Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Hatahuritse impamvu uruhande rumwe rw’abasore bo mu Bibogobogo bita ababo abarwanyi ba Gumino.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 1, 2024
in World News
1
Hatahuritse impamvu uruhande rumwe rw’abasore bo mu Bibogobogo bita ababo abarwanyi ba Gumino.
62
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Hatahuritse impamvu uruhande rumwe rw’abasore bo mu Bibogobogo bita ababo abarwanyi ba Gumino.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru turimo, nibwo umusore wo mu Bibogobogo usanzwe wiyita Nyayoboka yatanze ubutumwa avuga ko iwabo havutse Gumino ariko ibi ntibyari ukuri, kuko yashakaga kwangiriza amazina ya bayobozi basanzwe bayoboye Twirwaneho muri iki gice cyo mu Bibogobogo.

Bibogobogo, ni agace gaherereye mu misozi ya Moyen Plateau, ho muri teritware ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajy’epfo. Aha muri aka gace hatuye ubwoko bw’Abanyamulenge, Abapfulero, Abanyindu n’Ababembe bake.

Kuva intambara yo mu 2017 yaduka, aho imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï n’indi iyishamikiyeho yatangizaga ibitero byari bigamije kurimbura abaturage ba Banyamulenge bo mu Bibogobogo no mu bindi bice by’i Mulenge bigasiga Abanyamulenge benshi bahasize ubuzima n’imihana myinshi yabo igasenyuka ndetse iyi ntambara yanasize Inka zaba Banyamulenge zinyazwe, nta murwanyi wo muri Gumino urigera ahabwa icicaro mu Bibogobogo, nk’uko iy’inkuru tuyikesha abaturiye ibyo bice.

Kimweho mu ntangiriro z’uyu mwaka, Gumino ikoresheje Fureko yashatse gushinga ibirindiro byayo muri ibi bice, ariko abaturage baho n’Abachefs barabyanga. Fureko tuvuze, avuka mu Bibogobogo akaba ari umwe mu bayobozi bakuru bo muri Gumino.

Ubwo rero, habaye muri iyi minsi mike ishize bamwe mu basore bari barahunze ziriya ntambara mu guhunguka kwabo basanga ubuyobozi bwa Twirwaneho bwarashinzwe, ariko bo kuko bwashinzwe barataye igihugu ntibabishima. Niko gukenera ngo abahagaze ku mukingi wo kubaka akarere kabo ntigasenywe n’ibitero bya Maï Maï, babaharabike niko kubita Gumino, ni mu gihe iri zina rya Gumino mu Banyamulenge ryahindutse igitutsi ku mpamvu z’uko abayigize bagiye bagaragaza inenge zo kurwanya ubwoko bwabo n’imigambi myiza ishigikira kubaka i wabo. Mu kuri bita hari mu rwego rwo kubasebya.

Abayobozi bayoboyeTwirwaneho muri Bibogobogo, barimo Semasoso na Nkinzingabo. Muri iyo nkuru yari yatanzwe ku wa Gatatu, ni abo bari biswe Gumino ariko sibo.

Nanone kandi abari biswe Twirwaneho barimo Juvenare na Mutebutsi. Mu makuru y’ukuri tumaze kwakira kuri Minembwe Capital News, n’uko muri aba basore bose nta Gumino ubarimo hubwo habaye ukutumvikanaho gato, hagati muri bo.

Hagati aho, ubu birimo gutunganywa kugira ngo habe ituze muri aba basore ba Twirwaneho bo mu Bibogobogo.

Izina Twirwaneho rifite akamaro kanini kadusubirwaho mu bwoko bw’Abanyamulenge, haba ku batuye muri Repubulika ya demokarasi ya Congo no hanze yayo, ni mu gihe abayigize bafashe iya mbere kurwanirira ubwoko bwabo. Ubundi kandi iri zina ahanini ryabayeho hagati mu mwaka w’ 2008 nubwo kwirwanaho mu Banyamulenge byatangiye kuva kera.

Ubwo iri zina rya Twirwaneho ryavukaga mu 2008, Maï Maï Bishambuke yari yatangije ibitero yarimo yita ko ari ibyo gusubiza Abanyamulenge iyo baje bava; aba ba Maï Maï bavugaga ko Abanyamulenge bavuye muri Ethiopia. Gusa ibi bitero byamaze igihe gito kuko Twirwaneho yahise ibirwanya birashyira. Kugeza ubu Abanyamulenge baracyari mu ntambara yo kwirwanaho.

             MCN.
Tags: GuminoHatahuritseImpamvuTwirwaneho
Share25Tweet16Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Uwahoze ari intasi ya FDLR yatanze inama kuri M23.

Uwahoze ari intasi ya FDLR yatanze inama kuri M23.

Comments 1

  1. David says:
    9 months ago

    Mwebge NTA bwenge mukoresha politique yo ntayo.ibaranga muri ibirgwari.kbs
    Iyo mubesha muba mushaka oki Koko ?
    Imana ibabarire kandi tubasezeranije Yuko muzatsindwa imigambi yoguseya yanyu nimito peeee

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?