U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe kandi bibogamye bidashobora kuba umuti w’ibibazo by’umutekano muke umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Yavuze ko, ahubwo, bishobora gutiza umurindi amakimbirane no gukomeza guha intege imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano mu karere.
Makolo yabigarutseho asubiza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, wagaragaje ko yakiranye yombi ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gufatira bamwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Mubarakh Muganga.
Makolo yagaragaje ko nubwo ubuyobozi bwa DRC bwishimira ibi bihano, bukwiye kwemera ukuri kw’ibibazo biri mu gihugu cyabwo, by’umwihariko imikorere y’inzego zabwo n’imikoranire zivugwaho n’imitwe yitwaje intwaro, irimo FDLR. Uyu mutwe washinzwe n’abarimo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umaze igihe ubarizwa mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Congo, aho u Rwanda ruwufata nk’ihungabanya rikomeye ku mutekano warwo.
Makolo yagize ati:
“Hatitawe ku ngano y’ibinyoma n’akayabo k’ubushobozi bushorwa muri propaganda yo kuyobya uburari ku bufasha DRC iha FDLR, iki kibazo ntikizakemurwa n’ibihano bibogamye.”
Yavuze ko igikenewe ari ubushake bwa politiki n’ubufatanye bushingiye ku kuri n’ubutabera, aho gukomeza gushyigikira inzira z’intambara.
Ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa DRC byatangiye gufata indi ntera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ubwo abasize bayigizemo uruhare bahungiraga muri Congo, bakihutira kwiyubaka no gutegura ibitero byambukiranya imipaka. Ibi byakurikiwe n’intambara ebyiri zikomeye za Congo (1996–1997 na 1998–2003), zasize igihugu mu bibazo bikomeye by’ubukungu, politiki n’umutekano.
Mu myaka yakurikiyeho, havutse indi mitwe itandukanye yitwaje intwaro, harimo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), rikomeje guhangana n’ubutegetsi bwa Kinshasa rishinja kunanirwa kurinda abaturage no guha uburenganzira amoko yose agize igihugu.
Makolo yagaragaje ko gukomeza gufata ibihano ku ruhande rumwe bidakemura umuzi w’ikibazo, ahubwo bishobora kongera amakimbirane, gukomeza inzira y’intambara no kurushaho guteza ibibazo by’uburenganzira bwa muntu.
Ati:
“Umusaruro w’iyo migirire ni amakimbirane yabaye karande, kwiyongera k’urugomo, kubura amahirwe n’iby’ingenzi, no gutakaza ubuzima bw’abasivili.”
U Rwanda rugaragaza ko inzira y’amahoro ikwiye gushingira ku masezerano mpuzamahanga aherutse gusinywa, arimo n’ayabereye i Washington umwaka ushize, yari agamije kugabanya umwuka mubi hagati y’ibihugu no gushaka umuti urambye w’ibibazo by’umutekano.
Makolo yagaragaje ko nubwo ayo masezerano yashyizweho umukono, ubuyobozi bwa DRC bukomeje kugaragaza ko bushyize imbere inzira y’intambara aho gushyira mu bikorwa ibyo bwiyemeje.
Yongeyeho ko amagambo yuzuye urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside akunze kumvikana mu bayobozi bamwe ba Congo, harimo n’uwahoze ari Umuvugizi w’Ingabo za FARDC, Sylvain Ekenge, akomeje gutiza umurindi umwuka mubi mu karere.
Guverinoma y’u Rwanda ishimangira ko igisubizo kirambye ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC kitazaturuka ku bihano bifatirwa uruhande rumwe, ahubwo ko gisaba ibiganiro byimbitse, kwemera uruhare rwa buri wese mu kibazo, no guhagarika imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’akarere.
Makolo yasobanuye ko ibimenyetso by’imikoranire n’imitwe nka FDLR bidashobora kwirengagizwa mu gihe hashakwa umuti urambye, ashimangira ko amahoro arambye azagerwaho gusa binyuze mu mucyo, ubutabera n’ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere.







