• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 26, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yavuze ku biganiro byamuhuje na Kagame i Doha muri Qatar, agira n’icyo avuga kuri FDLR.

minebwenews by minebwenews
March 20, 2025
in Regional Politics
0
Iby’ikiganiro Tshisekedi yagiranye n’intumwa idasanzwe ya LONI.
112
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yavuze ku biganiro byamuhuje na Kagame i Doha muri Qatar, agira n’icyo avuga kuri FDLR.

You might also like

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, nyuma yo guhurira na perezida Paul Kagame w’u Rwanda muri Qatar mu biganiro bigamije gushakira hamwe igisubizo kirambye cy’u mutekano muke uri hagati y’ibi bihugu byabo, yavuze ko yifuza amahoro arambye hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, gusa yongeraho anyuzamo avuga ko umutwe wa FDLR atumva neza ikibazo uteje kandi ko abawugize ari bake, nk’uko yabibwiraga igitangazamakuru cya Le Figaro.

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu biganiro i Doha bahujwe n’umukuru w’ikirenga, Emir wa Qatar ku wa kabiri tariki ya 18/03/2025.

Perezida Felix Tshisekedi aganira na kiriya gitangaza makuru, yavuze ko ibijanye n’iyi nama yamuhuje na perezida Paul Kagame w’u Rwanda hamwe na Emir wa Qatar, byatangiye kugirwamo uruhare n’intumwa za Qatar mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Yagize ati: “Inama yabaye mu mwuka mwiza. Intambwe y’ibanze yaratewe dufashijwe n’intumwa za Qatar. Nahuye n’umwe mu ntumwa za Qatar mu kwezi kwa kabiri mu nama yiga ku mutekano ya Munich. Intambwe ikurikiraho izatangazwa, kuko icyingenzi cyari ugahagarika imirwano ako kanya nta yandi mananiza. Ibiganiro bigomba gukomeza kugira ngo haboneke umuti urambye.”

Qatar yavuze ko ubuhuza bwayo budakuraho izindi nzira zemejwe zo gushakira amahoro arambye u Burasizuba bwa Congo, bivuze ibiganiro by’i Luanda na Nairobi, hubwo ko bugamije kugarura icyizere hagati y’impande zombi.

Ibi biganiro byahuje Tshisekedi na Kagame hamwe na Emir wa Qatar, byabaye mu gihe hari hitezwe ibyagomba guhuza m23 na Leta y’i Kinshasa. Ariko ntibyaba kubera umutwe wa m23 wavuze ko utabijamo ngo kubera abayobozi bawo bafatiwe ibihano n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi.

Ibyo Tshisekedi we atabona mu buryo bumwe. M23 ivuga ko ibihano by’u Burayi, bitsikamira inzira y’amahoro n’ibiganiro kandi bikaba biri mu gushaka kwa Tshisekedi, we, avuga ko ikibazo ari m23 idashaka amahoro.

Abajijwe icyo atekereza kubivugwa na m23 ko umuryango mpuzamahanga ukomeje kubangamira inzira z’amahoro, yahise asubiza agereka ibibazo byose ku Rwanda, avuga ko rwitwaza guhiga FDLR kandi ngo rukagerekaho kwiba n’amabuye y’agaciro muri iki gihugu.

Yabajijwe kandi niba yiteguye kwambura FDLR intwaro, nka kimwe mu bibangamiye u Rwanda, asubiza ko uwo mutwe ntacyo utwaye, ariko azazibambura.

Yagize ati: “Yego, kubambura no kubasubiza mu buzima busanzwe. Ibi ni byo gahunda ya Nairobi iteganya, mu kurwanya imitwe yose yitwaje intwaro yaba iy’imbere mu gihugu n’iyo mukarere, ikorera mu Burasizuba bwa Congo. FDLR ni umutwe udafite ingufu, ugizwe n’abantu bake batageze 750, nibo bakoze jenocide. Ntacyo iricyo ugereranyije na m23.”

Abajijwe ku gisirikare cye, yemera ko hari ibibazo gifite, ndetse kandi avuga ko mu gukemura ibyo bibazo gifite yavuguruye amasezerano amwe igihugu gifitanye n’u Bushinwa mu bijanye n’amabuye y’agaciro mu gushaka ubushobozi.

Yagize ati: “Igisirikare cyacu kigizwe n’abasirikare bagera ku bihumbi 100. Umushahara w’umwe ugera ku madolari y’Amerika 100.” Ariko ubu yarongerewe umusirikare uri kurugamba ashobora guhabwa 500$ ku kwezi.

Mu bisubizo byose Tshisekedi yasubije bigaragaza ko hakiri ntambwe ndende ngo amahoro agerweho mu Burasizuba bwa Congo.

Nyamara uwahoze ari perezida wa RDC, Joseph Kabila Kabange, aheruka gusubiza Felix Tshisekedi, aho yavuze ko ibibazo byose RDC ifite byatewe n’uyiyoboye, ari we Tshisekedi. Bishatse kuvuga imiyoborere mibi iki gihugu kirimo.

Tags: FDLRImiyoborere mibiRdcTshisekedi
Share45Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
1
Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by’i ngabo z’u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n’amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge

Hon. Nyarugabo ashyize ukuri hanze ku by'i ngabo z'u Burundi zikorera i Mulenge, ananenga n'amahanga arebera iyicarubuzo zikorera Abanyamulenge Me.Moise Nyarugabo uzwi cyane muri politiki ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye "guhangana aho gusabiriza" Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye Abanyarwanda ko mu bibabazo igihugu cyabo gifite...

Read moreDetails

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Igihano gitangaje cyahanishijwe abasirikare b'u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC Abasirikare b'u Burundi bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n'amaguru nyuma y'uko bishyuzaga umushara barwaniye muri Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails
Next Post
Icyo FARDC n’abambari bayo bazindutse bakora ahatuwe n’Abanyamulenge muri iki gutondo cyo kuri uyu wa kane.

Icyo FARDC n'abambari bayo bazindutse bakora ahatuwe n'Abanyamulenge muri iki gutondo cyo kuri uyu wa kane.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?