• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ibivugwa ku ngabo zikomeje kwisuka mu Bibogobogo.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
Ibivugwa ku ngabo zikomeje kwisuka mu Bibogobogo.
120
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa ku ngabo zikomeje kwisuka mu Bibogobogo.

You might also like

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, hasobunurwa n’impamvu yabyo

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo(Fardc), mu gice zigenzura cya Kivu y’Amajyepfo, bukomeje kohereza abasirikare benshi mu Bibogobogo, nyuma y’aho m23 igereye mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge.

Kuva mu mpera za kiriya cyumweru gishize ni bwo abasirikare benshi ba FARDC batangiye koherezwa mu Bibogobogo, aho kuri ubu amakuru agera kuri Minembwe Capital News avuga ko bamaze kuhashyinga amakambi menshi kandi ko yashyizwe ku misozi itandukanye yo muri iki gice cya Bibogobogo giherereye mu birometero bibarirwa muri 70 uvuye mu Minembwe centre.

Ni mu gihe aha mu Bibogobogo hari hasanzwe abasirikare batarenze 50, nyuma yuko Ingabo z’u Burundi nazo zari zarahoherejwe zisubijwe i Baraka, umujyi uri mu ntera ngufi uvuye aha mu Bibogobogo.

Nk’uko aya makuru akomeza abivuga aba basirikare ba Leta y’i Kinshasa boherejwe muri iki gice cya Bibogobogo mu gihe mu ntangiriro za kiriya cyumweru gishize mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge hageze abarwanyi benshi bo mu mutwe wa m23, bakaba barazanye n’umugaba mukuru w’ingabo za Twirwaneho, Brigadier General Charles Sematama uzwi cyane nk’Intare-Batinya, nyuma y’aho avuye muruzinduko i Bukavu aho yari yaragiye kwivuza nk’uko yakomeje abivuga.

Leta kohereza aba basirikare benshi aha mu Bibogobogo bikavugwa ko biri mu rwego rwo kugira ngo barinde umujyi wa Baraka udafatwa n’aba barwanyi bo muri Twirwaneho na m23. Usibye ko hari n’andi amakuru avuga ko biri mu nzira zo kugaba igitero kuri abo barwayi bageze mu Minembwe.

Abasirikare babarirwa mu magana ni bo bamaze koherezwa mu Bibogobogo, aho banashyinze amakambi mu duce dutandukanye hari nk’iyashyinzwe mu irango rya Ugeafi irebwa na Colonel Karateka, irango rya Gipimo hafi n’umuhana wa Magaja, nanone kandi indi kambi yashyizwe mu Bivumu, Rurimba, Kavumu n’indi iri muri Bibogobogo centre, ari nayo yari hasanzwe irebwa na Colonel Ntagawa Rubaba.

Hagataho, agace ka Bibogobogo kavugwamo aya makuru yavuzwe haruguru, bizwi ko gatuwe cyane cyane n’abo mu bwoko bw’Abanyamulenge, kakaba gaherereye muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Tags: BibogobogoFardc
Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo Uwiyita General Hamuri Yakutumba akaba anakuriye Wazalendo muri Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, yavuze ko muri iki gice batagishakamo Brigadier...

Read moreDetails

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n’iby’imbunda nini, hasobunurwa n’impamvu yabyo

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Mu majwi i Uvira humvikanye ibiturika birimo n'iby'imbunda nini, hasobunurwa n'impamvu yabyo Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatandatu tariki ya 06/09/2025, i Uvira mu mujyi...

Read moreDetails

Haravugwa amakuru ababaje y’igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n’ibyo Leta iri kuhohereza

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Haravugwa amakuru ababaje y'igikorwa kibi Wazalendo bakoze mu ijoro i Uvira, ndetse n'ibyo Leta iri kuhohereza I Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, amakuru aturuka yo mabi ni uko Wazalendo...

Read moreDetails

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
Uvira byakomeje kudogera abatari bake bakomerekejwe abandi bafunzwe

I Uvira umutekano wakomeje kurushaho kuzamba, muri iri joro ho byafashe indi ntera Amakuru aturuka i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo, aravuga ko muri iri joro ryo ku wa...

Read moreDetails

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

by Bahanda Bruce
September 5, 2025
0
I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z’u Burundi ziri guteza akajagari

I Mulenge hiriwe ituze, gusa ku Ndondo niho Ingabo z'u Burundi ziri guteza akajagari I Mulenge muri Kivu y'Amajyepfo biravugwa ko hiriwe ituze, usibye ko ku Ndondo ya...

Read moreDetails
Next Post
Ibirimo kuvugwa nyuma y’aho visi perezida wa Sudan y’Epfo atawe muri yombi.

Sudan y'Epfo yavuze aho visi perezida afungiwe n'icyo imuziza, ndetse na Uganda igira icyo ivuga kubyo ishinjwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?