• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, April 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yavuze ku biganiro by’i Doha n’ibya Washington

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 8, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi ashinja u Rwanda kuyobora intambara y’ibidukikije mu Burasirazuba bwa RDC
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yavuze ku biganiro bya Doha n’ibya Washington

You might also like

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko ibiganiro bigamije gushakira amahoro u burasirazuba bw’igihugu cye, birimo ibibera i Doha n’ i Washington DC, bigiye kugera ku musozo mwiza.

Yabitangaje tariki ya 7/11/ 2025, ari i Belém mu gihugu cya Brésil, aho yitabiriye inama ya COP30 yiga ku mihindagurikire y’ibihe. Mu butumwa yagejeje ku Banye-Congo baba muri Brésil, Tshisekedi yavuze ko ari hafi gutangaza intsinzi ikomeye ku biganiro bimaze igihe bibera muri Qatar no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yagize ati: “Nshimishijwe no kubamenyesha ko ibiganiro by’i Doha n’i Washington bigiye kurangira mu minsi mike iri imbere.”

Ibi yabivuze mu rurimi rw’ilingala, mu rwego rwo kugaragaza icyizere ku rugendo rwo kugarura amahoro mu ntara zirimo intambara z’urudaca mu burasirazuba bwa Congo, cyane cyane mu Ntara ya Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Nubwo atigeze atangaza amakuru arambuye ku byamaze kumvikanwaho cyangwa ku masezerano yemeranyijweho muri ibyo biganiro, iyi mvugo ye ishimangira ko hari intambwe ikomeye yatewe mu biganiro byatangiye mu mezi ashize.

Ibiganiro bya Doha na Washington byagiye biba mu bihe bitandukanye, bigahuza ubutegetsi bwa Kinshasa n’umutwe wa M23 ku buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar ndetse n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe n’ibihugu byo mu karere nk’u Rwanda, mu rwego rwo gushakira umuti urambye ikibazo cy’umutekano muke umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa RDC.

Perezida Tshisekedi n’ubuyobozi bwe bamaze iminsi bihutisha ibikorwa bya dipolomasi no gusaba ubufasha mpuzamahanga ngo harangizwe intambara zifitanye isano n’umutwe witwaje intwaro, wa M23 n’indi myinshi.

Tags: DohaibiganiroTshisekediWashington
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 19, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura Mu minsi mike ishize yo muri uyu mwaka wa 2026, mu gace ka Musaga...

Read moreDetails

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

by Bahanda Bruce
April 15, 2026
0
Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi

Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi...

Read moreDetails
Next Post
Umutekano wagarutse mu misozi y’i Mulenge nyuma yaho Twirwaneho ikubise ahababaza Ingabo z’u Burundi n’iza RDC

Ingabo z’u Burundi na FARDC zagabye ibitero ku baturage b’Abanyamulenge i Mulenge

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?