Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amakuru ataravuzwe y’abaturage bahungutse basubira mu Cyohagati.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 27, 2024
in World News
0
Amakuru ataravuzwe y’abaturage bahungutse basubira mu Cyohagati.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amakuru ataravuzwe y’abaturage bahungutse basubira mu Cyohagati.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ingo z’Abanyamulenge 5 n’izo zahungutse zisubira mu karere ko mu Cyohagati ya za Rwerera, zivuye mu Minembwe aho zari zimaze igihe zarahungiye nyuma y’intambara yayogoje aka karere, nk’uko iy’inkuru tuyikesha abaturiye ibyo bice.

Uku guhunguka ni ubugira gatatu kuko incuro ya mbere, byabaye ahagana mu mwaka w’ 2022, ariko baza kongera guhunga ubwo Twirwaneho yari mu bice byo kuri Nyamara, Kamombo na Mikarati, yagabwagaho ibitero bikaze n’ingabo za RDC zo mu itsinda rya Special Force ku bufatanye n’abarwanyi ba Maï Maï n’Interahamwe(FDLR).

Muri icyo gihe, ingo z’Abanyamulenge zari zarahungutse zabarigwaga mu mirongo, aho zaje kongera guhunga, zimwe zerekeza iya Minembwe, i Ndondo ya Bijombo, ndetse izindi za mbuka imipaka zigana i Rwanda, Burundi, Uganda na Kenya.

Ku ncuro ya Kabiri nanone, hahungutse Ingo zike zibarirwa mu icumi, ubwo hari muri uyu mwaka ushize, ariko baza kongera guhunga ku bwa Col Rugabisha wavuggaga rikijana muri brigade ya 12 yarebaga igice kinini cya karere k’i Mulenge.

Kuri iy’incuro rero, amakuru dufite n’uko muri iki Cyumweru dusoje, mu Kamombo hatashye ingo z’Abanyamulenge zitanu kandi zikaba zarahungutse ziva mu Minembwe.

Ndetse igitangaje ku Cyumweru tariki 25/08/2024, aha muri aka gace ka Kamombo abatashye bahakoreye n’igiterane cyo gushima Imana ko yongeye ku bacura mu karere k’i wabo, maze ngo haba umunezero udasanzwe.

Ni igiterane cyayobowe na Reverend Mupenda wo mu itorero rya 8ème Cepac, nawe uri mu bahungutse, nk’uko aya makuru abivuga.

Aya makuru kandi avuga ko atari Abanyamulenge bonyine bahungutse ngo kuko n’Abapfurelo nabo nuko, bo bari mu guhunguka berekera ahitwa mu Mizinga hatari kure ya Kamombo, ndetse usibye Mizinga hari utundi duce two mu Cyohagati Abapfulero barimo kubakamo amazu harimo kandi ko na Mikenke hafatwa nk’umuhana munini wo mu Cyohagati Ababembe n’Abapfurelo bari kuhubaka amazu cyane, nyuma y’uko himuriwe icyicaro gikuru cya Secteur ya Itombwe.

        MCN.
Tags: AbanyamulengeAbaturageguhungukaKamomboMu Cyohagati ya za Rwerera
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Ibura ry’amazi i Bujumbura riravuza ubuhuha, ndetse havuzwe ibyo abaturage bari gukoresha byo kwangiriza ubuzima bwabo.

Ibura ry'amazi i Bujumbura riravuza ubuhuha, ndetse havuzwe ibyo abaturage bari gukoresha byo kwangiriza ubuzima bwabo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?