Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) zigomba gushyirwa hafi y’umupaka w’u Rwanda kugira ngo icyo gihugu cyizere umutekano, ashyira ku ruhande igitekerezo cyo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR.
Iki gitekerezo cyagarutsweho mu kiganiro Perezida Ndayishimiye yagiranye n’abahagarariye ibihugu byabo mu Burundi, aho yashimangiye ko kuba MONUSCO iri hafi y’umupaka bizafasha RDC n’akarere kose kugera ku mahoro arambye.
Yabwiye abadipolomate ko ikibazo cyo mu burasirazuba bwa RDC gikomeye, ariko ko Leta y’u Burundi ikomeje gusenga kugira ngo intambara itazakwira mu karere. Yongeyeho ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigomba gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano u Rwanda rwagiranye na RDC, kandi ko MONUSCO yagombye kwifashishwa mu gukemura impungenge z’umutekano mu karere.
Perezida Ndayishimiye yagize ati:
“MONUSCO yifashishijwe kugira ngo ijye hagati, ingabo zitagira uruhande zibogamiyeho zigashyirwa hagati y’umupaka w’u Rwanda n’uw’u Burundi ndetse no muri RDC. U Rwanda rwakwizera ko rutazaterwa, Congo ikongera kubona amahoro, igatangira ibiganiro by’amahoro bihuza Abanye-Congo.”
Yakomeje avuga ko bidashoboka gutangiza ibiganiro by’amahoro muri RDC hatabayeho “agahenge,” aho ingabo zashyirwa hagati y’impande zihanganye kandi abarwanyi bagasubizwa mu buzima busanzwe. Yanasabye ko MONUSCO yakongerwa imbaraga kugira ngo ishobore gushyira mu bikorwa iyi gahunda.
Amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC ku ya 27/06/2025, ku ruhare rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabaga gusenywa kwa FDLR kubera ko umutekano w’u Rwanda ubangamiwe n’uyu mutwe w’iterabwoba. Ariko kugeza ubu, Leta ya RDC ntiyabashije kubahiriza icyo gice cy’amasezerano, kandi ingabo zayo hamwe n’iz’u Burundi ndetse n’abarwanyi b’abazalendo bakomeje gukorana na FDLR mu gihe bahanganye n’abarwanyi ba AFC/M23.
Ibi bigaragaza ko Perezida Ndayishimiye atashyigikiye icyemezo cyo gusenya FDLR, ahubwo yizera ko MONUSCO ari yo gisubizo cy’umutekano mu karere, mu gihe amakuru atandukanye avuga ko abarwanyi benshi ba FDLR bahungiye mu Burundi.





