Twirwaneho yavugutiye umuti FARDC n’abambari bayo mu Minembwe.
Abanyamulenge bo mu itsinda ry’irwanaho mu Minembwe muri Kivu y’Amajy’epfo, birukanye FARDC na Wazalendo ku kibuga cy’indege kiri ku Kiziba mu Minembwe no mu nkengero za centre ya Madegu, ariho mu mujyi wa Minembwe, kuri uyu wa gatanu tariki ya 13/02/2025.
Itangazo rigenewe Abanyamakuru Twirwaneho yashyize hanze uyu munsi, rivuga ko yamaganye ibitero bya FARDC n’abambari bayo baheruka kugaba mu baturage ba Minembwe na Mikenke, ikaba yarigaragajemo ko yabigabye tariki ya 10 n’iya 11/02/2025.
Iri tangazo riteweho umukono n’umuvugizi wa Twirwaneho, Ndakize Kamasa Welcome, rishinja ingabo zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru mu Minembwe gufatanya na Wazalendo, kwica abasivili n’abungeri b’inka mu Minkenke bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.
Ni itangazo rivuga kandi ko aba basirikare n’aba barwanyi bo muri uyu mutwe wa Maï-Maï, muri ibyo bitero bagabye mu ikambi y’impunzi iri mu Minkenke babikomerekerejemo umudamu w’Umunyamulenge ku wa kabiri w’iki Cyumweru, ndetse kandi banyaga n’inka zaba Banyamulenge 30.
Rikomeza rivuga ko ibyo bitero bya FARDC yabikomeje n’ahar’ejo, aho kandi yabigabye mu muhana w’i Gakenke, kandi ko byaguyemo abasivili batanu abandi benshi babikomerekeramo, n’ibintu byinshi by’aba baturage birangirika.
Twirwaneho yakomeje ivuga ko n’uyu munsi iri huriro rirwanirira Leta ya Kinshasa ryagabye ibitero mu mihana y’Abanyamulenge myinshi, irimo Kiziba ahari ikibuga cy’indege cya Minembwe, Muzinda na Runundu.
Muri iri tangazo Twirwaneho yashimangiye ko igiye kurwana yivuye inyuma, kugira ngo irengere abaturage n’ibyabo.
Ari no muri ubwo buryo yirukanye ingabo za FARDC na Wazalendo ku kibuga cy’indege cya Minembwe na Muzinda.
Amakuru yo ku ruhande avuga ko kuri ubu aba birwanaho bafashe i Bitaro biherereye ku Kiziba, kwa Mugaju no kwa General Pacifique.
Ati: “Abacyu bari ku bitaro, kwa Mugaju abandi kwa General Masunzu.”
Aya makuru akomeza avuga ko uyu munsi habaye imirwano ikaze ariko ko Imana yarwanye ku ruhande rwa Twirwaneho.
Ati: “Iyi ntambara yatangiye saa 6:00 Am, yari ikomeye. Imana yarwanye ku ruhande rw’Abanyamulenge. Icyo turakizirikana.”
Binavugwa kandi ko hari ingabo za FARDC zatanze umusaada zivuye mu Minkenke, ariko zisubirayo ntawugiye kuzitanga.
Ati: “Mu Mikenke FARDC yahavuye itabaye ababo, ariko yisubiza inyuma nta wugiye kuyitanga.”