• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, March 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

minebwenews by minebwenews
June 22, 2025
in Regional Politics
1
Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunyamulenge, Bishop Musinga yavuze amagambo akomeye ku Rwanda, ndetse kandi avuga no kuri perezida Kagame.

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Dr. Emmanuel Musinga wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, kuri ubu utuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yavuze ko akunda u Rwanda na perezida warwo, Paul Kagame.

Ibi yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na One Nation Radio, aho yabwiye iki gitangazamakuru ko azi u Rwanda kuva mu 1994, kugeza ubu ngo kuko arusura buri mwaka.

Yagize ati: “Nzi u Rwanda kurusha uko nzi RDC kuko imyaka nabaye mu Rwanda cyane iruta iyo nabaye muri Congo.”

Yakomeje avuga ko uru Rwanda rukwiye inyiturano ku bo rwagiriye neza.

Avuga ko u Rwanda rwabashyigikiye rukabarera, bityo ngo na bo bakwiye kurwitura iyo neza.

Ati: “Abanyamulenge bose bakwiye kwitabira ibikorwa by’u Rwanda kuko rwabafashije. N’ubu hari ibikorwa dukora Abanyarwanda bakabizamo.”

Yageze aho ahita abaza ati: ” Kuki twe tujya mu byabo?”

Yanaboneyeho gusobanurira ko hari Abanyamulenge benshi banyuze mu Rwanda mbere yuko bagera muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, avuga ko bahabaye bakahigira, maze avuga ko bakwiye kugaragaza ko barushyigikiye.

Yavuze kandi ko hari abamutuka ngo kuko akabya kuvugira u Rwanda, ariko ngo iyashaka kubasubiza akomeza kuruvuga neza ngo kuko afite ukuri.

Ubundi kandi yavuze ko serivisi z’u Rwanda ziri ku rwego rwo hejuru, ngo ni kimwe n’izo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Ati: “U Rwanda rugira serivisi nziza, ziri ku rwego rwa Amerika n’ibindi bihugu bikomeye byo mu Burayi. Ntirukiri ku rwego rwa Afrika.”

Yanavuze ko pasiporo y’u Rwanda iboneka bitarenze iminsi itatu, maze ashimangira ko serivisi nyinshi zarwo zitangirwa mu ikorana buhanga.

Ndetse yanageze naho asaba ibindi bihugu byo muri Afrika kujya kwiga uko u Rwanda rwakoze ngo ruzamure gutanga serivisi nziza.

Kubwe, ngwasanga Afrika ikoze nk’uko u Rwanda rutanga serivisi, uyu mugabane waba mwiza cyane mu buryo budasanzwe.

Mu byo yavuze akundira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko akunda abaturage be(Abanyarwanda), ngo kandi akunda n’igihugu cye u Rwanda.

Aha yasobanuye ko ruswa yayimazeho, kandi ashimangira ko yamazwe n’imiyoborere myiza y’iki gihugu, yashyizweho na perezida Paul Kagame.

Yavuze kandi ko Kagame ari umunyabwenge, ngo kuko akunda ikintu cyose kizana iterambere ku baturage b’igihugu cye no ku gihugu cye.

Mu kiganiro cye, Dr.Musinga, yasoje avuga ko Kagame ari umubyeyi w’abantu bose bafite imitekerereze myiza, ndetse ngo mu gihe waramuka umwigiyeho wunguka byinshi mu buzima bwawe.

Mbere y’uko Dr Musinga ajya kuba muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yabanjye gutura mu gihugu cya Kenya, nyuma yokuva mu Rwanda aho yageze mu mwaka wa 1994.

Muri Kenya yahigiye amashuri y’iyoboka Mana, azwi nka Theology.
Uyu mugabo w’Umunyamulenge , yavukiye mu gace ka Bibogobogo ko muri Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

I Rwanda aho yageze akiri muto, yahigiye amashuri y’isumbuye, ndetse aza no ku higira igice cya kaminuza ku ishuri rya UNILAK, aho yigaga iby’amategeko(Droit).

Kuri ubu ni Bishop, afite amatorero ashumbye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Kenya, Uganda n’ahandi.

Tags: Bishop MusingaInezaPaul KagameU Rwanda
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Ubutumwa bw’Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n’inshuti zaho, gusa bitandukanye n’ibyabereye i Misisi.

Ubutumwa bw'Abanya-Minembwe buryoheye amatwi ku bahavuka n'inshuti zaho, gusa bitandukanye n'ibyabereye i Misisi.

Comments 1

  1. Isaac says:
    9 months ago

    None se amagambo akomeye ni ayahe bwana munyanakuru ? Cg ni kinyarwanda cyakugoye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?