Umwe mu bategetsi ba Amerika yanenze bikomeye FARDC na perezida Tshisekedi
Umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika wungirije , Tibor Nagy, ushinzwe umugabane wa Afrika, yanenze igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC na perezida w’icyo gihugu, Felix Tshisekedi, ku ngendo nyinshi akora mu mahanga mu gihe abaturage bo mu gihugu cye bicwa umunsi ku wundi.
Hari mu gihe perezida Felix Tshisekedi yari asoje urugendo yari yagiriye i Astana muri Kazakhstan.
Uyu mutegetetsi wo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe umugabane wa Afrika, abinyujije ku rukuta rwe rwa x, yagize ati: “Ni igisebo gikomeye uko ingabo za Congo zandagajwe na M23, none izo ngabo kandi ntishoboye kurinda abaturage b’inzirakarengane bo mu duce dutuwe tubarizwamo inyeshyamba za ADF zikorana byahafi na ISIS.”
Yakomeje avuga ko na perezida Felix Tshisekedi aho gusura abaturage bo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cye bicwa umunsi ku wundi, ahubwo yihitiramo kugirira ingendo mu bihugu byakure.
Ati: “Tshisekedi ari kuzunguruka mu isi akubita iyo za Kazakhstan n’ahandi, mu gihe yagasuye abo mu Burasirazuba bwa RDC bari mu bibazo byo kwicwa.”
Tiboy Nagy atangaje ibi mu gihe umutwe wa ADF uheruka kugaba igitero muri teritware ya Lubero, wica abantu barenga 100, abandi babarirwa 144 baburirwa irengero.






