• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 19, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umukuru w’igihugu ca Amerika, Joel Biden, yerekeje muri Israel naho Afrika yunze Ubumwe, yamaganye Israel kugitero gikarishe iheruka gukora.

minebwenews by minebwenews
October 18, 2023
in World News
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu ca leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, kuri uyu wa gatatu, tariki 18/10/2023, yerekeje muri Israel kujya kuganira n’abategetsi bayo kuri gahunda y’intambara barimo n’umutwe wa Hamas wo muri Palestine.

Uyu mutegetsi ukomeye Joe Biden, biteganijwe ko agirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu mu Nama impande zombi ziza kuba zirimo abantu bake cane nk’uko byatangajwe na BBC.

READ ALSO

Canada n’u Burayi Mu Mushinga Mushya w’Imibanire, Trump Akangisha Ingamba Zikomeye ku Misoro

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?

Biden arahura kandi n’abagize Guverinoma ya Israel yashizweho muri iki gihe cy’intambara bahanganyemo na Hamas.

John Kirby, Umuvugizi w’akanama k’umutekano w’igihugu ka Amerika yavuze ko Biden anahura n’abatabaye bwa mbere mu gitero umutwe wa Hamas wagabye muri Israel, tariki 07/10.

Perezida Biden arahura kandi na bamwe mu bapfushije abo mu miryango yabo cyangwa abafite abo mu miryango yabo yashimuswe na Hamas.

Byari byitezwe ko Biden agirira uruzinduko muri Jordanie agahura n’abategetsi bo mu bihugu by’Abarabu ariko byakomwe mu nkokora n’igisasu cyaturikiye ku bitaro muri Gaza, hari ubwoba ko cyahitanye Abanye-Palestine babarirwa mu magana.

Imibare itangwa ivuga ko hari Abanyamerika 31 biciwe mu bitero bya Hamas, mu gihe 13 muri Israel bataramenyekana aho baherereye.

Amakuru avuga ko abantu byibura 3,000 biciwe mu bitero by’ibisasu bya Israel muri Gaza, nk’uko bivugwa n’abategetsi bo mu rwego rw’ubuvuzi.

Umuryango wa Afrika yunze Ubumwe wamaganye wivuye inyuma Israel, nyuma y’icyo gitero gikomeye iheruka kugaba kuri bimwe mu bitaro byo muri Palestine ikacyiciramo abana babarirwa mu magana.

Ku wa Kabiri tariki ya 17/10/2023, ni bwo Israel yagabye ibitero bikomeye mu Mujyi wa Gaza, birimo icyagabwe ku bitaro bya Al-Ahli Baptist biherereye muri uriya mujyi.

Iki gitero cyakora cyakuruye uburakari kuri benshi mu batuye Isi bashinja Israel kuba ikomeje gukoresha imbaraga z’umurengera ikica abaturage b’inzirakarengane.

Umuryango wa Afrika yunze Ubumwe biciye muri Perezida wa Komisiyo yawo, Moussa Faki Mahamat, uri muri ba nyamwinshi bamaganye kiriya gitero; uvuga ko ibyo Israel yakoze bigize icyaha cy’intambara.

Faki yanditse ku rubuga rwe rwa X ko “Nta magambo yasobanura uburyo ki twamagana kuba Israel yarashe ibisasu ku bitaro byo muri Gaza uyu munsi, ikica amagana y’abantu. Kwibasira ibitaro bifatwa nk’ahantu hatekanye n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi ni icyaha cy’intambara. Umuryango mpuzamahanga kuri ubu ugomba guhita ugira icyo ukora.”

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa na we ari mu bamaganye iki gitero, avuga ko “nta mpamvu n’imwe yatuma ibitaro biraswaho, nta mpamvu n’imwe yasobanura kurasa abasivile.”

Macron yunzemo ko “hagomba gutangwa umucyo ku byabaye.”

Israel ku ruhande rwayo ivuga ko ifite ibihamya birimo amajwi n’ibiganiro bishimangira ko kiriya gitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba w’aba-Jihadistes.

By Bruce Bahanda.

Tags: Afrika Yunze UbumweJoel BidenYamaganye igitero gikarishe cagabwe n'igisirikare ca Israel IDFYerekeje muri Israel

Related Posts

Canada n’u Burayi Mu Mushinga Mushya w’Imibanire, Trump Akangisha Ingamba Zikomeye ku Misoro
World News

Canada n’u Burayi Mu Mushinga Mushya w’Imibanire, Trump Akangisha Ingamba Zikomeye ku Misoro

September 17, 2026
Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?
World News

Perezida Theodore Roosevelt na Donald Trump: Abayobozi Babiri Bashatse Guhindura Amerika, Amateka Yabo Atandukaniye He?

September 16, 2026
Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Next Post

Ingabo za RDC n'igisirikare c'u Burundi, bakomeje kwegera Umupaka w'u Rwanda na RDC muri Kivu yamajy'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 durcit sa ligne de confrontation avec le pouvoir de Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?