• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, April 20, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“Abenshi muri aba basirikare b’u Burundi mu bona ni FDLR-” ibyavuzwe na Girinka

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
October 26, 2025
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo
77
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“Abenshi muri aba basirikare b’u Burundi mu bona ni FDLR-“ibyavuzwe na Girinka

You might also like

Amerika yashimye intambwe nziza imaze guterwa mu biganiro by’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23: menya ibyo impande zombi zumvikanyeho

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

Girinka Kabare William umwe mu basesenguzi b’i Mulenge, yagaragaje ko mu ngabo z’u Burundi zigize iminsi zivugwa mu misozi y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo, ahanini ari FDLR.

Girinka yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital News, ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa Gatandatu tariki ya 25/10/2025.

Muri iki kiganiro yagize ati: “N’ubwo tubona bariya basirikare b’u Burundi mu misozi y’i Mulenge bambaye imyambaro y’Ingabo z’igihugu cyabo, ariko abenshi muri bo ni FDLR. Bariyoberanya.”

Girinka yavuze kandi ko ni bi zikomeje gukora muri iyi misozi, birimo ko zihashyinga ibirindiro mu bice bitandukanye by’i Mulenge ari “umupango wa Leta y’iki gihugu cya RDC n’iy’u Burundi, ndetse n’iya FDLR iyo zatangiriye mu Rwanda ubwo zanzuraga gutsembatsembaga Abatutsi.

Agaragaza ko zikiyikomeje kugeza n’ubu, aho zenda kumaraho n’Abanyamulenge bari mu misozi y’i Mulenge, nka Minembwe, Rurambo, i Ndondo ya Bijombo, i Cyohagati, Bibogobogo n’ahandi.

Ubwo Ingabo z’u Burundi zatangiraga kurwanya umutwe wa Twirwaneho, ahagana mu mpera z’umwaka wa 2023. Icyo gihe zoherezwaga “kurugamba” zambaye impuzakano z’igisirikare cya FARDC, kimwe kandi na FDLR.

Ni bitero zagabaga kuri uyu mutwe mu Gahwela, Gakangala n’ahandi mu bindi bice byo muri Minembwe na Mibunda.

Binazwi kandi ko u Burundi bukorana n’imitwe yose yitwaje intwaro irwanya Leta y’i Kigali, iyo irimo uwa FDLR, FLN n’indi, nk’uko bigenda bigaragazwa mu byegeranyo by’imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu.

Girinka yavuze ibi mu gihe Abanyamulenge bakomeje gutakira amahanga, kubera bugarijwe n’Ingabo z’u Burundi.

Nk’ubu mu marembo y’umujwi wa Minembwe ahazwi nko kuri Point Zero, hashyinze ibirindiro bya ziriya ngabo z’u Burundi, FDLR, Wazalendo, n’iza FARDC.

Ni ibirindiro kandi biri mu Mikarati, Nyamara, Birarombili, Gitashya, Gipupu n’ahandi. Bagaragaza ko nta kindi izo ngabo zigamije mu gushyinga biriya birindiro atari ukugaba ibitero ku Banyamulenge.

Bagasaba imiryango mpuzamahanga kubagoboka, no kubuza u Burundi gukomeza kubica urubozo.

Ku mugoroba w’ahar’ejo ku wa gatandatu, mu gice kigenzurwa n’izi ngabo z’u Burundi cya Nyamara, hatowe umurambo w’Umunyamulenge.

Uwo murambo wagaragazaga ko urashwe amasasu menshi ku mubiri, biboneka ko uyu yishwe arashwe. Uwishwe yitwa Muhumure Isaac, umugabo uri mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko. Abamuzi banavuga ko yasize umwana umwe, n’umugore umwe.

N’ubwo amakuru ahamya ko yishwe na Wazalendo, ariko iki gice yiciwemo kigenzurwa n’izi ngabo z’u Burundi, ubundi kandi zi na korana byahafi na yo.

Hagataho, umutekano ukomeje kuzamba muri iki gice cy’i misozi miremire y’i Mulenge, ni mu gihe abantu bicwa kinyamanswa, no gukorerwa ihohoterwa ridasanzwe.

Tags: Gutsemba abanyamulengeI MulengeIngabo z'u Burundi
Share31Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Amerika yashimye intambwe nziza imaze guterwa mu biganiro by’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23: menya ibyo impande zombi zumvikanyeho

by Bahanda Bruce
April 20, 2026
0
Amerika yashimye intambwe nziza imaze guterwa mu biganiro by’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23: menya ibyo impande zombi zumvikanyeho

Amerika yashimye intambwe nziza imaze guterwa mu biganiro by’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23: menya ibyo impande zombi zumvikanyeho Mu biganiro by’ubufatanye hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 19, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Impaka hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Igisirikare ku Mvano y’Icyago Cyahitanye Abatari Bake i Bujumbura Mu minsi mike ishize yo muri uyu mwaka wa 2026, mu gace ka Musaga...

Read moreDetails

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Amayobera ku Rupfu rw’Umuyobozi wo muri Guverinoma i Bujumbura

Amakimbirane ku rupfu rwa Minisitiri Gabby Bugaga mu Burundi Amakuru atandukanye yatangajwe ku rupfu rwa Gabby Bugaga, wahoze ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi, akomeje guteza impaka zikomeye....

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi

by Bahanda Bruce
April 18, 2026
0
Biratangaje: Abapolisi Bashinzwe Kurinda Perezida Ndayishimiye Barashinjwa Kwambura Umuturage

Perezida Ndayishimiye yavuze ku ruzinduko i Kigali n’umubano w’u Burundi n’u Rwanda ukomeje kuzamo agatotsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, uri no ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze...

Read moreDetails

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere

Minisitiri Nduhungirehe Yizeje Abaturage Amahoro n’Ubwirinzi Bukomeye mu Gihe Hari Impaka ku Mutekano w’Akarere Mu gihe ibiganiro n’impaka ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari bikomeje gufata intera nshya, Minisitiri...

Read moreDetails
Next Post
Umuvugizi wa FARDC yagize icyavuga ku wica iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya bo na AFC/M23/MRDP

Umuvugizi wa FARDC yagize icyavuga ku wica iyubahirizwa ry'agahenge hagati ya bo na AFC/M23/MRDP

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?