U Rwanda Rusubije RDC Yavuze ko Yahagaritse Amasezerano Yarwo na Arsenal
U Rwanda rwamaganye bidasubirwaho amagambo ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yiyitiriye uruhare mu guhagarika amasezerano ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, rugaragaza ko ayo magambo ari ikinyoma gishingiye ku nyungu za politiki.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibyatangajwe na RDC nta shingiro bifite, anenga bikomeye imyitwarire y’ubuyobozi bwa Kinshasa irangwa no gukwirakwiza amakuru atari yo ku rwego mpuzamahanga.
Ibi byakurikiye ikiganiro cyatambutse mu ijoro ryo ku itariki ya 01/01/2025 kuri Televiziyo y’Igihugu ya RDC (RTNC), aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, yivugiye ko kimwe mu byo igihugu cye cyagezeho muri dipolomasi ari uguhagarika amasezerano u Rwanda rwari rufitanye na Arsenal binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.
Kayikwamba yagize ati: “Twagiranye ibiganiro inshuro nyinshi n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, tunabigaragaza mu bafatanyabikorwa bo muri Aziya no muri Amerika. Twageze no ku ruhando mpuzamahanga, harimo no mu bijyanye na siporo, kugira ngo ibyaberaga mu Burasirazuba bwa RDC bitirengagizwa. Iyi mikorere yabyaye umusaruro.” Muri icyo kiganiro, hashyirwagaho amashusho y’inkuru zavugaga ko umubano wa Visit Rwanda na Arsenal wahagaze.
Aya magambo yatunguye benshi, cyane cyane kuba RDC ishyira guhagarara kw’aya masezerano mu byitwa intsinzi za dipolomasi yayo. Abasesenguzi n’abaturage batandukanye bibajije inyungu byazaniye Abanye-Congo, ndetse banenga uburyo ikibazo cy’ubucuruzi cy’igihugu cy’abandi gihindurwa igikoresho cya politiki.
Amb. Nduhungirehe yanyomoje ibyo, avuga ko guhagarika ayo masezerano bitigeze biterwa n’igitutu cya RDC cyangwa undi uwo ari we wese. Ati: “Nari nsanzwe nzi ko kwisingiza no kwivuga ibigwi by’abanyepolitike bo muri RDC ari umuco umaze igihe, ariko kuvuga ikinyoma ku bufatanye bwacu bwa Visit Rwanda na Arsenal ni urundi rwenya. Ibinyoma bya Leta y’i Kinshasa ni byo byonyine bikomeje kuyisubiza inyuma.”
Mu kwezi kwa cumi n’umwe umwaka wa 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko amasezerano ya Visit Rwanda na Arsenal azarangira mu kwezi kwa munani uyu mwaka wa 2026, kandi ko atazongerwa. RDB yasobanuye ko uwo mwanzuro wafashwe mu rwego rwo kwagura no guhindura ingamba z’ishoramari n’ubukangurambaga bushingiye kuri siporo, hibandwa ku masoko mashya mpuzamahanga.
Ibi byaje nyuma y’uko mu kwezi kwa Cyenda 2025, Visit Rwanda itangajwe nk’umuterankunga w’ikipe ya LA Clippers ikina muri NBA, ndetse na Los Angeles Rams ikina muri NFL muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bigaragaza icyerekezo gishya u Rwanda rwahisemo.
Perezida Paul Kagame na we yigeze kubigarukaho mu kwezi kwa cumi n’umwe umwaka wa 2025, ashimangira ko guhagarika amasezerano na Arsenal ntaho bihuriye n’igitutu cy’Abanyaburayi cyangwa RDC. Ati: “Imyaka umunani ni igihe kirekire mu masezerano y’ubucuruzi. Dufite andi makipe yo mu Burayi nka PSG na Atlético Madrid, bityo igitutu cy’i Burayi si ikibazo.”
Yakomeje asobanura ko ayo masezerano yari ay’ubucuruzi asuzumwa buri gihe hashingiwe ku nyungu z’impande zombi. Ati: “Iyo urebye ugasanga igihe kigeze cyo gushaka indi mikoranire ihaza ibyifuzo bishya, impande zombi zirabyumvikanaho. Ni ko byagenze.”
Perezida Kagame yanenze kandi RDC yagerageje kenshi kuburizamo ayo masezerano ariko bikayibera iby’ubusa, agaragaza ko intego nyamukuru atari ugukemura ikibazo, ahubwo kwari ugusebya u Rwanda. Yongeyeho ko u Rwanda rwamaze gufungura amarembo ku isoko rya Amerika, kandi ko ibyagaragaye ari intangiriro y’andi masezerano akomeye ari mu nzira.
Muri rusange, u Rwanda rugaragaza ko icyemezo cyafashwe ku masezerano ya Visit Rwanda–Arsenal ari icy’ubucuruzi n’icyerekezo gishya cy’iterambere, aho kuba intsinzi ya politiki ya RDC nk’uko byatangajwe na Kinshasa.






