• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, April 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“Perezida Ndayishimiye Yashimangiye Ko u Burundi Bwiteguye Kwirwanaho ku Bitero Byashobora Guturuka mu Rwanda”-Inkuru yavuzwe cyane muri 2025

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 31, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Ndayishimiye Avuga ku Mutekano w’u Burundi, Agaragaza Impungenge ku Migambi y’u Rwanda
66
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Perezida Ndayishimiye Yashimangiye Ko u Burundi Bwiteguye Kwirwanaho ku Bitero Byashobora Guturuka mu Rwanda”-
Inkuru yavuzwe cyane muri 2025

You might also like

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwirwanaho ku bitero ibyo ari byo byose byaturuka mu Rwanda, byaba binyuze ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Perezida Ndayishimiye yavuze ko hari amakuru avuga ko u Rwanda ruri gutegura kugaba igitero ku Burundi ruciye muri Congo, rubinyujije mu mutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara, ariko ashimangira ko ibyo ari ukwibeshya gukomeye.

Yagize ati:

“Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa RDC, rubinyujije muri RED-Tabara. Ariko turababwira ko nibashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Aya magambo yatumye u Rwanda butungurwa. Yolande Makolo, umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko atunguwe n’izo mvugo kuko zidahuye n’ibiganiro byari biri gukorwa n’inzego z’umutekano z’ibihugu byombi.

Yagize ati:

“Ibi bivugwa biratangaje, cyane ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zari mu biganiro bigamije gukaza umutekano ku mipaka ihuriweho, hashingiwe ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.”

Perezida Ndayishimiye yanavuze ko afite amakuru yizewe agaragaza ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera u Burundi, anaburira ko intambara ishobora gufata isura y’akarere kose mu gihe ibyo byaba bibaye.

Yagize ati:

“U Rwanda ntirwumva amahoro rutagize aho rutesha umutekano. Rwamaze kugirana amakimbirane na Uganda na Tanzania, ubu ruri mu ntambara muri Congo kandi ruri no gutegura kudutera.”

Yongeyeho ko Abarundi biteguye kurwanirira igihugu cyabo, ashimangira ko batazemera kurebera Abanye-Congo bicwa.

Perezida Ndayishimiye kandi yavuze ko yohereje intumwa kuri Perezida Paul Kagame amusaba gushyira mu bikorwa amasezerano impande zombi zari zarumvikanyeho kuva mu 2020, ariko ko kugeza ubu nta gisubizo arabona.

Ku rundi ruhande, Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yatangaje ku rubuga rwe rwa X ko amagambo ya Perezida Ndayishimiye adahuye n’ibikorwa biri kuba, agaragaza ko inzego za gisirikare n’iperereza z’ibihugu byombi zari mu biganiro bigamije kugabanya ubushyamirane.

Guverinoma y’u Burundi yakomeje gushinja u Rwanda guha icyumbi no gufasha umutwe wa RED-Tabara, uvugwaho kugaba ibitero byinshi mu Burundi uturutse mu burasirazuba bwa Congo. Ibi u Rwanda rwagiye rubihakana kenshi.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko RED-Tabara ikoreshwa nk’uko umutwe wa M23 ukoreshwa muri Congo, ashimangira ko u Burundi bwiteguye kwirwanaho.

Ibitero by’uyu mutwe byabaye mu mpera za 2024 byahitanye abantu icyenda, ari na byo byatumye u Burundi bufunga imipaka yose buhana n’u Rwanda. Yongeye gushimangira ko Guverinoma ye itazigera igirana ibiganiro na RED-Tabara, ayita umutwe w’abicanyi ugomba kuburanishwa n’ubutabera.

Perezida Ndayishimiye yanenze amagambo ya AGénéral James Kabarebe, wavuze ko u Burundi bushishikariza ubwicanyi bushingiye ku moko mu burasirazuba bwa Congo, avuga ko ibyo ari ibinyoma bigamije kumutesha agaciro.

Yanahakanye ko Guverinoma y’u Burundi ikorana n’umutwe wa FDLR, ashimangira ko u Burundi bwagiye bugarura mu Rwanda abantu bake bake bakekwaho ibyaha.

U Burundi bwemera ko bufite ingabo muri RDC hashingiwe ku masezerano y’umutekano bufite na Guverinoma ya Congo. Perezida Ndayishimiye yavuze ko kuba M23 ikomeje kwigarurira ibindi bice bidakwiye gushinjwa u Burundi, kuko inshingano nyamukuru ari iz’igisirikare cya Congo.

Yongeyeho ko u Burundi bushyigikiye inzira y’ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro, buyobowe na EAC na SADC, ashimangira ko ibiganiro ari byo byonyine byatanga umuti urambye w’amakimbirane.

Yagize ati:

“Intambara ikwiye kuba intambwe ya nyuma. Ibiganiro bikwiye kubanza, kuko amahoro arambye adashoboka mu gihe ubutunzi bw’igihugu bwiharirwa n’abantu bake.”

Tags: IbiteroNdayishimiyeRwanda
Share26Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 19, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura Mu minsi mike ishize yo muri uyu mwaka wa 2026, mu gace ka Musaga...

Read moreDetails

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails
Next Post
U Buyapani Bwahungabanyijwe n’Umutingito Ukomeye

U Buyapani Bwahungabanyijwe n’Umutingito Ukomeye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?