• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 12, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Umutekano ku Ndondo Wongeye Kuzamba Nyuma y’uko hisutse Wazalendo Benshi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 22, 2025
in Conflict & Security
0
Umutekano ku Ndondo Wongeye Kuzamba Nyuma y’uko hisutse Wazalendo Benshi
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutekano ku Ndondo Wongeye Kuzamba Nyuma y’uko hisutse Wazalendo Benshi

Umutekano wo mu gace k’i Ndondo, gaherereye muri grupema ya Bijombo muri teritwari ya Uvira, wongeye kuba muke nyuma y’uko imitwe ya Wazalendo ihagejejwe ku bwinshi mu bikorwa bivugwa ko byakozwe ku mabwiriza y’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).

READ ALSO

C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga

MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara

Amakuru aturuka mu baturage bo mu gace ka Gahuna yemeza ko hari ibikorwa byo guhuza ingabo za FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo, bamwe muri bo bakavangwa n’abasirikare basanzwe bayobowe na Col. Macyunda bajanwa ahitwa Kuwisingizwa. Uyu musirikare Col.Macyunda avugwaho kugira ibirindiro bikomeye “kwa Gasumari,” ahasanzwe havugwa ingabo za FARDC n’abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR. Aka gace kandi kari hafi yo ku w’u Mugeti, aho andi makuru avuga ko hari ibirindiro by’ingabo za FARDC n’iz’u Burundi.

Abaturage bo mu Bijombo, ahanini ba b’Abanyamulenge, bavuga ko umutima utari hamwe kubera uko ibintu bikomeje guhinduka, cyane cyane nyuma y’isukwa ry’imitwe ya Wazalendo. Hari ubwoba ko ibi bishobora kongera umwuka w’urugomo n’ubwicanyi bumaze igihe buvugwa muri kariya gace, aho Abanyamulenge bakomeje gutungwa agatoki nk’aba mbere bibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Bamwe mu baturage bemeza ko mu minsi ishize hari Abanyamulenge biciwe muri ibyo bice, mu bikorwa bashinja ingabo za FARDC zifatanyije n’umutwe wa FDLR. Byongeye kandi, abaturage bashinja ingabo z’u Burundi kuba ziherutse kunyaga abacuruzi b’Abanyamulenge baturutse mu isoko rya Kazirimwe mu Mitamba, bakabatwara amatelefoni, amafaranga n’ibindi bikoresho by’agaciro.

Aba baturage berekezaga mu bice bya Mugeti, Murambya, Gahuna no kw’Irango, aho bamwe muri bo bavuga ko bahuye n’ihohoterwa rikabije.

Abasesenguzi b’umutekano basanga ibi bikorwa byo kwibasira abaturage ba Bijombo bikomeje gutiza umurindi umutekano muke mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho imitwe yitwaje intwaro, ingabo za leta ndetse n’ingabo z’amahanga bakorera mu duce tunyuranye mu buryo budakurikiza imiyoborere isanzwe.

Kugeza ubu, nta rwego rwa leta ruremeza cyangwa ngo ruvuguruze ibi birego bivugwa n’abaturage. Gusa abatuye muri ako gace basaba ko imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bw’abaturage yihutira gukurikirana ibiri kubera ku Ndondo no mu bice biyikikije, kugira ngo hashakwe inzira yo guhangana n’ubwicanyi bukomeje kwibasira abasivili.

Tags: AbanyamulengeBijomboFardcFDLRWazalendo

Related Posts

C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
Conflict & Security

C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga

September 11, 2026
MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara
Conflict & Security

MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara

September 11, 2026
Kasheke: Inkongi y’Umuriro Ihinduye Umunsi w’Amashuri Umunsi w’Amarira
Conflict & Security

Abantu 26 Bahitanywe n’Inkongi i Bukavu: AFC/M23 Itangaje Iminsi 3 y’Icyunamo

September 11, 2026
Ibyo wamenya kuri P5 yongeye kuvugwa mu misozi y’i Mulenge, nyuma yo kuzamuka imisozi ibiri hamwe na FARDC nyinshi, FDLR n’ingabo z’u Burundi
Conflict & Security

FARDC, Ingabo z’u Burundi n’Imitwe Yitwaje Intwaro Bageze mu Bice bya Rurambo na Ndondo: Amakuru Mashya ku Miterere y’Ingabo Ziri Kuzamuka Ziva i Uvira

September 11, 2026
Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa
Conflict & Security

Shaka Nyamusaraba Ari He? Amakuru Mashya Atandukanye Yagaragaje Ibyihishe ku Rugendo Rwe i Kinshasa

September 10, 2026
AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse
Conflict & Security

AFC/M23 Yatangaje Umubare w’Abahitanywe n’Inkongi y’Umuriro i Bukavu n’Abakomeretse

September 10, 2026
Next Post
Abarundi bo mu Kibaya cya Ruzizi Baratabaza AFC/M23, Basaba Umutekano n’Amahoro

AFC/M23 Yavuze Icyo Igiye Gukora Ku Ngabo z'u Burundi Ziri muri Kivu y'Epfo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
  • Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?