Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC
Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku buryo hashobora kwimurirwamo impunzi zirenga 1 100 z’Abanyafghanistan, zari zarakoranye n’ingabo za Amerika mu ntambara yarwanyaga AbaTaliban.
Abo bantu barimo abahinduzi (interpreters), abakozi ba gisivile n’imiryango yabo, bavanywe muri Afghanistan nyuma y’ivanwaho ry’ingabo za Amerika mu 2021. Kugeza ubu bari bacumbikiwe mu nkambi ya Camp As Sayliyah muri Qatar, aho bategereje guhabwa viza zo kwimurirwa muri Amerika.
Gusa, gahunda yo kwimukira muri Amerika yahungabanye cyane guhera mu 2025, nyuma y’uko hashyizweho amabwiriza mashya abuza cyangwa agabanya cyane kwakira impunzi z’Abanyafghanistan. Nubwo hari n’imanza zimwe zaciwe n’inkiko zagerageje kurwanya ibyo bibazo, dosiye nyinshi z’aba bantu zikomeje kudindira, zibasiga mu cyizere gike n’ahazaza hatazwi neza.
Amakuru atangwa n’imiryango irengera impunzi avuga ko hafi 900 muri abo Banyafghanistan baba bujuje ibisabwa byo kujyanwa muri Amerika. Ariko kugeza ubu, nta ntambwe ifatika iragaragara mu kubafasha kugera muri icyo gihugu.
Igitekerezo cyo kubajyana muri RDC cyateje impaka ndende ku rwego mpuzamahanga. Benshi bavuga ko igihugu gisanzwe gihanganye n’intambara zikomeje mu burasirazuba bwacyo, ndetse n’ikibazo gikomeye cy’impunzi z’imbere mu gihugu zigera kuri za miliyoni, kidashobora kuba ahantu heza ho kwakira abandi bantu bahunga.
Imiryango itandukanye irengera uburenganzira bwa muntu, harimo n’ihuriro rya “AfghanEvac”, igaragaza impungenge zikomeye ko iyo gahunda ishobora gushyira aba bantu mu kaga gakomeye. Iyi miryango ivuga ko, mu gihe banga kujyanwa ahandi, hashobora no kubaho ibyago byo koherezwa inyuma muri Afghanistan, aho bashobora guhura n’ihigwa kubera ubufatanye bwabo n’ingabo za Amerika.
Mu gihe kimwe, guverinoma ya RDC yari yemeje gahunda yo kwakira bamwe mu bimukira birukanwa na Amerika. Bivugwa ko itsinda rya mbere ry’abantu bagera kuri 15 ryageze i Kinshasa tariki ya 17/04/2026.
Nyamara, iyi gahunda na yo ntiyavuzweho rumwe. Mu kiganiro giherutse, Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa, yavugiye kuri TV5 Monde ku bijyanye n’iki kibazo, ariko bamwe mu bamukurikiye bavuga ko yagaragaje urujijo ku bihugu abo bimukira baturukamo, bikongera gushimangira impaka ku bushobozi bw’inzego za Leta mu gucunga uwo mushinga.
Kugeza ubu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntiratangaza umwanzuro wa nyuma kuri iyi gahunda. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (State Department) ivuga ko hakiri gushakishwa ibisubizo binyuze mu bihugu bya gatatu, kugira ngo aba Banyafghanistan babone aho kuba mu mutekano hanze y’igihugu cyabo cy’amavuko.
Ibi biganiro bigaragaza ikibazo gikomeye cy’impunzi z’Abanyafghanistan zafashije Amerika mu ntambara, ariko zikaba zisigaye mu kibazo cy’ahazaza hataramenyekana. Icyemezo cya nyuma kizashingira ku bushake bwa politiki, umutekano w’akarere ndetse n’ubushobozi bw’ibihugu bishobora kubakira.






