U Burusiya Bwakajije Ibitero kuri Kyiv: Misile za Ballistique na Drone Zihitana Abantu Benshi, Abandi Barakomereka
Igitero gikomeye cyagabwe n’u Burusiya kuri Ukraine hakoreshejwe misile za ballistique n’indege zitagira abadereva (drones), cyahitanye abantu 14 ndetse abandi 22 barakomereka. Iki gitero kiri mu byahitanye abantu benshi kurusha ibindi byabereye mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, muri uyu mwaka.
Nk’uko ikinyamakuru Reuters kibitangaza, iki gitero cyabaye mu masaha ya nyuma y’ijoro ryakeye, ubwo ingabo z’u Burusiya zagabaga igitero gikomeye ku murwa mukuru Kyiv ndetse no mu bice biwukikije.
Umuyobozi w’ubutegetsi bwa gisirikare bw’umujyi wa Kyiv, Timur Tkachenko, yavuze ko iki gitero cyari gikomeye cyane, avuga ko “umwanzi yongeye kugaba igitero gikomeye ku karere ka Kyiv.”
Yagize ati: “Umwanzi yongeye kugaba igitero gikomeye cyane mu karere ka Kyiv, hakoreshejwe intwaro zitandukanye zirimo misile za ballistique na drone.”
Mu gihe inzogera zo kuburira abaturage zakomeje kumvikana mu gihe cy’amasaha menshi, misile za ballistique zakomeje kugwa mu mujyi wa Kyiv no mu nkengero zawo, zangiza amazu atuyemo abaturage ndetse n’ibikorwa remezo bitandukanye.
Abayobozi ba gisirikare ba Kyiv batangaje ko abantu icyenda bishwe mu karere ka Boryspil, abandi bane bahitanwe n’iki gitero mu karere ka Bucha, mu gihe undi muntu umwe yiciwe muri Fastiv.
Umuyobozi w’umujyi wa Kyiv, Vitali Klitschko, yavuze ko hakiri impungenge z’uko hari abantu bashobora kuba bagihumekera munsi y’ibisigazwa by’amazu yasenywe n’ibisasu, mu gihe ibikorwa byo gutabara no gushakisha abarokotse byakomeje.
Klitschko kandi yavuze ko bamwe mu bakomeretse bari mu mimerere ikomeye, aho bane muri bo bafite ibikomere bikomeye.
Ubuyobozi bwa gisirikare bwa Kyiv bwamaganye iki gitero, buvuga ko cyibasiye ku bushake abasivile ndetse n’ibikorwa remezo bya gisivile bitari bifite aho bihuriye n’imirwano.
Bwagize buti: “Umwanzi yongeye kugaba igitero ku basivile no ku bikorwa remezo bya gisivile ku bushake.”
Kugeza ubu, ubutegetsi bw’u Burusiya ntiburagira icyo butangaza ku birebana n’iki gitero, ndetse ntiburagaragaza intego zacyo.
Iki gitero kibaye mu gihe u Burusiya bukomeje kongera ubukana bw’ibitero byabwo kuri Kyiv no mu bindi bice bya Ukraine mu byumweru bishize.
Ukraine imaze igihe isaba ibihugu biyishyigikiye, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bayo, kongera inkunga y’intwaro zo kuyifasha kwirinda ibitero byo mu kirere, by’umwihariko uburyo bwo gutangiza misile za Patriot, kugira ngo ibashe guhangana na misile za ballistique z’u Burusiya.
Mu gihe u Burusiya bukomeje kugaba ibitero kuri Ukraine, na Kyiv yakajije ibitero byayo ku bikorwa remezo byo mu Burusiya, birimo ibigo bifite aho bihuriye n’ingufu n’ubucuruzi.
Mu byibasiwe harimo ububiko bw’ikigo cy’u Burusiya Wildberries, gikora ubucuruzi bwo kuri internet. Mu gitero giheruka kuri ubwo bubiko buherereye mu ntara ya Moscou, abantu batanu barapfuye, abandi 10 barakomereka.
Mbere yaho, abayobozi b’u Burusiya batangaje ko drone za Ukraine zagabye igitero ku gace ka Krasnodar gaherereye mu majyepfo y’u Burusiya, aho abantu barindwi baguye ndetse abandi 58 bagakomereka.
Hagati aho, Ukraine yamaganye cyane amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza drone y’u Burusiya ikurikirana umugabo wari ucuruza imboga mu karere ka Kherson.
Ukraine yavuze ko ari igikorwa giteye isoni gukoresha drone mu gukurikirana no kwibasira abasivile batagize uruhare mu mirwano.
Uwo mugabo warokotse icyo gitero yakomeretse bitewe n’ibisigazwa by’igisasu cyaturutse kuri drone yamukurikiranye.
Nubwo impande zombi zikomeje gushinjanya kugaba ibitero byibasira abasivile, u Burusiya na Ukraine byombi bihakana ko bigambiriye kwibasira abaturage basanzwe.
Minembwe Capital News





