• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika yafatiye ibihano bikakaye urukiko rwa ICC.

minebwenews by minebwenews
February 7, 2025
in World News
0
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yafatiye ibihano bikakaye urukiko rwa ICC.

You might also like

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yafatiye ibihano urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, agaragaza ko rutemewe n’amategeko.

No kuri manda ye ya mbere, Donald yari yafatiye ibihano uru rukiko. Uyu mukuru w’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ashinja uru rukiko kuba rutujuje amategeko, kandi ko n’ibikorwa byarwo byibasira Amerika n’inshuti yayo yakataraboneka Israel.

Iryo tegeko ririmo ibihano by’ubukungu no kwima visa bamwe mu bakozi ba ICC n’imiryango yabo bafasha ICC mu maperereza ku banyamerika cyangwa inshuti zabo.

Trump yasinye iryo tegeko mu gihe minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu ari mu ruzinduko i Washington.

Mu kwezi kwa Cumi n’umwe ku mwaka w’ 2024, ICC, yasohoye inyandiko zo guta muri yombi Netanyahu akekwaho ibyaha by’intambara muri Gaza, ibyo Israel ihakana. ICC yanasohoye inyandiko nk’izo ku mukuru wa Hamas.

ICC ni urukiko Mpuzamahanga rukorera i La Haye rufite ububasha bwo gukurikirana jenoside, ibyaha byibasira inyokomuntu, n’ibyaba by’intambara.

Ibihumbi 125 byasinye amasezerano ashyiraho urukiko, u Rwanda ntabwo rubirimo, kandi mu 2016 perezida Petero Nkurunziza yavanye u Burundi mu bihugu byemera uru rukiko buba igihugu cya mbere kivanye ku masezerano ya Roma yo mu 1998 arushyiraho.

Abategetsi bamwe ba Afrika banenga uru rukiko ko rusa n’urwashyiriweho ibihugu bya Afrika gusa kuko amaperereza yarwo n’imanza nyinshi zarwo kugeza ubu byibanze ku Banyafrika.

Mu myaka ya vuba, ICC yatanze inyandiko zo guta muri yombi perezida Vladimir Putin ku byaha akekwaho by’intambara muri Ukraine.

U Buholandi, igihugu uru rukiko rukoreramo bwatangaje ko bubabajwe n’icyemezo cya Trump.

Itegeko rya Trump rivuga ko ibikorwa biheruka bya ICC bishyira mu kaga Abanyamerika ribateza kwibasirwa, kugirirwa nabi no gushobora gufungwa.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ntabwo ari umunyamuryango wa ICC kandi kenshi zagiye zanga imyanzuro y’uru rukiko ku bategetsi cyangwa abaturage ba Amerika.

Tags: AmerikaICCTrump
Share37Tweet23Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se General Kainarugaba Muhoozi, umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba kandi n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, yaburiye abakwiza ibihuha...

Read moreDetails

Madagascar iraramutswa perezida mushya

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Madagascar iraramutswa perezida mushya

Madagascar iraramutswa perezida mushya Colonel Michael Randrianinina ni we wagizwe umukuru w'igihugu cya Madagascar, nyuma y'aho habaye imyigaragambyo igasiga perezida w'iki gihugu Andry Rajoelina agihunze. Ku munsi w'ejo...

Read moreDetails
Next Post
FARDC yongeye kubabaza Abanyamulenge mu Minembwe nyuma y’uko ibiciye undi muntu.

Kubera inkoni z'abungeri, FARDC yarashe imbunda z'imisaada.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?