• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 19, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abanyamulenge benshi barimo na Apostle Paul Gitwaza, batewe n’agahinda ku rupfu rwa Dr Justin Nsenga waguye muri Amerika.

minebwenews by minebwenews
July 3, 2024
in Uncategorized
1
Abanyamulenge benshi barimo na Apostle Paul Gitwaza, batewe n’agahinda ku rupfu rwa Dr Justin Nsenga waguye muri Amerika.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge benshi barimo na Apostle Paul Gitwaza, batewe n’agahinda ku rupfu rwa Dr Justin Nsenga waguye muri Amerika.

Ni bikubiye mu butumwa, aba Banyamulenge bakomeje kunyuza ku mbuga nkoranyambanga, zitandukanye, aho bagaragaje ko batewe n’agahinda ku mwe uvuka muri ubu bwoko, waguye mu mpanuka y’imodokari hirya y’ejo, muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

READ ALSO

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

Ubu butumwa bugaragaza agahinda Abanyamulenge bafite ku muvandimwe wabo waguye muri Amerika, bwatangiye kunyuzwa ku mbuga nkoranyambanga zitandukanye ku wa kabiri tariki ya 02/07/2024.

Mu gihe Dr Apostle Paul Gitwaza we yabucishijeho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03/07/2024, aho yagize ati: “Umuryango wanjye na AWM/ZTCC, tubabajwe n’urupfu rw’umukozi w’Imana, wakoreraga Imana n’umuhate, n’ishyaka.”

Apostle Paul Gitwaza yanamwise umuvugabutumwa ukomeye, ati: “Umuvugabutumwa Dr Justin Nsenga. Imirimo myiza wakoze iguherekeze.”

Muri ubu butumwa bwanditse bwa Dr Apostle Paul Gitwaza, busoza buvuga kandi buti: “Turi hanganisha umuryango we, umufasha we, abana n’inshuti ze mur’ibi bihe bikomeye. Turasenga ngo ihumure riva ku mana ribasange.”

Ntiyahwemye no kugaragaza ko Dr Nsenga witabye Imana yakoze imirimo ikomeye mu itorero rya Zion Temple, i Dallas muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ati: “Ruhukira muri Kristo kandi imirimo wakoreye itorero rya Zion Temple/Dallas For Worth ntabwo tuzayibagirwa. Uruhukire mu mahoro adashira. Ubuzima bwawe, ubwenge n’ubwitonzi byari mu ndangagaciro zawe za buri munsi.”

Umuryango w’Amahoro Peace Association, nawo ntiwahwemye kugaragaza aka kababaro, dore ko wo wahise ushira ubu butumwa bwa kababaro hanze rugikubita.

Ugira uti: “Umuryango wa ‘MPA’ uri mu gahunda gakomeye ko kubura umwe mu nkingi zawo, zatangije umuryango akanawuyobora. Dr Justin Nsenga umugabo w’ishyaka no gukunda ubwoko bwe no kubwitangira nibyo byamuranze.”

Wakomeje ugira uti: “Twihanganishije umuryango we bwite, umuryango mugari w’Abanyamulenge.”

Dr Justin Nsenga yaguye mu mpanuka y’imodokari, hirya y’ejo ubwo yari mu bikorwa bye byaburi munsi. Yari umugabo ukundwa n’Abanyamulenge benshi, nk’uko bikomeje kugaragazwa, aho abenshi bamushize ku ma status, abandi kuri za profile, ndetse bakagerekaho n’ubutumwa bugaragaza akababaro kandi ko yari intwari.

Dr Justin Nsenga yarazwi mu biganiro byo gukangurira benewabo gukunda igihugu, ndetse n’ibindi byinshi. Ari mubatangije umuryango w’Amahoro Peace Association, akaba kandi yarabaye n’umuyobozi muri uwo muryango, nk’uko uy’u muryango wabigaragaje mu butumwa wanyujije kuri x, yahoze yitwa Twitter.

Nk’uko bigaragara Dr Justin Nsenga yari mu kigero cy’i myaka iri hagati ya 50 na 60, yavukiye mu bice by’i Mulenge, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, gusa ubu yari atuye mu gihugu cya USA, ari naho arangirije ubuzima bwe bwahano ku Isi.

            MCN.
Tags: AbanyamulengeBabajwe n'urupfu rwa Dr Senga Justin

Related Posts

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo
Uncategorized

Uvira: Abaturage Basohotse mu Mihanda Basaba Amahoro, Banamagana Isahurwa ry’Ibyabo

August 14, 2026
RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho
Uncategorized

RDC: Impaka kuri Manda ya Gatatu ya Perezida Tshisekedi Zirushaho Gukaza Umurego mu Gihe Isesengura Rishya Riburira ku Ngaruka Zishobora Gukurikiraho

July 29, 2026
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara
Uncategorized

Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

July 25, 2026
Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego
Uncategorized

Impagarara mu Burasirazuba bwa RDC: Raporo ivuga ko Ingabo z’u Burundi zikomeje kwinjira muri Kivu y’Amajyepfo mu gihe imirwano hagati ya FARDC na AFC/M23 ikomeje gukaza umurego

July 22, 2026
Tshisekedi Yatangaje Ikiganiro Cyagutse Kizahuza Abanyekongo Bose: Dore Ibyamaze Kwemezwa, Ibigiye Gukorwa n’Ibizagenderwaho
Uncategorized

Les raisons du report de la visite du Président Tshisekedi à New York ont été révélées

July 20, 2026
BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki
Uncategorized

BREAKING NEWS: Kenya Mu Mvururu Nyuma y’Amasezerano ya Ebola na Amerika – Polisi Yifashishije Tear Gas, Ubucuruzi Burahagarara i Nanyuki

June 9, 2026
Next Post
Indege yarimo abantu 6 ya WFP, yafashwe n’inkongi y’u muriro, mu bice bya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Indege yarimo abantu 6 ya WFP, yafashwe n'inkongi y'u muriro, mu bice bya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y'Amajy'epfo.

Comments 1

  1. Tremaine Kipe says:
    2 years ago

    Tremaine Kipe

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 durcit sa ligne de confrontation avec le pouvoir de Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?