Uvira: Umugabo w’Umunyamulenge Yapfuye Nyuma yo Gukubitwa Bikomeye; Umuryango We Uvuga ko Yazize Ubwoko Bwe
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Amakuru yizewe Minembwe Capital News yakiriye aturuka ku muryango wa nyakwigendera no ku bantu ba hafi ye avuga ko umugabo w’Umunyamulenge witwa Cyubahiro, wari uzwi cyane ku izina rya “Chui”, yitabye Imana nyuma y’igihe arwariye ibikomere yatewe no gukubitwa n’abarwanyi ba Wazalendo mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Nyakwigendera yari azwi n’abaturage benshi nk’umuntu wiyeguriye ibikorwa by’iyobokamana, aho yasengeraga abarwayi, ndetse bamwe bakavuga ko yanahanuraga. Abamuzi bavuga ko yari umuntu utaragiraga uruhare muri politiki cyangwa mu bikorwa by’intambara.
Nk’uko amakuru Minembwe Capital News yahawe abivuga, nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 rivuye mu mujyi wa Uvira tariki ya 17/01/2026, abaturage benshi b’Abanyamulenge bahise bahunga berekeza i Kamanyola, muri teritwari ya Walungu, kubera impungenge z’umutekano. Icyakora, Chui we yahisemo kuguma iwe, avuga ko adashobora gusiga inzu n’umutungo we.
Amakuru atangwa n’umuryango we avuga ko, nyuma yo kongera kwinjira kwa FARDC n’imitwe iyishyigikiye mu mujyi wa Uvira, Chui yasanzwe iwe, arakubitwa bikomeye, ndetse ngo banasahura ibintu byari mu nzu ye. Nyuma y’icyo gikorwa, ngo yasanzwe aho yari yatawe ari intere, maze umuryango we umujyana i Bujumbura mu Burundi kugira ngo avurwe.
Nyuma yo kuvurwa no koroherwa n’uburwayi, Chui yafashe icyemezo cyo gusubira i Uvira, nubwo umugore we n’abana bahisemo kuguma i Bujumbura kubera impungenge z’umutekano.
Ayo makuru akomeza avuga ko amaze kugera i Uvira ku Cyumweru gishize, yongeye gufatwa n’abarwanyi ba Wazalendo, bongera kumukubita bikomeye, ndetse banamwambura ibintu yari avanye i Bujumbura. Nyuma y’ubwo bugizi bwa nabi, abaturage b’Abanyamulenge bamugejeje mu Bitaro bya Uvira, aho yakomeje kwitabwaho n’abaganga.
Kuri uyu wa Gatandatu, umuryango wa nyakwigendera watangaje ko Chui yitabye Imana azize ibikomere yari yaratewe n’ubwo bugizi bwa nabi.
Abagize umuryango we bavuga ko nta kindi baziko cyatumye yibasirwa uretse kuba yari Umunyamulenge. Bemeza ko yakomeje kwibasirwa azira inkomoko ye n’ubwoko bwe, bakavuga ko ibi biri mu bikorwa bavuga ko byibasira Abanyamulenge mu bice bitandukanye byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Hari imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu n’abasesenguzi bakomeje kugaragaza impungenge ku bikorwa by’urugomo n’imvugo z’urwango zishingiye ku moko. Basaba ko hakorwa iperereza ryigenga ku byaha byibasira abasivili, kandi ko ababigizemo uruhare bagezwa imbere y’ubutabera.
Aya makuru ashingiye ku buhamya bw’umuryango wa nyakwigendera n’amasoko yegereye iki kibazo.







