Birangiye Ubushinjacyaha Busabiye Lt Gen Yav Igifungo cya Burundu mu Rubanza Rwateje Impaka Muri FARDC
Urubanza rwa Lt Gen Philémon Yav Irung, uzwi cyane ku izina rya “Tigre”, rugeze mu cyiciro cya nyuma nyuma y’uko Ubushinjacyaha bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) busabye Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kumuhamya icyaha cyo kugambanira igihugu no gukorana n’abofisiye bo mu Rwanda, rukamukatira igifungo cya burundu.
Uyu mujenerali wahoze ari umwe mu basirikare bakomeye kandi bafite ijambo rikomeye muri FARDC, amaze imyaka hafi ine afunzwe, mu rubanza rwakuruye impaka ndende imbere mu gisirikare cya Congo no mu banyapolitiki bakurikirana ibibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC.
Lt Gen Philémon Yav Irung yabaye umwe mu basirikare bakomeye FARDC yagenderagaho mu rugamba rwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Congo. Yigeze kuyobora Intara ya Gisirikare ya Gatatu, igenzura ibice bikomeye birimo Kivu y’Amajyaruguru, aho ibikorwa by’umutekano byashingiraga cyane ku buyobozi bwe.
Yari azwi nk’umusirikare ukomeye ku rugamba, ibintu byatumye ahabwa izina rya “Tigre”, bitewe n’uburyo yavugwaga nk’udatinya imirwano ndetse ufite ubushobozi bwo kuyobora ibikorwa bya gisirikare bikomeye.
Ariko nubwo yari umwe mu bajenerali bubashywe muri FARDC, mu kwezi kwa Cyenda 2022 yatawe muri yombi mu buryo butunguranye, ashinjwa kugirana imikoranire y’ibanga n’abofisiye bo mu Rwanda, igihugu Congo imaze igihe ishinja gushyigikira umutwe wa M23 ndetse no kwivanga mu bibazo by’umutekano byo mu Burasirazuba bwa RDC.
Ubushinjacyaha buyobowe na Lt Gen Lucien-René Likulia buvuga ko Lt Gen Yav yakoranye n’umwe mu bofisiye bakuru bo mu ngabo z’u Rwanda, ndetse ko hari ubutumwa bwa telefone bwoherejwe mu kwezi kwa gatatu 2022 bugaragaza uwo mubano.
Nk’uko Ubushinjacyaha bubivuga, Gen Yav yaba yarakiriye ubutumwa buturutse ku muntu wo ku rwego rwo hejuru mu gisirikare cy’u Rwanda, hanyuma na we akabwoherereza abandi bajenerali babiri ba FARDC atabanje kubimenyesha ubuyobozi bukuru bw’ingabo buri i Kinshasa.
Ubushinjacyaha buvuga kandi ko muri ubwo butumwa harimo amabwiriza cyangwa ibiganiro byafatwaga nk’ibibangamira umutekano w’igihugu, ndetse ko Gen Yav yaba yaranasabye bamwe mu basirikare gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko ya gisirikare.
Nubwo ibyo birego bikomeje kuvugwa mu rukiko, ikibazo gikomeye cyabaye inkomoko y’impaka ni uko ubutumwa bivugwa ko ari bwo shingiro ry’urubanza butigeze buboneka.
Nyuma y’ifatwa rya Lt Gen Yav, telefone ye yarafatiriwe kugira ngo isuzumwe. Urukiko rwategetse ko herekanwa ubutumwa bushinjwaho uyu mujenerali, ariko Ubushinjacyaha ntibwabubona.
Byageze n’aho hifashishwa abahanga mu rwego rushinzwe umutekano w’ikoranabuhanga muri RDC, CNC, kugira ngo bashakishe ayo makuru muri telefone no mu miyoboro y’itumanaho, ariko na bo ntibashoboye kubona ubutumwa buvugwa.
