Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC yasabwe na Amerika kubahiriza amasezerano y’i Luanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
October 9, 2024
in Regional Politics
0
RDC yasabwe na Amerika kubahiriza amasezerano y’i Luanda.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC yasabwe na Amerika kubahiriza amasezerano y’i Luanda.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasabye ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo kubahiriza ibyo bwemeranyijeho na Kigali hashingiwe ku masezerano y’i Luanda.

Ni ubusabe bwatanzwe na Amabasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu muryango w’Abibumbye, Linda Thomas Greenfield, aho yabugejeje kuri minisitiri w’ubabanye n’amahanga wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, ku ya 07/10/2024.

Ubu busabe bugira buti: “Amabasaderi Thomas Greenfield yashimiye minisitiri Kayikwamba Wagner ku bwinshingano yahawe, asaba Guverinoma ya Kinshasa kuguma mu murongo w’ibyo yemeye mu biganiro by’i Luanda.”

Ubu busabe bunasobanura ko Ambasaderi Greenfield yagaragaje ko uburyo bwo guhagarika imirwano bukwiye gukomeza kubahirizwa, nk’uko byemejwe mu nama yahuje RDC n’u Rwanda.

Usibye ibyo, Greenfield yagaragaje kandi ko ari ngombwa ko RDC n’u Rwanda bikomeza ibiganiro bigamije kubungabunga amahoro n’umutekano mu karere, yizeza ko Amerika yiteguye gutanga ubufasha mu biganiro by’amahoro.

Repubulika ya demokarasi ya Congo isabwe kubahiriza ibyo yemeye nyuma yaho tariki ya 14/09/2024, ubwo ibiganiro bya Luanda byari byasubukuwe , minisitiri Kayikwamba yanze uburyo bwateguwe na Angola bwo gusenya burundu umutwe wa FDLR.

Minisiteri Kayikwamba yaje kwanga ubu buryo, mu gihe raporo zitandukanye za LONI zigaragaza ko ingabo za RDC zikomeje gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR mu mirwano zihanganyemo na M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Icyakoze, nyuma habayeho ubwumvikane buke, Angola yagaragaje ko yateganyije ikindi cyiciro cy’ibiganiro bya Luanda bizaba muri uku kwezi turimo.

Uru hande rwa Angola rugaragaza ko rwifuza ko intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zazagera ku gisubizo kirambye, ndetse kuburyo byafasha ko perezida João Lourenço ahuza perezida w’u Rwanda n’uwa RDC, bakaganira amasezerano y’amahoro arambye hagati y’ibihugu byombi.

         MCN.
Tags: AmerikaGreenfield Linda ThomasRdc
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Charles Onana uzwiho gupfobya genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda yageze mu rukiko.

Charles Onana uzwiho gupfobya genocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda yageze mu rukiko.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?