• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 22, 2025
in Regional Politics
1
Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

You might also like

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Dr. Emmanuel Musinga wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, kuri ubu utuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yavuze ko akunda u Rwanda na perezida warwo, Paul Kagame.

Ibi yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na One Nation Radio, aho yabwiye iki gitangazamakuru ko azi u Rwanda kuva mu 1994, kugeza ubu ngo kuko arusura buri mwaka.

Yagize ati: “Nzi u Rwanda kurusha uko nzi RDC kuko imyaka nabaye mu Rwanda cyane iruta iyo nabaye muri Congo.”

Yakomeje avuga ko uru Rwanda rukwiye inyiturano ku bo rwagiriye neza.

Avuga ko u Rwanda rwabashyigikiye rukabarera, bityo ngo na bo bakwiye kurwitura iyo neza.

Ati: “Abanyamulenge bose bakwiye kwitabira ibikorwa by’u Rwanda kuko rwabafashije. N’ubu hari ibikorwa dukora Abanyarwanda bakabizamo.”

Yageze aho ahita abaza ati: ” Kuki twe tujya mu byabo?”

Yanaboneyeho gusobanurira ko hari Abanyamulenge benshi banyuze mu Rwanda mbere yuko bagera muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, avuga ko bahabaye bakahigira, maze avuga ko bakwiye kugaragaza ko barushyigikiye.

Yavuze kandi ko hari abamutuka ngo kuko akabya kuvugira u Rwanda, ariko ngo iyashaka kubasubiza akomeza kuruvuga neza ngo kuko afite ukuri.

Ubundi kandi yavuze ko serivisi z’u Rwanda ziri ku rwego rwo hejuru, ngo ni kimwe n’izo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Ati: “U Rwanda rugira serivisi nziza, ziri ku rwego rwa Amerika n’ibindi bihugu bikomeye byo mu Burayi. Ntirukiri ku rwego rwa Afrika.”

Yanavuze ko pasiporo y’u Rwanda iboneka bitarenze iminsi itatu, maze ashimangira ko serivisi nyinshi zarwo zitangirwa mu ikorana buhanga.

Ndetse yanageze naho asaba ibindi bihugu byo muri Afrika kujya kwiga uko u Rwanda rwakoze ngo ruzamure gutanga serivisi nziza.

Kubwe, ngwasanga Afrika ikoze nk’uko u Rwanda rutanga serivisi, uyu mugabane waba mwiza cyane mu buryo budasanzwe.

Mu byo yavuze akundira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko akunda abaturage be(Abanyarwanda), ngo kandi akunda n’igihugu cye u Rwanda.

Aha yasobanuye ko ruswa yayimazeho, kandi ashimangira ko yamazwe n’imiyoborere myiza y’iki gihugu, yashyizweho na perezida Paul Kagame.

Yavuze kandi ko Kagame ari umunyabwenge, ngo kuko akunda ikintu cyose kizana iterambere ku baturage b’igihugu cye no ku gihugu cye.

Mu kiganiro cye, Dr.Musinga, yasoje avuga ko Kagame ari umubyeyi w’abantu bose bafite imitekerereze myiza, ndetse ngo mu gihe waramuka umwigiyeho wunguka byinshi mu buzima bwawe.

Mbere y’uko Dr Musinga ajya kuba muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yabanjye gutura mu gihugu cya Kenya, nyuma yokuva mu Rwanda aho yageze mu mwaka wa 1994.

Muri Kenya yahigiye amashuri y’iyoboka Mana, azwi nka Theology.
Uyu mugabo w’Umunyamulenge , yavukiye mu gace ka Bibogobogo ko muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

I Rwanda aho yageze akiri muto, yahigiye amashuri y’isumbuye, ndetse aza no ku higira igice cya kaminuza ku ishuri rya UNILAK, aho yigaga iby’amategeko(Droit).

Kuri ubu ni Bishop, afite amatorero ashumbye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Kenya, Uganda n’ahandi.

Tags: Bishop MusingaInezaPaul KagameU Rwanda
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w'amasezerano y'amahoro y'i Doha. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w'intebe w'u Bubiligi, Maxime Prevot,...

Read moreDetails

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails
Next Post
Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

Ubutumwa bw'Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n'inshuti zaho, gusa bitandukanye n'ibyabereye i Misisi.

Comments 1

  1. Isaac says:
    2 months ago

    None se amagambo akomeye ni ayahe bwana munyanakuru ? Cg ni kinyarwanda cyakugoye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?