Ibi byatumye urubanza rufata indi ntera, kuko uruhande rwa Lt Gen Yav rwakomeje kuvuga ko nta kimenyetso gifatika Ubushinjacyaha bufite.
Mu gushaka gukomeza gushimangira ibirego, Ubushinjacyaha bwitabaje bamwe mu basirikare bakomeye barimo Lt Gen Constant Ndima wahoze ari Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru na Gen Maj Sylvain Ekenge wahoze ari Umuvugizi wa FARDC.
Ariko ubuhamya bwabo bwateje urujijo mu rukiko.
Lt Gen Ndima yavuze ko yabwiwe ko ubutumwa bwari bwoherejwe na Gen (Rtd) James Kabarebe wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda ndetse akaba yarigeze no kuba Minisitiri w’Ingabo.
Ku rundi ruhande, Gen Maj Ekenge yavuze ko yabwiwe ko ubutumwa bwoherejwe n’umujyanama wa Gen Kabarebe aho kuba Kabarebe ubwe.
Ikindi cyakomeye kurushaho ni uko abo batangabuhamya bose bemeye imbere y’urukiko ko batigeze babona ubwo butumwa n’amaso yabo, ahubwo ko babibwiwe na Gen Maj Peter Cirimwami, wapfuye mu kwezi kwa mbere 2025.
Ibyo byatumye abacamanza bibaza uburyo umuntu ashobora gukatirwa hashingiwe ku buhamya bw’amakuru atabonwe n’ababutanga.
Me Ngwapitshi Carlos, umwe mu banyamategeko ba Lt Gen Yav, yavuze ko dosiye yose yubakiye ku gukekeranya no ku mabwire adafite gihamya.
Yabwiye urukiko ati:
“Ubwo butumwa buri hehe? Bavuga ko bwoherejwe mu kwezi kwa gatatu 2022, ariko nta kimenyetso gifatika cyigeze gitangwa. Abatangabuhamya bose bavuga ibyo bumvise, si ibyo biboneye. Ubu ni ubuhamya budafite agaciro mu mategeko.”
Uyu munyamategeko yavuze ko amategeko agenga imanza nshinjabyaha ateganya ko umuntu adashobora guhamwa n’icyaha adafatiwe ku bimenyetso bifatika kandi byumvikana.
Yasabye ko umukiliya we agirwa umwere agahita afungurwa, nyuma yo kumara imyaka hafi ine afunzwe by’agateganyo.
Urubanza rwa Gen Yav rwafashwe nk’ikimenyetso cy’amakimbirane n’ukutizerana gukomeje kuranga inzego za gisirikare muri RDC, cyane cyane mu gihe igihugu gikomeje guhangana n’umutekano muke mu Burasirazuba.
Hari abasesenguzi bavuga ko uru rubanza rushobora kuba rufite aho ruhuriye n’intambara ya politiki n’ubwumvikane buke buri hagati y’abasirikare bamwe bakomeye muri FARDC, cyane cyane muri iki gihe Congo ikomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.
Abandi na bo bavuga ko niba nta bimenyetso bifatika bizatangwa, uru rubanza rushobora kuzaba urugero rw’ingaruka zo gukoresha inkiko za gisirikare mu bibazo bya politiki n’umutekano.
Tariki ya 07/05/2026, Ubushinjacyaha bwasabye ku mugaragaro ko Lt Gen Yav yakatirwa igifungo cya burundu.
Urukiko rwahise rusubika iburanisha, rutegeka ko tariki ya 12/05/2026 impande zombi zizatanga amagambo ya nyuma mbere y’uko hamenyekana itariki y’isomwa ry’urubanza.
Ni umunsi utegerejwe cyane haba mu gisirikare cya Congo, mu banyapolitiki no mu bakurikirana umutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari, kuko ushobora gutanga icyerekezo ku mubano wa FARDC n’abasirikare bayo bakomeye, ndetse no ku birego bya Congo bishinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by’umutekano byo mu Burasirazuba bwa RDC.





