Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yavuze ku biganiro byamuhuje na Kagame i Doha muri Qatar, agira n’icyo avuga kuri FDLR.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 20, 2025
in Regional Politics
0
Iby’ikiganiro Tshisekedi yagiranye n’intumwa idasanzwe ya LONI.
112
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yavuze ku biganiro byamuhuje na Kagame i Doha muri Qatar, agira n’icyo avuga kuri FDLR.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, nyuma yo guhurira na perezida Paul Kagame w’u Rwanda muri Qatar mu biganiro bigamije gushakira hamwe igisubizo kirambye cy’u mutekano muke uri hagati y’ibi bihugu byabo, yavuze ko yifuza amahoro arambye hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, gusa yongeraho anyuzamo avuga ko umutwe wa FDLR atumva neza ikibazo uteje kandi ko abawugize ari bake, nk’uko yabibwiraga igitangazamakuru cya Le Figaro.

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu biganiro i Doha bahujwe n’umukuru w’ikirenga, Emir wa Qatar ku wa kabiri tariki ya 18/03/2025.

Perezida Felix Tshisekedi aganira na kiriya gitangaza makuru, yavuze ko ibijanye n’iyi nama yamuhuje na perezida Paul Kagame w’u Rwanda hamwe na Emir wa Qatar, byatangiye kugirwamo uruhare n’intumwa za Qatar mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Yagize ati: “Inama yabaye mu mwuka mwiza. Intambwe y’ibanze yaratewe dufashijwe n’intumwa za Qatar. Nahuye n’umwe mu ntumwa za Qatar mu kwezi kwa kabiri mu nama yiga ku mutekano ya Munich. Intambwe ikurikiraho izatangazwa, kuko icyingenzi cyari ugahagarika imirwano ako kanya nta yandi mananiza. Ibiganiro bigomba gukomeza kugira ngo haboneke umuti urambye.”

Qatar yavuze ko ubuhuza bwayo budakuraho izindi nzira zemejwe zo gushakira amahoro arambye u Burasizuba bwa Congo, bivuze ibiganiro by’i Luanda na Nairobi, hubwo ko bugamije kugarura icyizere hagati y’impande zombi.

Ibi biganiro byahuje Tshisekedi na Kagame hamwe na Emir wa Qatar, byabaye mu gihe hari hitezwe ibyagomba guhuza m23 na Leta y’i Kinshasa. Ariko ntibyaba kubera umutwe wa m23 wavuze ko utabijamo ngo kubera abayobozi bawo bafatiwe ibihano n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi.

Ibyo Tshisekedi we atabona mu buryo bumwe. M23 ivuga ko ibihano by’u Burayi, bitsikamira inzira y’amahoro n’ibiganiro kandi bikaba biri mu gushaka kwa Tshisekedi, we, avuga ko ikibazo ari m23 idashaka amahoro.

Abajijwe icyo atekereza kubivugwa na m23 ko umuryango mpuzamahanga ukomeje kubangamira inzira z’amahoro, yahise asubiza agereka ibibazo byose ku Rwanda, avuga ko rwitwaza guhiga FDLR kandi ngo rukagerekaho kwiba n’amabuye y’agaciro muri iki gihugu.

Yabajijwe kandi niba yiteguye kwambura FDLR intwaro, nka kimwe mu bibangamiye u Rwanda, asubiza ko uwo mutwe ntacyo utwaye, ariko azazibambura.

Yagize ati: “Yego, kubambura no kubasubiza mu buzima busanzwe. Ibi ni byo gahunda ya Nairobi iteganya, mu kurwanya imitwe yose yitwaje intwaro yaba iy’imbere mu gihugu n’iyo mukarere, ikorera mu Burasizuba bwa Congo. FDLR ni umutwe udafite ingufu, ugizwe n’abantu bake batageze 750, nibo bakoze jenocide. Ntacyo iricyo ugereranyije na m23.”

Abajijwe ku gisirikare cye, yemera ko hari ibibazo gifite, ndetse kandi avuga ko mu gukemura ibyo bibazo gifite yavuguruye amasezerano amwe igihugu gifitanye n’u Bushinwa mu bijanye n’amabuye y’agaciro mu gushaka ubushobozi.

Yagize ati: “Igisirikare cyacu kigizwe n’abasirikare bagera ku bihumbi 100. Umushahara w’umwe ugera ku madolari y’Amerika 100.” Ariko ubu yarongerewe umusirikare uri kurugamba ashobora guhabwa 500$ ku kwezi.

Mu bisubizo byose Tshisekedi yasubije bigaragaza ko hakiri ntambwe ndende ngo amahoro agerweho mu Burasizuba bwa Congo.

Nyamara uwahoze ari perezida wa RDC, Joseph Kabila Kabange, aheruka gusubiza Felix Tshisekedi, aho yavuze ko ibibazo byose RDC ifite byatewe n’uyiyoboye, ari we Tshisekedi. Bishatse kuvuga imiyoborere mibi iki gihugu kirimo.

Tags: FDLRImiyoborere mibiRdcTshisekedi
Share45Tweet28Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Icyo FARDC n’abambari bayo bazindutse bakora ahatuwe n’Abanyamulenge muri iki gutondo cyo kuri uyu wa kane.

Icyo FARDC n'abambari bayo bazindutse bakora ahatuwe n'Abanyamulenge muri iki gutondo cyo kuri uyu wa kane.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?