“Perezida Ndayishimiye Yashimangiye Ko u Burundi Bwiteguye Kwirwanaho ku Bitero Byashobora Guturuka mu Rwanda”-
Inkuru yavuzwe cyane muri 2025
Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwirwanaho ku bitero ibyo ari byo byose byaturuka mu Rwanda, byaba binyuze ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, Perezida Ndayishimiye yavuze ko hari amakuru avuga ko u Rwanda ruri gutegura kugaba igitero ku Burundi ruciye muri Congo, rubinyujije mu mutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara, ariko ashimangira ko ibyo ari ukwibeshya gukomeye.
Yagize ati:
“Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa RDC, rubinyujije muri RED-Tabara. Ariko turababwira ko nibashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”
Aya magambo yatumye u Rwanda butungurwa. Yolande Makolo, umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko atunguwe n’izo mvugo kuko zidahuye n’ibiganiro byari biri gukorwa n’inzego z’umutekano z’ibihugu byombi.
Yagize ati:
“Ibi bivugwa biratangaje, cyane ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zari mu biganiro bigamije gukaza umutekano ku mipaka ihuriweho, hashingiwe ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.”
Perezida Ndayishimiye yanavuze ko afite amakuru yizewe agaragaza ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera u Burundi, anaburira ko intambara ishobora gufata isura y’akarere kose mu gihe ibyo byaba bibaye.
Yagize ati:
“U Rwanda ntirwumva amahoro rutagize aho rutesha umutekano. Rwamaze kugirana amakimbirane na Uganda na Tanzania, ubu ruri mu ntambara muri Congo kandi ruri no gutegura kudutera.”
Yongeyeho ko Abarundi biteguye kurwanirira igihugu cyabo, ashimangira ko batazemera kurebera Abanye-Congo bicwa.
Perezida Ndayishimiye kandi yavuze ko yohereje intumwa kuri Perezida Paul Kagame amusaba gushyira mu bikorwa amasezerano impande zombi zari zarumvikanyeho kuva mu 2020, ariko ko kugeza ubu nta gisubizo arabona.
Ku rundi ruhande, Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yatangaje ku rubuga rwe rwa X ko amagambo ya Perezida Ndayishimiye adahuye n’ibikorwa biri kuba, agaragaza ko inzego za gisirikare n’iperereza z’ibihugu byombi zari mu biganiro bigamije kugabanya ubushyamirane.
Guverinoma y’u Burundi yakomeje gushinja u Rwanda guha icyumbi no gufasha umutwe wa RED-Tabara, uvugwaho kugaba ibitero byinshi mu Burundi uturutse mu burasirazuba bwa Congo. Ibi u Rwanda rwagiye rubihakana kenshi.
Perezida Ndayishimiye yavuze ko RED-Tabara ikoreshwa nk’uko umutwe wa M23 ukoreshwa muri Congo, ashimangira ko u Burundi bwiteguye kwirwanaho.
Ibitero by’uyu mutwe byabaye mu mpera za 2024 byahitanye abantu icyenda, ari na byo byatumye u Burundi bufunga imipaka yose buhana n’u Rwanda. Yongeye gushimangira ko Guverinoma ye itazigera igirana ibiganiro na RED-Tabara, ayita umutwe w’abicanyi ugomba kuburanishwa n’ubutabera.
Perezida Ndayishimiye yanenze amagambo ya AGénéral James Kabarebe, wavuze ko u Burundi bushishikariza ubwicanyi bushingiye ku moko mu burasirazuba bwa Congo, avuga ko ibyo ari ibinyoma bigamije kumutesha agaciro.
Yanahakanye ko Guverinoma y’u Burundi ikorana n’umutwe wa FDLR, ashimangira ko u Burundi bwagiye bugarura mu Rwanda abantu bake bake bakekwaho ibyaha.
U Burundi bwemera ko bufite ingabo muri RDC hashingiwe ku masezerano y’umutekano bufite na Guverinoma ya Congo. Perezida Ndayishimiye yavuze ko kuba M23 ikomeje kwigarurira ibindi bice bidakwiye gushinjwa u Burundi, kuko inshingano nyamukuru ari iz’igisirikare cya Congo.
Yongeyeho ko u Burundi bushyigikiye inzira y’ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro, buyobowe na EAC na SADC, ashimangira ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti urambye w’amakimbirane.
Yagize ati:
“Intambara ikwiye kuba intambwe ya nyuma. Ibiganiro bikwiye kubanza, kuko amahoro arambye adashoboka mu gihe ubutunzi bw’igihugu bwiharirwa n’abantu bake.”






