• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, April 17, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

AFC/M23 Yamaganye Bikomeye Ibirego bya Leta ya Kinshasa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 2, 2026
in Conflict & Security
0
AFC/M23 Yamaganye Bikomeye Ibirego bya Leta ya Kinshasa
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 Yamaganye Bikomeye Ibirego bya Leta ya Kinshasa

You might also like

Abarwanyi ba Wazalendo Banze Imyambaro Bazaniwe na Bitakwira

When Wounds Give Birth to Light: The Extraordinary Story of Freddy Kaniki

Iyo Ibikomere Bibyara Urumuri: Inkuru Idasanzwe ya Freddy Kaniki

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryamaganye ku mugaragaro kandi bidasubirwaho ibirego birishinja kugira umugambi wo kwagura ibice rigenzura, byatangajwe na Minisitiri w’Itumanaho wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, mu itangazo yasohoye tariki ya 31/12/2025.

AFC/M23 ivuga ko ibi birego bidafite ishingiro, ahubwo ko bigamije guhimba inkuru no kuyobya igitekerezo rusange, hagamijwe guhisha inshingano za Leta ya Kinshasa mu bikorwa bya gisirikare bikomeje kunyuranya n’amasezerano yo guhagarika imirwano (cessez-le-feu).

Iri huriro risobanura ko Leta ya Kinshasa yakoresheje umwanya w’isohoka ry’ingabo za AFC/M23 mu bice bimwe, igahita yongera kwigarurira uduce yari yaravuyemo, ikadukoresha nk’ibirindiro byo kugabiraho ibitero bikomeye kandi byibasiye ahanini ibice bituwe n’abasivili. Aho harimo by’umwihariko i Uvira na Makobola, aho AFC/M23 ivuga ko hagaragaye ibikorwa byo gufata abagore ku ngufu no gusahura mu buryo bwateguwe.

AFC/M23 inemeza ko imibare itangazwa na Leta ya Kinshasa ku byerekeye umubare w’abahitanwa n’intambara idakomoka kuri yo, ahubwo igamije gushinja abandi ibyaha n’ihohoterwa rikomeye bikorwa n’ubutegetsi ubwabwo. Iri huriro rivuga ko ubwicanyi bukorerwa abaturage bukomoka ahanini ku bitero byo mu kirere n’ikoreshwa ry’ibisasu bya rutura byagabwe n’ingabo za Leta ya Kinshasa n’abo bafatanyije, barimo FARDC, FDLR, imitwe ya Mai-Mai Wazalendo, abarwanyi b’abanyamahanga ndetse n’ingabo z’u Burundi.

AFC/M23 ivuga ko ibi bitero byibasiye cyane uduce twa Kamanyola, Luvungi, Sange n’utundi duhana imbibi, bigatera impfu z’abantu umunani (8) n’abakomereketse mirongo itanu n’batanu (55) muri Kamanyola honyine.

Ku bijyanye n’ibyabereye i Uvira, AFC/M23 ivuga ko tariki ya 22/12/2025, mu myigaragambyo y’amahoro yateguwe n’abaturage, ingabo za Leta ya Kinshasa zakoresheje intwaro ziremereye n’imbunda zifasha izindi, bigamije gutawanyikisha abaturage ku ngufu. Ibi bikorwa bivugwa ko byashyize mu kaga ubuzima bw’abasivili kandi bikaba bihabanye n’amahame mpuzamahanga arengera uburenganzira bwa muntu.

AFC/M23 iramagana byimazeyo ukudakurikizwa kenshi kw’amasezerano yo guhagarika imirwano, ibyaha by’urwango, kimwe n’ibitero bikomeje kandi bihujwe bigabwa n’ingabo za Leta ya Kinshasa ku birindiro byayo no ku baturage, haba ku butaka, mu mazi no mu kirere. Ivuga ko ibi bitero bikomeje guteza ubwoba abasivili, gutwara ubuzima bw’abantu no guteza impunzi n’abimukira benshi b’inzirakarengane.

Iri huriro rinamagana kandi amagambo aherutse gutangazwa na Général Sylvain Ekenge, umuvugizi w’ingabo za FARDC, yatangarije kuri RTNC tariki ya 27/12/2025. Rivuga ko ayo magambo atari amakosa y’umuntu ku giti cye, ahubwo agaragaza politiki ihamye ya Leta ya Kinshasa, ishyirwa mu bikorwa n’abayobozi bayo barimo na Patrick Muyaya, uzwiho imvugo zishishikariza urwango.

Tags: AFC/m23RdcYamaganye
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Abarwanyi ba Wazalendo Banze Imyambaro Bazaniwe na Bitakwira

by Bahanda Bruce
April 17, 2026
0
Abarwanyi ba Wazalendo Banze Imyambaro Bazaniwe na Bitakwira

Abarwanyi ba Wazalendo Banze Imyambaro Bazaniwe na Bitakwira Mu gace ka Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abarwanyi bo mu mutwe wa Wazalendo bakorera mu...

Read moreDetails

When Wounds Give Birth to Light: The Extraordinary Story of Freddy Kaniki

by Bahanda Bruce
April 17, 2026
0
Auto Draft

When Wounds Give Birth to Light: The Extraordinary Story of Freddy Kaniki There are words born in the most difficult moments of a person’s life that evolve into...

Read moreDetails

Iyo Ibikomere Bibyara Urumuri: Inkuru Idasanzwe ya Freddy Kaniki

by Bahanda Bruce
April 17, 2026
0
Iyo Ibikomere Bibyara Urumuri: Inkuru Idasanzwe ya Freddy Kaniki

Iyo Ibikomere Bibyara Urumuri: Inkuru Idasanzwe ya Freddy Kaniki Hari amagambo avuka mu bihe bikomeye by’ubuzima bw’umuntu, agahinduka amasomo arenga kure ubuzima bw’uyavuze. Ubuhamya bw'umuhuzabikorwa wungirije w'ihuriro Allience...

Read moreDetails

Kinshasa: Umusirikare akurikiranyweho ubwicanyi; ibyatumye imihanda ifungwa n’imvururu zirushaho kwiyongera

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Kinshasa: Umusirikare akurikiranyweho ubwicanyi; ibyatumye imihanda ifungwa n’imvururu zirushaho kwiyongera

I Kinshasa: Umusirikare akurikiranyweho ubwicanyi; ibyatumye imihanda ifungwa n’imvururu zirushaho kwiyongera I Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 16/04/2026...

Read moreDetails

Amerika ishobora gufatira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibihano bikakaye

by Bahanda Bruce
April 16, 2026
0
Amategeko Shingiro ya RDC mu Ihurizo Rikomeye

Amerika ishobora gufatira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibihano bikakaye Mu gihe umwuka wa dipolomasi ukomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 Yahuriye mu Mirwano Ikaze n’Ihuriro ry’Ingabo za RDC muri Rutshuru

AFC/M23 Yahuriye mu Mirwano Ikaze n’Ihuriro ry’Ingabo za RDC muri Rutshuru

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?