• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 7, 2025
in Regional Politics
0
U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bubiligi bwahagurukiye umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RDC.

You might also like

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

Minisitiri w’intebe wungirije w’u Bubiligi akaba na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’icyo gihugu, yavuze ko umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ukwiye guhanirwa ubwicanyi impuguke za Loni ziwushinja gukorera muri Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni nyuma y’aho mu cyumweru gishize raporo y’impuguke z’umuryango w’Abibumbye zikorera muri RDC ishinje M23 kwica abasivili 319 muri teritware ya Rutshuru.

Twifashije inyandiko minisitiri w’intebe wungirije w’u Bubiligi akaba na minisitiri w’ubanye n’amahanga, Maxime Prevot yanditse avuga ko M23 ibyo byaha ikora bitazahera idahanwe.

Akoresheje x, yagize ati: “Nababajwe cyane n’ubwicyanyi bushya bwakorewe abasivili 300, harimo abana 20 bushinjwa M23.”

Yongeye ati: “Ni ibyaha bitakwihanganirwa bidakwiye guhera bidahanwe.”

Yanavuze ko igihugu cye gishigikiye inzego z’umutekano zimbere mu gihugu n’inzego mpuzamahanga kugira ngo hakorwe iperereza ababigizemo uruhare babiryozwe.

Mu itangazo umukuru w’urwego rwa Loni rushyinzwe uburenganzira bwa muntu, yasohoye tariki ya 06/08/2025, Volker Türk yamaganye intambara yongeye kwaduka hagati ya M23 n’imitwe yitwaje intwaro bahanganye muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ibiro by’umuryango w’Abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa muntu bivuga ko muri raporo y’uruhande rumwe byakiriye, ivuga ko nibura abasivili 319 bishwe mu bitero bya M23 hagati ya tariki ya 09-21/07/2025 mu duce tune two muri teritware ya Rutshuru.

Iyo raporo igakomeza ivuga ko uwo mubare w’abantu bishwe ari mu nini cyane kuva M23 yakubura imirwano muri 2022. Benshi mu bapfuye harimo abagore 48, abana 19 aba ngo bakaba bari abahinzi bari mu mirima yabo.

Bagasaba ko ibitero byibasira abaturage b’abasivili bihagarara, kandi ababikora bose bakabihanirwa.

Banamaganye n’ubundi bwicanyi bukorwa n’imitwe ya ADF na CODECO, kuko ADF yari iheruka kwica abantu murusengero ahitwa Komanda muri Ituri, mbere y’uko yishe abantu 70 mu gace kitwa Pikamaibo.

Indi mitwe ishinjwa kwica abasivili hari uwa Raia Mutomboki/Wazalendo n’indi.

M23 ibinyujije muri perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yamaganye ibirego baregwa, abwira ibiro ntara makuru bya Bwongereza ko ibyo baregwa atari ukuri.

Umutwe wa AFC/M23 umaze igihe ugaragaza ko ibirindiro byawo biterwa n’ingabo za Leta ya Congo zihisha mu mitwe ya Wazalendo haba muri Kivu y’Amajyaruguru no muri Kivu y’Amajyepfo.

Tags: M23RutshuruU Bubiligiubwicanyi
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

by Bruce Bahanda
August 6, 2025
0
Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa.

Ibisobanuro byatanzwe na perezida Bisimwa wa M23 ku bwicanyi bashinjwa. Umuyobozi mukuru w'umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa, yamaganye ibirego by'ibiro by'umuryango w'Abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa muntu biherutse gutangaza...

Read moreDetails

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

by Bruce Bahanda
August 6, 2025
0
Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n'ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro. Umuryango w'Abibumbye wavuze ko hari ibihugu 32 birimo 16 byo...

Read moreDetails

U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

U Burundi buraramutswa minisitiri w'intebe mushya. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, ari we Nestor Ntahontuye. Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 05/08/2025, nibwo...

Read moreDetails

Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

by minebwenews
August 5, 2025
0
Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

Ethiopia-Eritrea Border Tensions Escalate as Troops and Heavy Weaponry Deploy Near AssabAddis Ababa. August 5, 2025 Reports confirmed Tensions between Ethiopia and Eritrea have reached a critical point as...

Read moreDetails

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zigiye kohereza abimukira 250 mu Rwanda nyuma y'aho ibi bihugu byombi bibyumvikanyeho. Ni amakuru yemejwe n'umuvugizi w'u Rwanda, Yolande...

Read moreDetails
Next Post
Abakuru b’ibihugu bibiri byahoraga birebana ayingwe kubera intambara ibera muri Ukraine, bagiye guhura.

Abakuru b'ibihugu bibiri byahoraga birebana ayingwe kubera intambara ibera muri Ukraine, bagiye guhura.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?