• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yavuze ku biganiro byamuhuje na Kagame i Doha muri Qatar, agira n’icyo avuga kuri FDLR.

minebwenews by minebwenews
March 20, 2025
in Regional Politics
0
Iby’ikiganiro Tshisekedi yagiranye n’intumwa idasanzwe ya LONI.
112
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yavuze ku biganiro byamuhuje na Kagame i Doha muri Qatar, agira n’icyo avuga kuri FDLR.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, nyuma yo guhurira na perezida Paul Kagame w’u Rwanda muri Qatar mu biganiro bigamije gushakira hamwe igisubizo kirambye cy’u mutekano muke uri hagati y’ibi bihugu byabo, yavuze ko yifuza amahoro arambye hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, gusa yongeraho anyuzamo avuga ko umutwe wa FDLR atumva neza ikibazo uteje kandi ko abawugize ari bake, nk’uko yabibwiraga igitangazamakuru cya Le Figaro.

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu biganiro i Doha bahujwe n’umukuru w’ikirenga, Emir wa Qatar ku wa kabiri tariki ya 18/03/2025.

Perezida Felix Tshisekedi aganira na kiriya gitangaza makuru, yavuze ko ibijanye n’iyi nama yamuhuje na perezida Paul Kagame w’u Rwanda hamwe na Emir wa Qatar, byatangiye kugirwamo uruhare n’intumwa za Qatar mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Yagize ati: “Inama yabaye mu mwuka mwiza. Intambwe y’ibanze yaratewe dufashijwe n’intumwa za Qatar. Nahuye n’umwe mu ntumwa za Qatar mu kwezi kwa kabiri mu nama yiga ku mutekano ya Munich. Intambwe ikurikiraho izatangazwa, kuko icyingenzi cyari ugahagarika imirwano ako kanya nta yandi mananiza. Ibiganiro bigomba gukomeza kugira ngo haboneke umuti urambye.”

Qatar yavuze ko ubuhuza bwayo budakuraho izindi nzira zemejwe zo gushakira amahoro arambye u Burasizuba bwa Congo, bivuze ibiganiro by’i Luanda na Nairobi, hubwo ko bugamije kugarura icyizere hagati y’impande zombi.

Ibi biganiro byahuje Tshisekedi na Kagame hamwe na Emir wa Qatar, byabaye mu gihe hari hitezwe ibyagomba guhuza m23 na Leta y’i Kinshasa. Ariko ntibyaba kubera umutwe wa m23 wavuze ko utabijamo ngo kubera abayobozi bawo bafatiwe ibihano n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi.

Ibyo Tshisekedi we atabona mu buryo bumwe. M23 ivuga ko ibihano by’u Burayi, bitsikamira inzira y’amahoro n’ibiganiro kandi bikaba biri mu gushaka kwa Tshisekedi, we, avuga ko ikibazo ari m23 idashaka amahoro.

Abajijwe icyo atekereza kubivugwa na m23 ko umuryango mpuzamahanga ukomeje kubangamira inzira z’amahoro, yahise asubiza agereka ibibazo byose ku Rwanda, avuga ko rwitwaza guhiga FDLR kandi ngo rukagerekaho kwiba n’amabuye y’agaciro muri iki gihugu.

Yabajijwe kandi niba yiteguye kwambura FDLR intwaro, nka kimwe mu bibangamiye u Rwanda, asubiza ko uwo mutwe ntacyo utwaye, ariko azazibambura.

Yagize ati: “Yego, kubambura no kubasubiza mu buzima busanzwe. Ibi ni byo gahunda ya Nairobi iteganya, mu kurwanya imitwe yose yitwaje intwaro yaba iy’imbere mu gihugu n’iyo mukarere, ikorera mu Burasizuba bwa Congo. FDLR ni umutwe udafite ingufu, ugizwe n’abantu bake batageze 750, nibo bakoze jenocide. Ntacyo iricyo ugereranyije na m23.”

Abajijwe ku gisirikare cye, yemera ko hari ibibazo gifite, ndetse kandi avuga ko mu gukemura ibyo bibazo gifite yavuguruye amasezerano amwe igihugu gifitanye n’u Bushinwa mu bijanye n’amabuye y’agaciro mu gushaka ubushobozi.

Yagize ati: “Igisirikare cyacu kigizwe n’abasirikare bagera ku bihumbi 100. Umushahara w’umwe ugera ku madolari y’Amerika 100.” Ariko ubu yarongerewe umusirikare uri kurugamba ashobora guhabwa 500$ ku kwezi.

Mu bisubizo byose Tshisekedi yasubije bigaragaza ko hakiri ntambwe ndende ngo amahoro agerweho mu Burasizuba bwa Congo.

Nyamara uwahoze ari perezida wa RDC, Joseph Kabila Kabange, aheruka gusubiza Felix Tshisekedi, aho yavuze ko ibibazo byose RDC ifite byatewe n’uyiyoboye, ari we Tshisekedi. Bishatse kuvuga imiyoborere mibi iki gihugu kirimo.

Tags: FDLRImiyoborere mibiRdcTshisekedi
Share45Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Icyo FARDC n’abambari bayo bazindutse bakora ahatuwe n’Abanyamulenge muri iki gutondo cyo kuri uyu wa kane.

Icyo FARDC n'abambari bayo bazindutse bakora ahatuwe n'Abanyamulenge muri iki gutondo cyo kuri uyu wa kane.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?