Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 22, 2025
in Regional Politics
1
Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

You might also like

Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

Dr. Emmanuel Musinga wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, kuri ubu utuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yavuze ko akunda u Rwanda na perezida warwo, Paul Kagame.

Ibi yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na One Nation Radio, aho yabwiye iki gitangazamakuru ko azi u Rwanda kuva mu 1994, kugeza ubu ngo kuko arusura buri mwaka.

Yagize ati: “Nzi u Rwanda kurusha uko nzi RDC kuko imyaka nabaye mu Rwanda cyane iruta iyo nabaye muri Congo.”

Yakomeje avuga ko uru Rwanda rukwiye inyiturano ku bo rwagiriye neza.

Avuga ko u Rwanda rwabashyigikiye rukabarera, bityo ngo na bo bakwiye kurwitura iyo neza.

Ati: “Abanyamulenge bose bakwiye kwitabira ibikorwa by’u Rwanda kuko rwabafashije. N’ubu hari ibikorwa dukora Abanyarwanda bakabizamo.”

Yageze aho ahita abaza ati: ” Kuki twe tujya mu byabo?”

Yanaboneyeho gusobanurira ko hari Abanyamulenge benshi banyuze mu Rwanda mbere yuko bagera muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, avuga ko bahabaye bakahigira, maze avuga ko bakwiye kugaragaza ko barushyigikiye.

Yavuze kandi ko hari abamutuka ngo kuko akabya kuvugira u Rwanda, ariko ngo iyashaka kubasubiza akomeza kuruvuga neza ngo kuko afite ukuri.

Ubundi kandi yavuze ko serivisi z’u Rwanda ziri ku rwego rwo hejuru, ngo ni kimwe n’izo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Ati: “U Rwanda rugira serivisi nziza, ziri ku rwego rwa Amerika n’ibindi bihugu bikomeye byo mu Burayi. Ntirukiri ku rwego rwa Afrika.”

Yanavuze ko pasiporo y’u Rwanda iboneka bitarenze iminsi itatu, maze ashimangira ko serivisi nyinshi zarwo zitangirwa mu ikorana buhanga.

Ndetse yanageze naho asaba ibindi bihugu byo muri Afrika kujya kwiga uko u Rwanda rwakoze ngo ruzamure gutanga serivisi nziza.

Kubwe, ngwasanga Afrika ikoze nk’uko u Rwanda rutanga serivisi, uyu mugabane waba mwiza cyane mu buryo budasanzwe.

Mu byo yavuze akundira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko akunda abaturage be(Abanyarwanda), ngo kandi akunda n’igihugu cye u Rwanda.

Aha yasobanuye ko ruswa yayimazeho, kandi ashimangira ko yamazwe n’imiyoborere myiza y’iki gihugu, yashyizweho na perezida Paul Kagame.

Yavuze kandi ko Kagame ari umunyabwenge, ngo kuko akunda ikintu cyose kizana iterambere ku baturage b’igihugu cye no ku gihugu cye.

Mu kiganiro cye, Dr.Musinga, yasoje avuga ko Kagame ari umubyeyi w’abantu bose bafite imitekerereze myiza, ndetse ngo mu gihe waramuka umwigiyeho wunguka byinshi mu buzima bwawe.

Mbere y’uko Dr Musinga ajya kuba muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yabanjye gutura mu gihugu cya Kenya, nyuma yokuva mu Rwanda aho yageze mu mwaka wa 1994.

Muri Kenya yahigiye amashuri y’iyoboka Mana, azwi nka Theology.
Uyu mugabo w’Umunyamulenge , yavukiye mu gace ka Bibogobogo ko muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

I Rwanda aho yageze akiri muto, yahigiye amashuri y’isumbuye, ndetse aza no ku higira igice cya kaminuza ku ishuri rya UNILAK, aho yigaga iby’amategeko(Droit).

Kuri ubu ni Bishop, afite amatorero ashumbye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Kenya, Uganda n’ahandi.

Tags: Bishop MusingaInezaPaul KagameU Rwanda
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 22, 2025
0
Afrika y’epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC.

Afrika y'epfo, mu burakari bwinshi yatangaje ikigiye kongera kuyisubiza muri RDC. Igisirikare cya Afrika y'Epfo cyatangaje ko cyiteguye kongera gusubira muri Repubulika ya demokarasi ya Congo kurwanya umutwe...

Read moreDetails

Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
Perezida Trump yavuze impamvu akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel ashiramo n’ibihugu byo mu karere RDC iherereyemo .

Perezida Trump yavuze ko kubera RDC n'u Rwanda, akwiye guhabwa ishimwe rya Nobel. Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko byari bikwiye ko ahabwa...

Read moreDetails

U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
U Burundi n’u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo.

U Burundi n'u Rwanda byaganiriye ku mubano wabyo. Abayobozi bo mu nzego nkuru z'igihugu cy'u Burundi bagiriye uruzinduko rwakazi mu Rwanda bagirana ibiganiro n'abo muri iki gihugu. Ni...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yageze kwa Tshisekedi.

by Bruce Bahanda
June 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yageze kwa Tshisekedi.

Gen.Muhoozi yageze kwa Tshisekedi. Umugaba mukuru w'ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa perezida Museveni, General Kainarugaba Muhoozi, yagiriye uruzinduko rwa kazi i Kinshasa ku murwa mukuru wa Congo....

Read moreDetails

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

by Bruce Bahanda
June 20, 2025
0
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n'ingaruka zaterwa n'intambara ya Israel na Iran. Guverinoma y'u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka...

Read moreDetails
Next Post
Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

Ubutumwa bw'Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n'inshuti zaho, gusa bitandukanye n'ibyabereye i Misisi.

Comments 1

  1. Isaac says:
    40 seconds ago

    None se amagambo akomeye ni ayahe bwana munyanakuru ? Cg ni kinyarwanda cyakugoye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?