Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 11, 2025
in Regional Politics
0
Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.
135
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uduce ingabo z’u Burundi zisigariyemo ahazwi nk’i Mulenge nyuma y’aho Twirwaneho izikubise umusubirizo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ibigo bya gisirikare ingabo z’u Burundi zigenzura nyuma y’aho zambuwe bimwe n’umutwe wa Twirwaneho urwanirira ukubaho kw’Abanye-Kongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge mu misozi miremire y’i Mulenge mu Burasizuba bwa Congo. Ibi bigo biherereye mu Cyohagati, i Ndondo ya Bijombo ndetse no mu Bibogobogo.

Ingabo z’u Burundi ziri mu Burasizuba bwa RDC kuva mu 2022, nyuma y’aho habaye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Ubutegetsi bw’i Kinshasa n’Ubwa Gitega mu Burundi.

Ahanini aya masezerano yasinywe n’abakuru b’ibihugu byombi, perezida Felix Tshisekedi na Evariste Ndayishimiye, agamije kurwanya umutwe wa m23 n’uwa Twirwaneho.

Nyuma y’ay’amasezerano, abasirikare b’u Burundi bahise boherezwa muri Kivu y’Amajyepfo n’i Yaruguru. Usibye ko muri Kivu y’Amajyaruguru, m23 yazikubise inshuro zihungira i Uvira muri Kivu y’Epfo ni Bujumbura mu Burundi.

Ariko mu busanzwe ubwo ziriya ngabo zoherezwaga mu Burasizuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, hari zoherejwe no mu misozi miremire y’i Mulenge, aho zajanwe mu Minembwe, Mikenke, Rurambo, i Ndondo ya Bijombo ndetse no mu Bibogobogo.

Izi ngabo na none zaje kwijandika mu bikorwa by’ubufatanye n’iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo byokwica abaturage no kubambura utwabo.

Byatumye haba imirwano hagati y’izi ngabo za Congo n’iz’u Burundi, aho byarangiye Twirwaneho izirukanye mu Minembwe na Mikenke.

Kuri ubu nk’uko amakuru agera kuri Minembwe Capital News avuga ko zisigariye mu duce twa Bijombo centre, Kuwumugethi, mu Mitamba na Murambya.

Ahandi ziri ni mu Cyohagati ahitwa kuri Nyamara, ndetse vuba aha hari izindi ziheruka koherezwa mu Bibogobogo, ni mu gihe no mu Rurambo naho hari izindi zihagize iminsi.

Izi ngabo zahungiye kuri Nyamara mu Cyohagati, nyuma y’aho zisakiranye na Twirwaneho izikubita umusubirizo mu Mikenke na Kamombo niko guhita zihungira aha kuri Nyamara.

Kurundi ruhande, Fardc yo iherereye mu Bijombo, Kuwumugethi, mu Mitamba, ikaba kandi iki genzura inzira imanuka iva mu Bijombo igana i Uvira. Iri kandi no mu Bibogobogo.

Hagataho, uyu mutwe wa Twirwaneho niwo ugenzura igice cya Mikenke, Kamombo na Minembwe, ndetse n’umuhanda uhuza Mikenke na Minembwe.

Kuba Twirwaneho igenzura igice cya Mikenke na Minembwe, ari nayo mijyi ibiri ikomeye i Mulenge, bikomeje kunezeza abaturage baturiye iyi misozi, kuko bafite icyizere ko n’aho ziriya ngabo zisigariye zizahahunga maze aka karere kabo kagasigaramo amahoro. Abaturiye imisozi miremire y’i Mulenge bashinja FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo, kubica, kubasenyera no kubanyaga Inka zabo.

Tags: BijomboFardcIngabo z'u BurundiMikenke
Share54Tweet34Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hahishuwe ko hari umugambi wo kwica Kamerhe muri Congo.

Hahishuwe ko hari umugambi wo kwica Kamerhe muri Congo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?