• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byinshi Byo Kumenya kuri Mushikiwabo, Umunyarwandakazi Wageze Ku Buyobozi Bukomeye Bw’Isi Mu Muryango Mpuzamahanga w’Abavuga Igifaransa

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 23, 2026
in Regional Politics
0
70
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi Byo Kumenya kuri Mushikiwabo, Umunyarwandakazi Wageze Ku Buyobozi Bukomeye Bw’Isi Mu Muryango Mpuzamahanga w’Abavuga Igifaransa

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Louise Mushikiwabo ni umwe mu bagore b’Abanyafurika bageze ku myanya ikomeye ku rwego mpuzamahanga. Yatowe bwa mbere mu 2018 kuba Umunyamabanga Mukuru wa kane w’Umuryango Mpuzamahanga wabavuga igifaransa (OIF) mu nama yabereye i Yerevan, mu gihugu cya Armenia.

Mu 2022, yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora indi manda y’imyaka ine mu nama ya 18 yabereye i Djerba, muri Tunisia tariki ya 19/10.

Louise Mushikiwabo yavukiye i Kigali tariki ya 22/05/1961, umukobwa wa Bitsindinkumi na Nyiratulira. Avuka mu muryango mugari w’abana icyenda, akaba ari bucura.

Mu bavandimwe be harimo Ndasingwa Landouard (Lando), wari umucuruzi n’umunyapolitiki wamenyekanye cyane mu Rwanda mbere yo kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mushikiwabo akomoka mu muryango wagize uruhare rukomeye mu buzima bw’igihugu, haba mu bucuruzi, mu miyoborere, no mu kubungabunga amateka.

Nyuma yo kurangiza amashuri abanza n’ayisumbuye mu 1981, Mushikiwabo yakomereje muri Kaminuza y’u Rwanda (icyahoze ari UNR) i Huye, aho yarangije mu 1984 mu ishami ry’indimi, ahavana impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Cyongereza.

Mu 1986, yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomereza amasomo muri University of Delaware, aho yize indimi n’ubusemuzi ku rwego rwa gatatu rwa kaminuza. Ubumenyi bwe mu ndimi n’itumanaho bwabaye inkingi ya mwamba mu mirimo yagiye akora nyuma.

Mushikiwabo yagarutse mu Rwanda mu 2008, agirwa Minisitiri w’Itangazamakuru (2008–2009), nyuma agirwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (2009–2018). Muri uwo mwanya, yagize uruhare rukomeye mu gusigasira no guteza imbere isura y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane mu gihe igihugu cyari mu rugendo rwo kongera kwiyubaka no gushimangira diplomasi y’ubukungu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yabaye umwe mu bayobozi bagaragaje imvugo isobanutse kandi idategwa mu kurengera inyungu z’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Mu 2006, Mushikiwabo yasohoye igitabo yise Rwanda Means the Universe, yafatanyije n’umunyamakuru Jack Kramer. Iki gitabo kivuga ku mateka y’u Rwanda, by’umwihariko kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kigamije gusobanura inkomoko, ingaruka n’urugendo rwo kongera kubaka igihugu, ndetse cyagize uruhare mu kumenyekanisha amateka y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Organisation internationale de la Francophonie (OIF) yashinzwe mu 1970, ihuza ibihugu n’uturere bisaga 80 bihuriye ku gukoresha Igifaransa. Ifite inshingano zirimo:

Guteza imbere ururimi rw’Igifaransa n’umuco.

Guteza imbere amahoro n’uburenganzira bwa muntu.

Gushyigikira demokarasi n’iterambere rirambye.

Ubushakashatsi bwo mu 2014 bwerekanye ko Igifaransa kivugwa n’abasaga miliyoni 274 ku migabane itandukanye y’isi, umubare ukomeje kwiyongera cyane muri Afurika.

Ku buyobozi bwa Mushikiwabo, OIF yashyize imbaraga mu kongerera ijambo urubyiruko n’abagore, no guhuza politiki n’iterambere ry’ubukungu mu bihugu bigize uyu muryango.

Mu 2014, Radio France Internationale (RFI) yamushyize ku mwanya wa gatatu mu bagore bakomeye muri Afurika. Mu 2018, ikinyamakuru Jeune Afrique cyamushyize mu rutonde rw’abantu bafite ijambo rikomeye ku mugabane wa Afurika.

Louise Mushikiwabo ni urugero rw’umugore w’Umunyafurika wageze ku rwego rwo hejuru mu buyobozi mpuzamahanga, ashingiye ku bumenyi, ubunararibonye n’ubushobozi mu itumanaho n’ububanyi n’amahanga. Yatangiriye ku ntebe ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda kugeza ageze ku buyobozi bw’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bihuriye ku Gifaransa, urugendo rwe rugaragaza uburyo u Rwanda rukomeje kugira ijambo rikomeye mu ruhando mpuzamahanga.

Tags: MushikiwaboOIF
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Zelenskyy Yemeje ko Intambara ya Gatatu y’Isi Yatangiye

Perezida Zelenskyy Yemeje ko Intambara ya Gatatu y’Isi Yatangiye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?