kandi yavuze ko yohereje intumwa kuri Perezida Paul Kagame amusaba gushyira mu bikorwa amasezerano impande zombi zari zarumvikanyeho kuva mu 2020, ariko ko kugeza ubu nta gisubizo arabona.

Ku rundi ruhande, Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yatangaje ku rubuga rwe rwa X ko amagambo ya Perezida Ndayishimiye adahuye n’ibikorwa biri kuba, agaragaza ko inzego za gisirikare n’iperereza z’ibihugu byombi zari mu biganiro bigamije kugabanya ubushyamirane.

Guverinoma y’u Burundi yakomeje gushinja u Rwanda guha icyumbi no gufasha umutwe wa RED-Tabara, uvugwaho kugaba ibitero byinshi mu Burundi uturutse mu burasirazuba bwa Congo. Ibi u Rwanda rwagiye rubihakana kenshi.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko RED-Tabara ikoreshwa nk’uko umutwe wa M23 ukoreshwa muri Congo, ashimangira ko u Burundi bwiteguye kwirwanaho.

Ibitero by’uyu mutwe byabaye mu mpera za 2024 byahitanye abantu icyenda, ari na byo byatumye u Burundi bufunga imipaka yose buhana n’u Rwanda. Yongeye gushimangira ko Guverinoma ye itazigera igirana ibiganiro na RED-Tabara, ayita umutwe w’abicanyi ugomba kuburanishwa n’ubutabera.

Perezida Ndayishimiye yanenze amagambo ya AGénéral James Kabarebe, wavuze ko u Burundi bushishikariza ubwicanyi bushingiye ku moko mu burasirazuba bwa Congo, avuga ko ibyo ari ibinyoma bigamije kumutesha agaciro.

Yanahakanye ko Guverinoma y’u Burundi ikorana n’umutwe wa FDLR, ashimangira ko u Burundi bwagiye bugarura mu Rwanda abantu bake bake bakekwaho ibyaha.

U Burundi bwemera ko bufite ingabo muri RDC hashingiwe ku masezerano y’umutekano bufite na Guverinoma ya Congo. Perezida Ndayishimiye yavuze ko kuba M23 ikomeje kwigarurira ibindi bice bidakwiye gushinjwa u Burundi, kuko inshingano nyamukuru ari iz’igisirikare cya Congo.

Yongeyeho ko u Burundi bushyigikiye inzira y’ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro, buyobowe na EAC na SADC, ashimangira ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti urambye w’amakimbirane.

Yagize ati:

“Intambara ikwiye kuba intambwe ya nyuma. Ibiganiro bikwiye kubanza, kuko amahoro arambye adashoboka mu gihe ubutunzi bw’igihugu bwiharirwa n’abantu bake.”

Tags: IbiteroNdayishimiyeRwanda
Share26Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Akababaro ku Bihano Byafashwe ku Ruhande Rumwe na Amerika, Rushimangira Uko Rwitwaye ku Mutekano n’Amahoro mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 2, 2026
0
Perezida Kagame Yitezwe mu Nama Mpuzamahanga ku Ngufu za Nucléaire n’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

U Rwanda Rwagaragaje Akababaro ku Bihano Byafashwe ku Ruhande Rumwe na Amerika, Rushimangira Uko Rwitwaye ku Mutekano n’Amahoro mu Burasirazuba bwa RDC Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko itishimiye...

Read moreDetails
Next Post
U Buyapani Bwahungabanyijwe n’Umutingito Ukomeye

U Buyapani Bwahungabanyijwe n’Umutingito Ukomeye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?