Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura
Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe ibikoresho n’imitungo ya gisirikare. Izi mpinduka zije zikurikira ibyumweru bike habaye impanuka ikomeye y’iturika ry’ububiko bw’intwaro mu murwa mukuru w’ubukungu, Bujumbura.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 31/04/2026, ububiko bw’intwaro buri mu kigo cya gisirikare kizwi nka Camp Base bwafashwe n’inkongi y’umuriro, ikurikirwa n’iturika rikomeye ryakomeje kumvikana mu bice bitandukanye by’umujyi. Iri turika ryateje igihombo gikomeye, ririmo gusenya inzu nyinshi z’abaturage ziri hafi ndetse no mu ntera ya kure ugereranyije n’aho byabereye.
Imibare yatangajwe n’inzego za gisirikare igaragaza ko abantu 13 bahasize ubuzima, abandi 57 barakomereka. Mu bahitanywe n’iyi mpanuka harimo abasivili n’abasirikare, mu gihe abaturage benshi bahungabanye bikomeye kubera ubwoba n’akajagari katewe n’iturika ryabaye.
Icyakora, hari amakuru aturuka mu yindi mirongo avuga ko umubare w’abapfuye n’abakomeretse ushobora kuba uri hejuru kurushaho, bitewe n’uko aho byabereye ari hamwe mu hantu h’ingenzi habikwa intwaro n’ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro gakomeye ku mutekano w’igihugu.
Mu ntangiriro, igisirikare cyatangaje ko inkongi yatewe n’ikibazo cy’amashanyarazi. Ariko ibi byahakanywe na Perezida Ndayishimiye, wavuze ko ubusanzwe ububiko bw’intwaro butashyirwamo amashanyarazi mu rwego rwo kwirinda impanuka nk’izo.
Ibi byazamuye ibibazo byinshi ku mpamvu nyakuri yateye iyo mpanuka, mu gihe iperereza rigikomeje. Hari impungenge ko hashobora kuba harimo uburangare bukabije cyangwa n’ibikorwa by’ubugome.
Mu rwego rwo gushaka ukuri, abasirikare benshi bakoreraga muri Camp Base batawe muri yombi nyuma y’iyo mpanuka, bakekwaho kugira uruhare mu byayiteye. Nubwo bimeze bityo, kugeza ubu nta myanzuro ya nyuma iratangazwa n’inzego zibishinzwe.
Mu rwego rwo gukaza imiyoborere no gukumira ko ibyabaye byongera kubaho, tariki ya 22/04/2026 Perezida Ndayishimiye yashyizeho Colonel Thierry Kabura nk’umuyobozi mushya ushinzwe ibikoresho bya gisirikare mu Ngabo z’u Burundi. Azaba ashinzwe gucunga ububiko bw’intwaro no gukurikirana imikorere y’ahabikwa ibikoresho bya gisirikare, harimo na Camp Base yabereyemo iyo mpanuka.
Général de brigade Désiré Manirakiza yagizwe umuyobozi w’Igice cya kabiri cy’ingabo, naho Colonel Jean Pierre Mbonyiyeze agirwa umuyobozi w’Igice cya kane cy’ingabo.
Izi mpinduka zigaragaza ko ubuyobozi bw’u Burundi bushaka gukaza umutekano no kunoza imicungire y’ibikoresho bya gisirikare. Gusa nanone zigaragaza uburemere bw’ibibazo bikiri mu mikorere y’igisirikare, cyane cyane mu bijyanye no kurinda no gucunga neza ibikoresho by’ingenzi.
Mu gihe iperereza rigikomeje, amaso y’abaturage n’abasesenguzi ahanzwe ku myanzuro izafatwa n’ingamba zizashyirwa mu bikorwa kugira ngo impanuka nk’iyi itazongera kubaho no kugarura icyizere mu mikorere y’inzego z’umutekano.





