• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC byatanze inyandiko zibanze ku masezerano y’amahoro.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 6, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byatanze inyandiko zibanze ku masezerano y’amahoro.
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC byatanze inyandiko zibanze ku masezerano y’amahoro.

You might also like

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kubyerekeye Afrika, Massad Boulos, yatangaje ko yakiriye inyandiko zibanze z’u Rwanda na Congo Kinshasa z’amasezerano y’amahoro, agamije gushaka igisubizo kirambye cy’u mutekano muke uri mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo no kurangiza umwuka mubi hagati y’iki gihugu cy’u Rwanda n’icya Congo.

Boulos yatangaje ibi akoresheje urubuga rwa x, aho yavuze ko yishimiye inyandiko y’imbanzirizamushinga y’amasezerano y’amahoro yagejejweho n’ibi bihugu byombi.

Nyuma y’aho izi nyandiko zimbanziriza mushinga zitanzwe, biteganyijwe ko umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika ushyinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, azahura na ba minisitiri b’ubanye n’amahanga ba RDC n’u Rwanda, bakemereza hamwe imbanzirizamushinga ihuriweho y’amasezerano.

Hanyuma ibyo byarangira, hakazakurikiraho gahunda yo gutegura isinywa rya nyuma.

Biteganyijwe ko Trump azakira muri White House, perezida w’u Rwanda Paul Kagame, na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi, maze ariya masezerano akabona gushyirwaho umukono bwa nyuma.

Muri uwo muhango, bivugwa ko hazanatumizwa n’abandi bakuru bibihugu batandukanye, nubwo bataramenyekana.

Mbere yuko ayo masezerano y’amahoro azasinywa, biteganyijwe ko haribyo impande zombi zizabanza kumvikanaho.

Birimo ko RDC igomba kuzabanza kurangiza amavugurura y’imbere mu gihugu, bijyanye no gusaranganya inyungu ku materitware, no kurangiza ikibazo cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ubundi kandi ibihugu byombi bigomba kandi kuzemera ko buri kimwe hari amasezerano kigomba kugirana na Amerika ajyanye n’ubukungu.

Ahagana ku wa 25/04/2025, u Rwanda na Congo byasinyanye amasezerano agena amahame yibanze yo gukemura mu buryo burambye ikibazo cy’umutekano muke mu karere ka Afrika y’ibiyaga bigari.

Ni amasezerano ibihugu byombi byasinyiye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho Marco Rubio ari we wari ubihagarariye mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda hari minisitiri w’ubanye n’amahanga, Olivier Nduhungurehe naho ku ruhande rwa RDC hari minisitiri Thérèse Kayikwamba.

Ingingo zari zirimo hari iyubusugire n’ubwigenge, gucyura impunzi, Monusco n’ingabo za karere n’amasezerano y’amahoro.

Ubundi kandi tariki ya 30/04/2025, Boulos yahuriye n’intumwa z’ibi bihugu i Doha muri Qatar, hari kandi n’intumwa za Togo n’u Bufaransa, bagiranye ibiganiro bigamije ku gushyira imbaraga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo ndetse n’ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Tags: Amaseserano y'ibanzeAmerikaRdcRwanda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w'amasezerano y'amahoro y'i Doha. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w'intebe w'u Bubiligi, Maxime Prevot,...

Read moreDetails

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ibikomeye ariko byiza.

Kera kabaye, Tshisekedi yakaniye yiyama abamushinja kugurisha umutungo wa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?