• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.

minebwenews by minebwenews
March 11, 2025
in Regional Politics
0
Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.
135
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ibigo bya gisirikare ingabo z’u Burundi zigenzura nyuma y’aho zambuwe bimwe n’umutwe wa Twirwaneho urwanirira ukubaho kw’Abanye-Kongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge mu misozi miremire y’i Mulenge mu Burasizuba bwa Congo. Ibi bigo biherereye mu Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo ndetse no mu Bibogobogo.

Ingabo z’u Burundi ziri mu Burasizuba bwa RDC kuva mu 2022, nyuma y’aho habaye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ubutegetsi bw’i Kinshasa n’Ubwa Gitega mu Burundi.

Ahanini aya masezerano yasinywe n’abakuru b’ibihugu byombi, perezida Felix Tshisekedi na Evariste Ndayishimiye, agamije kurwanya umutwe wa m23 n’uwa Twirwaneho.

Nyuma y’ay’amasezerano, abasirikare b’u Burundi bahise boherezwa muri Kivu y’Amajyepfo n’i Yaruguru. Usibye ko muri Kivu y’Amajyaruguru, m23 yazikubise inshuro zihungira i Uvira muri Kivu y’Epfo ni Bujumbura mu Burundi.

Ariko mu busanzwe ubwo ziriya ngabo zoherezwaga mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hari zoherejwe no mu misozi miremire y’i Mulenge, aho zajanwe mu Minembwe, Mikenke, Rurambo, i Ndondo ya Bijombo ndetse no mu Bibogobogo.

Izi ngabo na none zaje kwijandika mu bikorwa by’ubufatanye n’iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo byokwica abaturage no kubambura utwabo.

Byatumye haba imirwano hagati y’izi ngabo za Congo n’iz’u Burundi, aho byarangiye Twirwaneho izirukanye mu Minembwe na Mikenke.

Kuri ubu nk’uko amakuru agera kuri Minembwe Capital News avuga ko zisigariye mu duce twa Bijombo centre, Kuwumugethi, mu Mitamba na Murambya.

Ahandi ziri ni mu Cyohagati ahitwa kuri Nyamara, ndetse vuba aha hari izindi ziheruka koherezwa mu Bibogobogo, ni mu gihe no mu Rurambo naho hari izindi zihagize iminsi.

Izi ngabo zahungiye kuri Nyamara mu Cyohagati, nyuma y’aho zisakiranye na Twirwaneho izikubita umusubirizo mu Mikenke na Kamombo niko guhita zihungira aha kuri Nyamara.

Kurundi ruhande, Fardc yo iherereye mu Bijombo, Kuwumugethi, mu Mitamba, ikaba kandi iki genzura inzira imanuka iva mu Bijombo igana i Uvira. Iri kandi no mu Bibogobogo.

Hagataho, uyu mutwe wa Twirwaneho niwo ugenzura igice cya Mikenke, Kamombo na Minembwe, ndetse n’umuhanda uhuza Mikenke na Minembwe.

Kuba Twirwaneho igenzura igice cya Mikenke na Minembwe, ari nayo mijyi ibiri ikomeye i Mulenge, bikomeje kunezeza abaturage baturiye iyi misozi, kuko bafite icyizere ko n’aho ziriya ngabo zisigariye zizahahunga maze aka karere kabo kagasigaramo amahoro. Abaturiye imisozi miremire y’i Mulenge bashinja FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo, kubica, kubasenyera no kubanyaga Inka zabo.

Tags: BijomboFardcIngabo z'u BurundiMikenke
Share54Tweet34Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hahishuwe ko hari umugambi wo kwica Kamerhe muri Congo.

Hahishuwe ko hari umugambi wo kwica Kamerhe muri Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?