Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 16, 2025
in World News
0
U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.
93
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bubiligi nka nyiribayazana w’ibibazo u Rwanda rwanyuzemo, ni mu magambo akomye yavuzwe na Perezida Kagame.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yihangirije Leta y’u Bubiligi muri iyi minsi ikomeje gutera igihugu cye ibibazo, ayibwira ko Abanyarwanda badashaka na rimwe kuba Ababiligi.

Hari mu kiganiro uyu mukuru w’igihugu yagiranye n’abaturage muri Bk Arena uyu munsi ku cyumweru tariki ya 16/03/2025.

Paul Kagame yatangaje ko amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yagizwemo uruhare n’amahanga, kandi ko n’ubu akomeje kuzonga iki gihugu, ndetse ko u Rwanda ibyago rwagize ari uko rwakolonijwe n’u Bubiligi, ngo kuko rwagize uruhare mukurema ibice mu Banyarwanda.

Yagize ati: “U Bubiligi bwishe u Rwanda mu mateka arenze imyaka 30, rukajya rutugarukaho abasigaye rukabica, twarabihanangirije kuva kera, ariko turaza kubihanagiriza.”

Muri iki kiganiro yihanangirije u Bubiligi bwafashe umukingi wo wo gushishikariza amahanga guhana u Rwanda, rushingiye ku ntambara ikomeje guhanganisha ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa m23.

Yavuze ko u Rwanda ruza guhangana n’u Bubiligi bukareka kubwiruka inyuma no kurukoronga, ko aho bigeze u Bubiligi bugomba gutanga amahoro.

Ati: “Iyi myaka yose turi muri uru rugamba rwo kubaka igihugu, turashaka kuba Abanyarwanda, ntabwo dushaka kuba Ababiligi.”

Avuga ko Abanyarwanda bagomba kuba bo ubwabo, badakwiye gushaka kuba nk’abakolonije u Rwanda, ahubwo bakwiye kubiyuhagira.

Yagize ati: “Muribuka abacu twatakaje, ababigizemo uruhare batari Abanyarwanda, kandi bagize uruhare runini ndetse ruruta urw’Abanyarwanda ni bo abo ngabo n’uyu munsi bakidukurikirana, bakatubuza amahwemo, ndetse banakuziza ko uva ha handi, udapfuye ntukire. Ibyo bakabikuziza kuko wavuye muri wa mwanya bagushyizemo wo kudapfa ntukire, ibyo ukagomba kubyishyura ndetse bagashaka kukwereka ko bagomba kugusubiza aho ngaho.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko Ababiligi bagize igihe batesha umutwe u Rwanda, rukabiyama ariko bakavunira ibiti mu matwi.

Kagame ati: “Abanyarwanda ko mwemera Imana, Imana koko yashinze u Rwanda aba bantu?

Mu mwaka wa 2023, nibwo hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi hatangiye kuvuka impaka, nyuma y’aho u Bubiligi bwanze ambasaderi wagenwe n’u Rwanda kuruhagararira i Brussel, bwana Vincent Karega.

Nyuma kandi, ubwo m23 yafataga i Bukavu, nyuma yo gufata i Goma, u Bubiligi bwafashe iya mbere mu gushishikariza ibihugu byo mu Burayi gufatira u Rwanda ibihano.

Ibi byatumye u Rwanda mu kwezi kwa kabiri rusohora itangazo rivuga ko ruhagaritse ubufatanye mu iterambere rwagiranaga n’u Bubiligi, rusobanura ko bwahisemo kubogamira kuri Leta y’i Kinshasa.

Tags: ImpakaU BubiligiU Rwanda
Share37Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Inama y’ibihugu bihuriye muri G7, yafatiwemo imyanzuro ikakaye kuri m23.

Inama y'ibihugu bihuriye muri G7, yafatiwemo imyanzuro ikakaye kuri m23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?