Bidasanzwe: U Burusiya Bwakajije Ibitero bya Misile za Ballistic kuri Kyiv
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 01/08/2026, u Burusiya bugabye igitero gikomeye cya misile zo mu bwoko bwa ballistic ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv. Icyo gitero cyahitanye abantu nibura icyenda, mu gihe abandi 28 bakomeretse.
Amakuru yatangajwe n’ubuyobozi bwa Ukraine ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutabazi bwihuse agaragaza ko icyo gitero cyangije inyubako zituwemo n’abaturage, ibikorwa remezo, ndetse kigateza impagarara zikomeye mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru.
Abashinzwe ubutabazi bahise boherezwa ahabereye ibisasu kugira ngo bashakishe abarokotse, bazimye inkongi zatewe n’iturika rya misile, ndetse bafashe abakomeretse bajyanwa kwa muganga.
Mu byumweru bishize, u Burusiya bwakajije umurego mu gukoresha misile zo mu bwoko bwa ballistic mu bitero bugaba kuri Kyiv no mu yindi mijyi ya Ukraine. Izo misile zizwiho kugera ku ntego mu gihe gito cyane, bigatuma kuzihagarika biba ingorabahizi ku ngabo zishinzwe kurinda ikirere.
Iki gitero ni kimwe mu bikomeye byagabwe kuri Kyiv muri iyi minsi, kikaba cyongeye kuzamura impungenge ku mutekano w’abaturage batuye muri uwo murwa mukuru.
Nyuma y’iki gitero, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yongeye gusaba ibihugu by’inshuti kongera ubufasha bwa gisirikare, by’umwihariko intwaro za Patriot zifasha mu gufata no guhanura misile ziturutse kure.
Zelensky yavuze ko gukomeza kubura uburyo buhagije bwo kwirinda ibitero byo mu kirere bishyira ubuzima bw’abaturage mu kaga, asaba ko ubufasha bwihutishwa kugira ngo hagabanywe igihombo gikomeje guterwa n’ibisasu by’u Burusiya.
Iki gitero kibaye nyuma y’iminsi mike Perezida Zelensky agiriye uruzinduko i Washington, D.C., aho yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.
Mu byo baganiriye harimo icyifuzo cya Ukraine cyo guhabwa uburenganzira bwo gukora cyangwa kubona misile za Patriot, zifatwa nk’imwe mu ntwaro zifite ubushobozi bukomeye bwo kurinda ibitero byo mu kirere.
Icyakora, Perezida Trump yavuze ko Amerika itaremera icyo cyifuzo, ashimangira ko hakiri ibiganiro kandi ko Washington igomba kubanza gusuzuma neza ingaruka zishobora guterwa no gutanga iryo koranabuhanga.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ari mu nama yabereye i Camp David, muri Leta ya Maryland, Trump yavuze ko gutanga uburenganzira bwo gukora izo ntwaro ari “intambwe ikomeye” isaba ubushishozi n’isesengura ryimbitse mbere yo gufata umwanzuro.
Iki gitero kandi gikurikiye ikindi cyabaye hashize iminsi ibiri, aho misile yo mu bwoko bwa cruise bikekwa ko yarashwe n’u Burusiya yageze no ku butaka bwa Pologne, mu gihe ibitero byari byagabwe mu bice bitandukanye bya Ukraine byahitanye nibura abantu umunani, barimo abagize umuryango umwe batandatu.
Abasesenguzi bavuga ko kwiyongera kw’ibitero bya misile ndende bishobora gukomeza kongera umwuka mubi hagati y’u Burusiya n’ibihugu byo mu Muryango wa NATO, cyane cyane mu gihe ibisasu bikomeje kwegera cyangwa kugera ku mipaka y’ibihugu biwugize.
Mu gihe intambara igiye kumara imyaka irenga ine, abaturage ba Ukraine bakomeje guhura n’ingaruka zikomeye zirimo kubura umutekano, gusenyerwa ibikorwa remezo no gutakaza ubuzima, mu gihe amahanga akomeje gushaka inzira z’ibiganiro n’ubufasha bwa gisirikare bishobora kugabanya ubukana bw’iyo ntambara.





