RDC Mu Kaga Gakomeye: Ikirego Cyagejejwe mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC/CPI) Gishinja Abayobozi ba Leta
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Abunganira mu mategeko itsinda ry’Abanyekongo bavuga ko bahohotewe, cyane cyane bakomoka mu cyahoze ari intara ya Katanga, bashyikirije Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC/CPI) i La Haye mu Buholandi ikirego gishinja bamwe mu bayobozi ba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), hamwe n’abandi bantu bavuga ko bafitanye isano n’ubutegetsi buriho, kuba baragize uruhare mu bikorwa bishobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu (Crimes Against Humanity).
Iki kirego cyashyikirijwe ICC mu mpera z’icyumweru gishize, kikaba kirimo ibimenyetso n’ibirego bivuga ko ibikorwa by’urugomo n’ihohoterwa byabereye mu bice bitandukanye by’igihugu bishobora kuba biri mu bubasha bw’uru rukiko mpuzamahanga.
Nk’uko amategeko ya ICC abiteganya, Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru bizabanza gusuzuma ibimenyetso byatanzwe mbere yo gufata umwanzuro wo kumenya niba hakwiye gutangizwa isuzuma ry’ibanze (preliminary examination), rizagena niba ibisabwa kugira ngo hatangizwe iperereza ku mugaragaro byujujwe.
Abunganira abareze bavuga ko bashingiye ku byabaye mu bihe 11 bitandukanye, birimo imvururu zabereye muri Gereza Nkuru ya Makala i Kinshasa mu mwaka wa 2024, igihe habaga igerageza ryo gutoroka kwa bamwe mu bafungwa. Muri ibyo bikorwa, havuzwe abantu benshi bahasize ubuzima, mu gihe abandi bavuga ko bakorewe ihohoterwa.
Ikirego kandi kivuga ku bundi bwicanyi n’ihohoterwa bivugwa ko byabereye mu mijyi ya Lubumbashi, Kolwezi, no mu tundi duce two mu cyahoze ari intara ya Katanga.
Hervé Diakiese, umwe mu banyamategeko bari muri iri tsinda, yavuze ko umutwe witwa Force du Progrès, usanzwe uvugwaho kuba ufitanye isano n’urubyiruko rw’ishyaka UDPS rya Perezida Félix Tshisekedi, uvugwa mu bikorwa byinshi bikubiye muri iki kirego.
Ku ruhande rwayo, ishyaka UDPS ryahakanye ibyo birego, rivuga ko ridashobora kubazwa ibikorwa byaba byarakozwe n’abantu ku giti cyabo bavuga ko baryegamiye.
Mu bihe byashize kandi, umuryango Human Rights Watch wari waragaragaje impungenge ku bikorwa by’urugomo byagiye bivugwa ko byakozwe na bamwe mu bagize Force du Progrès mu bihe by’umwuka mubi wa politiki.
Abunganira abareze banagaragaje impungenge ku mvugo bavuga ko ishobora guteza amacakubiri ashingiye ku moko. Bavuga ko hari bamwe mu bayobozi n’abegereye ubutegetsi bakunze kuvuga amagambo agaragaza ko ubwoko bw’Abaluba, Perezida Félix Tshisekedi akomokamo, ari bwo bufite ububasha bwa politiki, ibintu bavuga ko bishobora guteza amacakubiri n’ivangura.
Me Bernard Maingain, umwe mu banyamategeko bayoboye iki kirego, yavuze ko bahisemo kwiyambaza ICC nyuma yo kubona ko inzego z’ubutabera za RDC zitatanze ibisubizo bihagije ku birego by’ihohoterwa n’ubundi bugizi bwa nabi bavuga ko bumaze igihe buvugwa.
Yasobanuye ko ikirego cyatanzwe hakurikijwe Ingingo ya 15 y’Amasezerano ya Roma (Rome Statute), yemerera abantu ku giti cyabo cyangwa imiryango kugeza amakuru ku Mushinjacyaha wa ICC igihe bakeka ko habaye ibyaha biri mu bubasha bw’urwo rukiko.
Uretse kuba cyarashyikirijwe Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, iki kirego cyanashyikirijwe n’inzego z’ubutabera mu Bubiligi, kubera ko bamwe mu bantu bavugwa muri dosiye bavuga ko bafite ubwenegihugu bw’icyo gihugu.
Kugeza ubu, ICC ntiraratangaza niba rizatangiza iperereza cyangwa urubanza. Urukiko ruzabanza gusuzuma niba ibirego byatanzwe bifite ishingiro, niba biri mu bubasha bwarwo, ndetse niba byujuje ibisabwa kugira ngo hatangizwe iperereza ku mugaragaro.






